• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori byo gufata irembo mu Murenge wa Muhororo, ihitana abantu batatu, abandi benshi barakomereka, bikekwa ko iyi modoka yananiwe gukata ikorosi ikanabura feri.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 26 Ukwakira 2025, ubwo aba bantu yari itwaye bari bavuye ahazwi nko mu Byangabo mu Karere ka Musanze, bagiye gufata irembo mu muryango utuye mu Murenge wa Muhororo mu Karere ke Ngororero.

Amakuru avuga ko ubwo iyi modoka yari igeze mu ikorosi riherereye mu Kagari ka Gaseke mu Murenge wa Kabaya, ari bwo habaye iyi mpanuka, ubwo yataga umuhanda igahita igwa yiyubitse.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yatangaje ko bikekwa ko iyi mpanuka yatewe no kuba iriya modoka yabuze feri ubwo yari igeze muri iryo korosi, ikananirwa gukata.

Yavuze ko abantu babiri bahise bitaba Imana abandi 15 bagakomereka, ariko nyuma umwe mu bari bakomeretse na we yaje guhita yitaba Imana.

Yagize ati “Abagabo babiri bahise bitaba Imana, undi mugore yapfuye ageze mu nzira kuko bari bamujyanye mu Bitaro bya CHUK, yacikanye akiri ku Kabaya.”

Aba bitabye Imana, ni Emmanuel w’imyaka 55 na Jean Baptiste na we w’imyaka 55, mu gihe umugore wahasize ubuzima ari Françoise we w’imyaka 47, aho imirambo yabo yajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kabaya.

Uretse aba bitabye Imana kandi iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu 15, barimo icyenda bahise bajyanwa ku Bitaro bya Ruhengeri, mu gihe abandi batandatu bajyanywe ku Bitaro bya Kabaya byegereye aho iyi mpanuka yabereye.

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda zahise zigera ahabereye iyi mpanuka, kugira ngo hahite hatangira n’iperereza ryimbitse ry’icyateye iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 4 =

Previous Post

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.