Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene butuma batabasha kubona ibyo kurya.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres mu nama yiga ku iterambere ry’imibereho iri kubera i Doha muri Qatar ahateraniye Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, biga ku ngingo zinyuranye zirimo kurwanya ubukene, guhanga imirimo igezweho ndetse no kwita ku bantu bose, hatagize n’umwe uheezwa muri ibyo bikorwa.

Si ubwa mbere abayobozi baturutse mu Bihugu binyuranye baganiriye kuri izi ngingo, dore ko zari zanaganiriweho mu nama ya mbere yabereye Copenhagen, muri Denmark mu mwaka wa 1995. Icyo gihe bemeje ko bagomba kubishyira mu bikorwa hagamijwe kugera ku ntego z’umwaka wa 2030.

António Manuel de Oliveira Guterres, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko hakiri umubare munini w’abaturage bakiri mu bukene bukabije.

Yagize ati “Birababaje kuba abaturage bagera kuri miliyoni 700 bakiri mu bukene bukabije, mu gihe 1% by’abaherwe bihariye kimwe cya kabiri cy’ubukungu bw’isi. Ntibyumvikana ukuntu miliyoni nyinshi zikigendana inzara, abandi bakaba bakicwa n’indwara zashoboraga kwirindwa.

Ntabwo byihanganirwa kuba miliyari enye z’abaturage batagerwaho na serivisi zo kubakura mu bukene. Guverinoma n’abikorera bagomba gufatanya guhanga imirimo igezweho, kandi iyo mirimo igomba no kugera ku bagore.

Tugomba gushyiraho amategeko ajyanye n’umurimo kugira ngo inyungu zitabangamira uburenganzira bw’abakozi.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibi bibazo bisanzwe bizwi, ariko imiyoborere idahwitse ari yo ituma bikomeza kubangamira iterambere ry’abaturage.

Yagize ati “Ibi bibazo ntabwo ari bishya, ariko imiyoborere yacu ntijyana na gahunda zo kubikemura. Guteza imbere imibereho y’abaturage ni urugendo rukomeza, ariko bisaba kujyana n’igihe.

Igikenewe uyu munsi ni ugushyiraho impinduka zitanga umusaruro, kandi tukubakira ku byagezweho. Umusaruro uzaterwa n’ibintu byinshi, ariko icy’ingenzi ni ukuzamura ubushobozi bw’abaturage.”

Umukuru w’igihugu kandi yavuze ko igisubizo cy’ibyo bibazo kitagomba gushakirwa ahandi, asaba bagenzi be kwigira ku Rwanda. Yanasabye ko abashyiraho ingamba zo kubikemura bagomba kuva mu magambo, ahubwo bagashyira mu bikorwa bitanga umusaruro ufatika.

Yagize ati “Kugira ngo iterambere rirambe, ntabwo ushobora gutegereza ko rizava hanze. Ubu buryo ni bwo bwagize uruhare mu iterambere ry’u Rwanda. Gahunda zo guteza imbere imibereho y’abaturage, guha abaturage ijambo mu bibakorerwa, no kubazwa inshingano ni ryo shingiro ry’imiyoborere yacu.

Buri cyemezo dufata kiba kigamije guteza imbere imibereho y’abaturage. Tugomba no kwagura imikoranire, ariko ubufatanye bw’isi ntabwo butanga inyungu zingana. Tugomba kureka uburyo bwa kera kuko buheza igice kinini.

Kugira ngo ubwo bufatanye bugere ku rwego, bugomba kuba bugamije umusaruro ufatika, bikava mu magambo.”

Perezida wa Zimbabwe, Emerson Dambudzo Mnangagwa, yavuze ko yagerageje guhangana n’ibi bibazo ariko agatsikamirwa n’ibyemezo by’amahanga.

Yagize ati “Iterambere rikomeje kubangamirwa n’ibyemezo bidakwiye, birimo n’ibihano Igihugu cyacu cyashyiriweho.

Imihindagurikire y’ikirere na yo ikeneye amafaranga. Zimbabwe irasaba amavugurura mu mikorere y’inzego mpuzamahanga zishinzwe imari. Bagomba kutusonera inguzanyo kandi bakiyemeza gutanga inguzanyo zishyigikira iterambere.”

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko muri 2025, miliyoni 808 z’abatuye isi ziba mu bukene bukabije, zingana na 9.9% by’abatuye isi bose. Aba baturage ntibabasha kubona amadolari 3 yo kubatunga ku munsi umwe.

Iyi mibare kandi igaragaza ko miliyari 1.1 z’abaturage bugarijwe n’ubukene budashingiye ku byo binjiza ku munsi, mu gihe kugeza ubu, abaherwe ku isi bangana na 5% by’abatuye isi, ariko bihariye 69% by’ubutunzi bw’isi yose.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 14 =

Previous Post

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Next Post

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.