Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori byo gufata irembo mu Murenge wa Muhororo, ihitana abantu batatu, abandi benshi barakomereka, bikekwa ko iyi modoka yananiwe gukata ikorosi ikanabura feri.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 26 Ukwakira 2025, ubwo aba bantu yari itwaye bari bavuye ahazwi nko mu Byangabo mu Karere ka Musanze, bagiye gufata irembo mu muryango utuye mu Murenge wa Muhororo mu Karere ke Ngororero.

Amakuru avuga ko ubwo iyi modoka yari igeze mu ikorosi riherereye mu Kagari ka Gaseke mu Murenge wa Kabaya, ari bwo habaye iyi mpanuka, ubwo yataga umuhanda igahita igwa yiyubitse.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yatangaje ko bikekwa ko iyi mpanuka yatewe no kuba iriya modoka yabuze feri ubwo yari igeze muri iryo korosi, ikananirwa gukata.

Yavuze ko abantu babiri bahise bitaba Imana abandi 15 bagakomereka, ariko nyuma umwe mu bari bakomeretse na we yaje guhita yitaba Imana.

Yagize ati “Abagabo babiri bahise bitaba Imana, undi mugore yapfuye ageze mu nzira kuko bari bamujyanye mu Bitaro bya CHUK, yacikanye akiri ku Kabaya.”

Aba bitabye Imana, ni Emmanuel w’imyaka 55 na Jean Baptiste na we w’imyaka 55, mu gihe umugore wahasize ubuzima ari Françoise we w’imyaka 47, aho imirambo yabo yajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kabaya.

Uretse aba bitabye Imana kandi iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu 15, barimo icyenda bahise bajyanwa ku Bitaro bya Ruhengeri, mu gihe abandi batandatu bajyanywe ku Bitaro bya Kabaya byegereye aho iyi mpanuka yabereye.

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda zahise zigera ahabereye iyi mpanuka, kugira ngo hahite hatangira n’iperereza ryimbitse ry’icyateye iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 8 =

Previous Post

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Next Post

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Related Posts

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

by radiotv10
27/10/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi watawe muri yombi nyuma yo gukubita umukunzi we...

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

by radiotv10
27/10/2025
0

Umusesenguzi mu bya politiki, avuga ko ifatwa ry’umurwanyi wa FDLR uzwi nka Tokyo, ari gihamya ko uyu mutwe w’iterabwoba ari...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragara abana barengeje imyaka 13 batarakandagira mu ishuri birirwa bazerera bakanishora mu...

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

IZIHERUKA

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye
MU RWANDA

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

by radiotv10
27/10/2025
0

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

27/10/2025
Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

27/10/2025
Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.