• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in AMAHANGA
0
Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye
Share on FacebookShare on Twitter

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha ashinjwa cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare, bitewe n’amashusho ye yakwirakwiye agaragaza asomana n’umukunzi we, yambaye impuzankano ya gisirikare.

Amashusho n’amafoto by’uyu musirikare, byafatiwe muri studio, byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu mu Adjudante muri FARDC yifotoje n’umukunzi we yambaye impuzankano ya gisirikare.

Ni amafoto bivugwa ko yafashwe bitegura gukora ubukwe, nk’ayo guteguza inshuti n’imiryango yabo, ku gikorwa cy’ingenzi bafite, akaza gusakara ku mbuga nkoranyambaga.

Iki gihano cy’igifungo cy’imyaka 10, cyasabwe n’Ubushinjacyaha nyuma yuko Yannick Kayembe, gafotozi wo muri studio yifotorejwemo n’uyu musirikare n’umukunzi iherereye muri Komini ya Kalamu, we na we abanje gukorerwa ibazwa.

Uyu gafotozi yiyemereye ko ari we washyize hanze ariya mashusho agaragaza uyu musirikare ari gusomana n’umukunzi we agasamirwa hejuru ku mbuga nkoranyambaga, kandi ko yabikoze atabiherewe uburenganzira n’uyu musirikare.

Abanyamategeko bunganira uregwa, basabye ko umukiliya wabo agirwa umwere kuko nta ruhare yagize mu gutuma ariya mafoto n’amashusho bijya hanze, kandi ko atari abizi ko byagiye hanze.

Uruhande rw’abanyamategeko bunganira uyu musirikare, bavuga ko ibyakozwe n’umukiliya wabo, ari ubuzima bwe bwite, atari inshingano za gisirikare.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari buhagarariwe na Sous-Lieutenant Lisalama, yavuze ko atari rimwe cyangwa kabiri uyu musirikare Adjudante Ebabi ashyize hanze amafoto yambaye impuzankano ya gisirikare, byumwihariko ko yakunze kubikora kuri konti zinyuranye z’urubuga nkoranyambaga rwa TikTok, kandi ko zari ize.

Uyu Mushinjacyaha yavuze ko uregwa yasibye amashusho menshi yari yarashyize hanze, ubwo yatabwaga muri yombi tariki 19 Ukwkaira 2025.

Ubushinjacyaha kandi bwamaganye ibyatangajwe n’uriya gafotozi, buvuga ko bigamije gushinjura uregwa kugira ngo adahamwa n’icyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare.

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara araregwa ibifitanye isano n’amafoto ye n’umukunzi
Yasabiwe gufungwa imyaka 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

Next Post

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.