Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington kuri uyu wa 13 Ugushyingo, yasubitswe ku munota wa nyuma n’ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, hakaba hari gushakwa indi tariki.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ugushyingo 2025, ubwo yagiraga icyo avuga ku nkuru yanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ku byatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho muri Congo akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Kiriya Gihugu, Patrick Muyaya.

Muri iyi nkuru ya RFI, Patrick Muyaya yatangarije iki gitangazamakuru ko ngo “Perezida Tshisekedi ntashobora kujya gusinya amasezerano y’Amahoro i Washinton, atizeye neza ko Ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bw’Igihugu cyacu.”

Ibi birego by’ibinyoma, n’ubundi ni byo ubutegetsi bwa Congo bwakunze gushinja u Rwanda ko ingabo zarwo ziri muri kiriya Gihugu, ariko na rwo rukaba rutarahwemye kubihakana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe na Patrick Muyaya agendeye kuri iyi nkuru, yavuze ko n’ubundi ko gusinya ariya masezerano bitakibaye igihe byagombaga kubera.

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi namenyeshaga ko Perezida Tshisekedi kimwe na Perezida Kagame, yari yemeje ko azitabira inama y’i Washington yagombaga kuba tariki 13 Ugushyingo 2025, mbere yuko isubikwa ku munota wa nyuma n’ubutegetsi bwa America.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko “Impande uko ari eshatu (u Rwanda, DRC na Leta Zunze Ubumwe za America) ziri gushaka indi tariki yazorohera gahunda zazo.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi ndibutsa ko inama y’i Washington ifite intego yo gusinya amasezerano ajyanye n’ubukungu bw’akarere (CIER/Cadre d’Intégration économique Régionale), yamaze kwemezwa akanashyigikirwa n’impande zombi, ndetse n’umuhuza ari we America.”

Nduhungire yakomeje agira inama Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, ko iki ari igihe cyo kutayobya abantu n’amakuru ayobye byumwihariko ayobya Abanyekongo, bari bakwiye kumenya ukuri ku masezerano y’amahoro ari gusinywa.

Amezi atanu arashize Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisinye Amasezerano y’Amahoro y’i Washington, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we wa DRC, Therese Kayikwamba Wagner.

Aya masezerano yasinywe tariki 27 Kamena 2025, yagombaga gukurikirwa n’inama yagombaga guhuriramo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi, yagombaga kubera i Washington DC, ikayoborwa na mugenzi wabo, Perezida Donald Trump, itaraba kugeza ubu, ikaba igitegerejwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Next Post

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.