• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga ko uyu Mukuru w’Igihugu akomeje gushyira imbere intambara nk’iturufu yazamufasha kuguma ku butegetsi, bityo ko adashobora kubyihanganira, anavuga ko ateganya gukorera imyigaragambyo i Kinshasa.

Jean Marc Kabund wigeze kuyobora ishyaka rya Tshisekedi, ubu washinze ishyaka rye rya Alliance pour le Changement, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, yatangaje iby’iyi myigaragambyo ateganya gukora.

Yavuze ko adashobora kwihanganira ibibazo byugarije Igihugu cyabo birimo iby’umutekano, imibereho y’abaturage, ibijyanye n’ubukungu, ndetse n’ibyo muri Politiki yavuze ko irimo akajagari.

Byumwihariko ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kabund yavuze ko ibibazo byugarije abatuye kiriya gice, bikwiye gushakirwa umuti.

Yagize ati “Abavandimwe bacu bo mu burasirazuba bari mu buzima tudashobora kwihanganira, kandi ntibikwiye gushakirwa umuti n’abandi, ahubwo hakwiye ibikorwa bifatika bigamije kugarura amahoro, ubundi bakaba mu mutekano kuri gakondo yabo.”

Yavuze ko umuti w’ibibazo byo muri kiriya gice cya Congo, nta handi wava atari mu biganiro. Ati “Inzira z’ibiganiro bya Politiki, ntabwo ari amahitamo, ahubwo ni itegeko ntakuka. Dukurikije ibi, nidukomeza kwanga gushyira igitutu kuri Félix Tshisekedi ngo atumize ibiganiro bihuriza hamwe abantu bose ndetse n’abakoresha intwaro, twaba turi gukora ikosa rikomeye ryaba risa nk’ubugome bwo kuba yagumana ubutegetsi na nyuma ya manda ya kabiri ari na yo ya nyuma kuko bigoye ko yabona manda ya gatatu binyuze mu nzira zo kuvugurura Itegeko Nshinga.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko “Tshisekedi yahisemo gukomeza gukoresha inzira z’intambara, kugira ngo agaragaze ko agikeneye igihe cyo kuguma ku butegetsi, kandi ko abantu bakomeje kubimwemerera” bazabyicuza.

Ati “Ikibabaje ni uko imibare ya politiki y’uburyo bwa machiavéli buri gushyirwa mu bikorwa, nta mpuhwe na nke zigirirwa Abanyagihugu bacu bo mu burasirazuba kandi ubuzima bw’abantu bukomeje kuhatikirira.”

Kabund uteganya gukora uru rugendo rw’imyigaragambyo y’amahoro kuzakora tariki 15 Ukuboza 2025, yasabye abaturage b’i Kinshasa, kuzajya kumushyigikira muri iyi myigaragambyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 12 =

Previous Post

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Next Post

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by'urugomo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.