Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim nubwo imikino amaze gukina atabonye umusaruro wifuzwaga, ariko ko bakurikije ibyangombwa afite, n’icyizere abuha, ntarirarenga.

Brig Gen Deo Rusanganwa yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira 2025 mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse ku musaruro uri kugaragara muri iyi kipe ya APR yari ihagarariye u Rwanda mu Mikino Nyafurika, igasezererwa rugikubita.

Avuga ko ntawabura kuvuga ko mu ntangiro z’uyu mwaka w’imikino, umusaruro w’iyi kipe, udahagaze neza, nubwo iyi kipe yari yagerageje kwitegura neza, ikagura abakinnyi ikanakina imikino ya gicuti.

Yagize ati “Kuva dutangiye habayemo ibibazo murabizi. Umutoza ni mushya, abakinnyi ni bashyashya, kugira ngo ikipe ijye hamwe, umutoza mushya twamuhaye imikino myinshi kugira ngo tumufashe ashobore kumenya abakinnyi be ukuntu bakinana, no gushaka style (uburyo) bazakinamo.

Yakomeje agira ati “Uwa mbere [umutosa] kugira ngo ajye kujyenda ibyo mwajyaga munenga murabizi, uyu kugira ngo akine umupira mwiza abantu bose bishimira, wa APR wa cyera, birasa n’aho bitarajya mu murongo neza.”

Avuga ko kugeza ubu adahita aca urubanza ngo avuge ko imitoreze y’uyu mutoza mushya idashamaje, kuko hakiri igihe.

Ati “Ntabwo ubu najija (namucira urubanza), uriya mutoza muzi ko ni a Professor muri Football, kuko twarebye impapuro afite n’urwego ariho rwa CAF Pro. Kugira ngo wubake ikipe ni uko ushaka umuntu ubyumva neza, kugeza ubu rero bisa n’aho tutari twabona neza, ariko we arambwira ngo ntakibazo nk’umuntu w’umuhanga, hari ibyo areba twe tutabona. Kugeza ubu ntacyo nabiganiraho.”

Avuga ko ubuyobozi bwa APR bwakoze ibyo bwagombaga gukora nko kugura abakinnyi, nubwo hari abari mu mvune no mu bihano, kandi ko n’umutoza yababwiye ko kugeza ubu ntakibazo gikomeye gihari.

Ati “Yatubwiraga ko ikipe yuzuye usibye imyanya nk’itatu yadusabye kugira ngo tube twakina ku rwego rwiza, hari abakinnyi nka batatu yifuza […] ariko akatubwira ko abahari na bo ari sawa, usibye ko tuzagenda tumwongereramo nka batatu kugira ngo ikipe noneho igere ku rwego twifuza.”

Brig Gen Deo avuga ko aba bakinnyi bifuzwa na APR bazatangira kurambagizwa muri Mutarama umwaka utaha, ariko ko “hari ibyo tuzakora, kandi byanze bikunze twizeye ko bizashimisha abafana bacu.”

Chairman wa APR avuga ko muri uko kurambagiza abakinnyi bo kongera muri iyi kipe, hazarebwa ku bakinnyi bo hanze, kuko mu Rwanda ntabari ku rwego rw’abo iyi kipe yifuza kongeramo.

Abajijwe niba bazarambagiza hanze cyangwa mu Rwanda, Brig Gen Deo yagize ati “Ni hanze. Ephrem mu Rwanda ko na we uhoramo, wambwira ngo ni inde koko [uri ku rwego rwo gukinira APR] nubwo abantu bakwepakwepa, ariko tuvugishe ukuri, ko dukinnye imikino mpuzamahanga murayibona […] turashaka abantu bari ku rwego kandi…njya mbisobanura buriya scouting bisaba ibintu byinshi, Uko dushaka kubaka APR, turashaka kubaka ibaransinga [balance/irimo iringaniza], abakinnyi bato n’abakinnyi bakuru ariko bacye no kuzamura abacu bakabona aho bakinira.”

Brig Gen Deo yizeza abakunzi b’iyi Kipe y’Ingabo z’u Rwanda ko nk’uko yabamenyereje ibyishimo, n’ubundi ari yo ntego, kandi ko hari icyizere, akabasaba gukomeza kuba hafi ikipe yabo.

Jean Claude HITIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 − 1 =

Previous Post

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Next Post

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.