Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga ko uyu Mukuru w’Igihugu akomeje gushyira imbere intambara nk’iturufu yazamufasha kuguma ku butegetsi, bityo ko adashobora kubyihanganira, anavuga ko ateganya gukorera imyigaragambyo i Kinshasa.

Jean Marc Kabund wigeze kuyobora ishyaka rya Tshisekedi, ubu washinze ishyaka rye rya Alliance pour le Changement, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, yatangaje iby’iyi myigaragambyo ateganya gukora.

Yavuze ko adashobora kwihanganira ibibazo byugarije Igihugu cyabo birimo iby’umutekano, imibereho y’abaturage, ibijyanye n’ubukungu, ndetse n’ibyo muri Politiki yavuze ko irimo akajagari.

Byumwihariko ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kabund yavuze ko ibibazo byugarije abatuye kiriya gice, bikwiye gushakirwa umuti.

Yagize ati “Abavandimwe bacu bo mu burasirazuba bari mu buzima tudashobora kwihanganira, kandi ntibikwiye gushakirwa umuti n’abandi, ahubwo hakwiye ibikorwa bifatika bigamije kugarura amahoro, ubundi bakaba mu mutekano kuri gakondo yabo.”

Yavuze ko umuti w’ibibazo byo muri kiriya gice cya Congo, nta handi wava atari mu biganiro. Ati “Inzira z’ibiganiro bya Politiki, ntabwo ari amahitamo, ahubwo ni itegeko ntakuka. Dukurikije ibi, nidukomeza kwanga gushyira igitutu kuri Félix Tshisekedi ngo atumize ibiganiro bihuriza hamwe abantu bose ndetse n’abakoresha intwaro, twaba turi gukora ikosa rikomeye ryaba risa nk’ubugome bwo kuba yagumana ubutegetsi na nyuma ya manda ya kabiri ari na yo ya nyuma kuko bigoye ko yabona manda ya gatatu binyuze mu nzira zo kuvugurura Itegeko Nshinga.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko “Tshisekedi yahisemo gukomeza gukoresha inzira z’intambara, kugira ngo agaragaze ko agikeneye igihe cyo kuguma ku butegetsi, kandi ko abantu bakomeje kubimwemerera” bazabyicuza.

Ati “Ikibabaje ni uko imibare ya politiki y’uburyo bwa machiavéli buri gushyirwa mu bikorwa, nta mpuhwe na nke zigirirwa Abanyagihugu bacu bo mu burasirazuba kandi ubuzima bw’abantu bukomeje kuhatikirira.”

Kabund uteganya gukora uru rugendo rw’imyigaragambyo y’amahoro kuzakora tariki 15 Ukuboza 2025, yasabye abaturage b’i Kinshasa, kuzajya kumushyigikira muri iyi myigaragambyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 14 =

Previous Post

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Next Post

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by'urugomo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.