Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga ko uyu Mukuru w’Igihugu akomeje gushyira imbere intambara nk’iturufu yazamufasha kuguma ku butegetsi, bityo ko adashobora kubyihanganira, anavuga ko ateganya gukorera imyigaragambyo i Kinshasa.

Jean Marc Kabund wigeze kuyobora ishyaka rya Tshisekedi, ubu washinze ishyaka rye rya Alliance pour le Changement, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, yatangaje iby’iyi myigaragambyo ateganya gukora.

Yavuze ko adashobora kwihanganira ibibazo byugarije Igihugu cyabo birimo iby’umutekano, imibereho y’abaturage, ibijyanye n’ubukungu, ndetse n’ibyo muri Politiki yavuze ko irimo akajagari.

Byumwihariko ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kabund yavuze ko ibibazo byugarije abatuye kiriya gice, bikwiye gushakirwa umuti.

Yagize ati “Abavandimwe bacu bo mu burasirazuba bari mu buzima tudashobora kwihanganira, kandi ntibikwiye gushakirwa umuti n’abandi, ahubwo hakwiye ibikorwa bifatika bigamije kugarura amahoro, ubundi bakaba mu mutekano kuri gakondo yabo.”

Yavuze ko umuti w’ibibazo byo muri kiriya gice cya Congo, nta handi wava atari mu biganiro. Ati “Inzira z’ibiganiro bya Politiki, ntabwo ari amahitamo, ahubwo ni itegeko ntakuka. Dukurikije ibi, nidukomeza kwanga gushyira igitutu kuri Félix Tshisekedi ngo atumize ibiganiro bihuriza hamwe abantu bose ndetse n’abakoresha intwaro, twaba turi gukora ikosa rikomeye ryaba risa nk’ubugome bwo kuba yagumana ubutegetsi na nyuma ya manda ya kabiri ari na yo ya nyuma kuko bigoye ko yabona manda ya gatatu binyuze mu nzira zo kuvugurura Itegeko Nshinga.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko “Tshisekedi yahisemo gukomeza gukoresha inzira z’intambara, kugira ngo agaragaze ko agikeneye igihe cyo kuguma ku butegetsi, kandi ko abantu bakomeje kubimwemerera” bazabyicuza.

Ati “Ikibabaje ni uko imibare ya politiki y’uburyo bwa machiavéli buri gushyirwa mu bikorwa, nta mpuhwe na nke zigirirwa Abanyagihugu bacu bo mu burasirazuba kandi ubuzima bw’abantu bukomeje kuhatikirira.”

Kabund uteganya gukora uru rugendo rw’imyigaragambyo y’amahoro kuzakora tariki 15 Ukuboza 2025, yasabye abaturage b’i Kinshasa, kuzajya kumushyigikira muri iyi myigaragambyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − seven =

Previous Post

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Next Post

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by'urugomo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.