Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene butuma batabasha kubona ibyo kurya.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres mu nama yiga ku iterambere ry’imibereho iri kubera i Doha muri Qatar ahateraniye Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, biga ku ngingo zinyuranye zirimo kurwanya ubukene, guhanga imirimo igezweho ndetse no kwita ku bantu bose, hatagize n’umwe uheezwa muri ibyo bikorwa.

Si ubwa mbere abayobozi baturutse mu Bihugu binyuranye baganiriye kuri izi ngingo, dore ko zari zanaganiriweho mu nama ya mbere yabereye Copenhagen, muri Denmark mu mwaka wa 1995. Icyo gihe bemeje ko bagomba kubishyira mu bikorwa hagamijwe kugera ku ntego z’umwaka wa 2030.

António Manuel de Oliveira Guterres, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko hakiri umubare munini w’abaturage bakiri mu bukene bukabije.

Yagize ati “Birababaje kuba abaturage bagera kuri miliyoni 700 bakiri mu bukene bukabije, mu gihe 1% by’abaherwe bihariye kimwe cya kabiri cy’ubukungu bw’isi. Ntibyumvikana ukuntu miliyoni nyinshi zikigendana inzara, abandi bakaba bakicwa n’indwara zashoboraga kwirindwa.

Ntabwo byihanganirwa kuba miliyari enye z’abaturage batagerwaho na serivisi zo kubakura mu bukene. Guverinoma n’abikorera bagomba gufatanya guhanga imirimo igezweho, kandi iyo mirimo igomba no kugera ku bagore.

Tugomba gushyiraho amategeko ajyanye n’umurimo kugira ngo inyungu zitabangamira uburenganzira bw’abakozi.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibi bibazo bisanzwe bizwi, ariko imiyoborere idahwitse ari yo ituma bikomeza kubangamira iterambere ry’abaturage.

Yagize ati “Ibi bibazo ntabwo ari bishya, ariko imiyoborere yacu ntijyana na gahunda zo kubikemura. Guteza imbere imibereho y’abaturage ni urugendo rukomeza, ariko bisaba kujyana n’igihe.

Igikenewe uyu munsi ni ugushyiraho impinduka zitanga umusaruro, kandi tukubakira ku byagezweho. Umusaruro uzaterwa n’ibintu byinshi, ariko icy’ingenzi ni ukuzamura ubushobozi bw’abaturage.”

Umukuru w’igihugu kandi yavuze ko igisubizo cy’ibyo bibazo kitagomba gushakirwa ahandi, asaba bagenzi be kwigira ku Rwanda. Yanasabye ko abashyiraho ingamba zo kubikemura bagomba kuva mu magambo, ahubwo bagashyira mu bikorwa bitanga umusaruro ufatika.

Yagize ati “Kugira ngo iterambere rirambe, ntabwo ushobora gutegereza ko rizava hanze. Ubu buryo ni bwo bwagize uruhare mu iterambere ry’u Rwanda. Gahunda zo guteza imbere imibereho y’abaturage, guha abaturage ijambo mu bibakorerwa, no kubazwa inshingano ni ryo shingiro ry’imiyoborere yacu.

Buri cyemezo dufata kiba kigamije guteza imbere imibereho y’abaturage. Tugomba no kwagura imikoranire, ariko ubufatanye bw’isi ntabwo butanga inyungu zingana. Tugomba kureka uburyo bwa kera kuko buheza igice kinini.

Kugira ngo ubwo bufatanye bugere ku rwego, bugomba kuba bugamije umusaruro ufatika, bikava mu magambo.”

Perezida wa Zimbabwe, Emerson Dambudzo Mnangagwa, yavuze ko yagerageje guhangana n’ibi bibazo ariko agatsikamirwa n’ibyemezo by’amahanga.

Yagize ati “Iterambere rikomeje kubangamirwa n’ibyemezo bidakwiye, birimo n’ibihano Igihugu cyacu cyashyiriweho.

Imihindagurikire y’ikirere na yo ikeneye amafaranga. Zimbabwe irasaba amavugurura mu mikorere y’inzego mpuzamahanga zishinzwe imari. Bagomba kutusonera inguzanyo kandi bakiyemeza gutanga inguzanyo zishyigikira iterambere.”

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko muri 2025, miliyoni 808 z’abatuye isi ziba mu bukene bukabije, zingana na 9.9% by’abatuye isi bose. Aba baturage ntibabasha kubona amadolari 3 yo kubatunga ku munsi umwe.

Iyi mibare kandi igaragaza ko miliyari 1.1 z’abaturage bugarijwe n’ubukene budashingiye ku byo binjiza ku munsi, mu gihe kugeza ubu, abaherwe ku isi bangana na 5% by’abatuye isi, ariko bihariye 69% by’ubutunzi bw’isi yose.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Next Post

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.