Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri gukorwa n’uruhande bahanganye, nyuma yuko rukomeje kurenga ku gahenge kemejwe ahubwo rugakoresha intwaro zikomeye zihitana inzirakarengane nyinshi.

Byatangajwe n’iri Huriro rigizwe n’Abanyekongo biyemeje guhagarika ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi bwa DRC bufatanyije n’imitwe irimo FDLR, Ingabo z’u Burundi ndetse n’abacancuro.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka ryagiye hanze kuri uyu wa 28 Ukwakira 2025, yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwenyegeza no ibikorwa bibi birenga ku gahenge kemejwe ko guhagarika imirwano.

Kanyuka avuga ko kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira mu rucyerera ahagana saa cyenda (03:00’) “Abahuzamugambi b’abanyabyaha barwanirira ubutegetsi bwa Kinshasa bagabye ibitero bikomeye ku birindiro byacu byose by’ingenzi.”

Yakomeje avuga ko muri ibi bitero, uruhande bahanganye rwakoresheje “intwaro ziremerewe na drone z’intambara mu kurasa mu bice bituwemo n’abaturage benshi muri Kibati, Bibwe, Nyabiondo, Bukombo no mu nkengero zaho.”

Yavuze ko ibi bitero byahitanye ubuzima bw’inzirakarengane, zirimo abana n’abagore, abandi benshi bagakomereka, ndetse benshi bakava mu byabo, ku buryo ibi byose biri kuzamuka ku kigero giteye impungenge.

Kanyuka wavuze ko bigaragara ko uruhande bahanganye rwakajije umurego mu kuburizamo no kurenga ku nzira z’amahoro ziriho zikoreshwa, yatangaje badashobora kubyihanganira.

Ati “Bitewe n’ubu bugome ndengakamere buhitana ubuzima bwa benshi, byatumye Alliance Fleuve Congo/Mouvement du 23 Mars (AFC/M23) yiyemeza gukoresha uburenganzira yemererwa n’amategeko bwo kwirwanaho. Tuzakoresha uburyo bwose bwa ngombwa mu kurinda abaturage b’abasivile no guhagarika ibikorwa by’ubutegetsi bw’inkozi z’ibibi.”

AFC/M23 iratangaza ibi mu gihe ibiganiro by’i Doha hagati yayo na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje, ndetse impande zombi zikaba zaremeranyijwe ko hashyirwaho urwego rushinzwe kugenzura no gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 16 =

Previous Post

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Next Post

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w'umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.