• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

radiotv10by radiotv10
05/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no kumukora ku mabere agashaka no kumusoma, none bikomeje kuzamura impaka, aho bamwe bibaza icyo abarinzi be bakoraga.

Iki kibazo cyabaye kuri Claudia Sheinbaum kuri uyu wa Kabiri, ubwo yahuraga n’abaturage ku muhanda, ubwo yariho abaganiriza.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umugabo ari gukorakora Perezida wa kiriya Gihugu cya Mexico, akanagerageza kumusoma ku ijosi atabimuhereye uburenganzira.

Uyu mugabo biba bigaragara ko ashobora kuba yasinze, azamura amaboko ye yombi akanayageza ku mabere ya Perezida Claudia Sheinbaum, mbere yuko ayamukuraho.

Muri ayo mashusho, Perezida asa nk’ubanza kubyirengagiza ari na ko amwenyura, ubundi agahindukira akareba uwo mugabo, akamubwira ati “reka dufate ifoto, humura.”

Umwe mu barinzi ba Perezida, ni we ugaragara nk’uza guhagarika ibi uwo mugabo aba ari kwigira ku Mukuru w’Igihugu cyabo.

Aya mashusho yazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu bazikoresha, bakomeje kwibaza ku barinzi ba Perezida batabujije uriya mugabo gukorera Umukuru w’Igihugu cyabo ibyo bintu.

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, yanditseho ati “Perezida wa Mexico Claudia Sheinbaum yasagariwe n’umugabo mu mujyi wa Mexico kuri uyu wa Kabiri. Uwo mugabo yagaragaye yasinze anagerageza gusima Sheinbaum. Ese abarinzi be bari he?”

Undi na we yagize ati “Niba Mexico itashobora kurindira umutekano Perezida wayo, ni gute undi muntu usanzwe yabaho atekanye.”

Undi na we ati “Biratangaje!! Umugabo wasinze yakorakoye Perezida Claudia Sheinbaum mu ruhame. Igitangaje kurushaho, ni ukuba abamurinda batabyutayeho.”

Ibiro Ntaramakuru Associated Press, bivuga ko byabajije ibiro bya Sheinbaum kuri iki kibazo, ariko ko ntacyo birabitangazaho, gusa amakuru aturuka muri kiriya Gihugu, yemeza ko uyu mugabo yahise atabwa muri yombi nyuma gato yuko akoze biriya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 1 =

Previous Post

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Next Post

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.