Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

radiotv10by radiotv10
31/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b’iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite bagaragarije mu Misiri, ryarangiye, hagafatwa icyemezo ko bagaruka mu mwiherero nyuma yuko bemeye amakosa bakoze bakanayasabira imbabazi.

Iki cyemezo gikubiye mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bwa APR FC, bwavuze ko “Komite ishinzwe imyitwarire y’ikipe yateranye, ikiga ku buryo bwo gukemura ikibazo cy’abakinnyi bacu Dauda Yussif na Sy Mamadou, bari barahagaritswe mu gihe iperereza ryari rigikomeje.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe bukomeza buvuga ko isuzuma ryakozwe n’iyi Komite, ryagaragaje ko aba bakinnyi bombi baragaragaje imyitwarire idahwitse kuko barenze nkana ku mubwiriza y’ikipe yatanzwe n’abatoza, bava mu mwiherero nta burenganzira mbere y’umukino wo kwishyura wa CAF Champions League wahuje iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda na Pyramids FC.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Iki gikorwa cyo kutitwara neza cyateje urwikekwe mu ikipe ndetse iyo myitwarire ibangamira imyiteguro n’imikinire y’ikipe kuko abakinnyi bombi bari bashyizwe mu bakinnyi cumi n’umwe bagombaga kubanza mu kibuga.”

Komite yavuze ko ibyo aba bakinnyi bakoze bitari bihuye n’indangagaciro z’ikipe, bityo bafatirwa ibihano byo guhagarikwa by’agateganyo kugira ngo habanze hanakorwe iperereza kuri iriya myitwarire idahwitse yagaragajwe n’aba bakinnyi.

Ubuyobozi bwa APR bugakomeza buvuga ko “Mu kumva uruhande rwabo, abakinnyi bemeye imyitwarire mibi yabo, basaba imbabazi, kandi biyemeza gukurikiza amabwiriza y’ikipe. Nyuma yo gusuzuma neza, Komite yafashe icyemezo cyo gutanga umuburo wa nyuma mu nyandiko, hamwe n’ingamba z’inyongera z’imyitwarire bityo abakinnyi basubijwe mu mwiherero na bagenzi babo.”

APR FC yashimangiye ko izakomeza guhagarara ku ndangagaciro zayo zirimo ikinyabupfura, ubunyangamugayo, gukunda igihugu n’ ubufatanye bwa siporo nyarwanda.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10 muri iki Cyumweru, yongeye kugaruka ku myitwarire iboneye ikwiye kuranga abakinnyi b’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu, avuga ko ataba ari umusirikare, ngo abo ayobora bitware uko bishakiye.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + nine =

Previous Post

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

Next Post

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.