• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

radiotv10by radiotv10
14/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu byahinduye isura, aho uruhande rw’umutoza rutangaje ko rutigeze rwemeranya n’iki cyemezo.

Uhagarariye Lotfi mu by’amategeko, Habimana Hussein, yavuze ko Rayon Sports yishe bikabije amasezerano kandi ikirengagiza inshingano zayo.

Hussein yatangaje ko umusaruro muke ushyirwa ku mutwe w’umutoza ari ikimenyetso cy’iterabwoba n’ihohoterwa rishingiye ku byemezo bidafite ishingiro.

Yagize ati “Amasezerano twagiranye na Rayon Sports ntabwo yubahirijwe ku kigero cya 90%. Twasabye ko tugira ijambo ku bakinnyi bagomba kugenda cyangwa kwinjira, ariko ibyo twasabye byakozwe ku kigero cya 10% gusa.”

Mu magambo akomeye, Habimana Hussein yasobanuye ko kwirukanwa kwa Afahmia Lotfi kwakozwe mu buryo budakurikije amategeko.

Ati “Twe ntabwo dutinya kwirukanwa, kuko natwe twamaze kwandika ikirego cyo kujyana muri FIFA. Perezida wa Rayon Sports yakoze amakosa menshi, kugeza aho umutoza yirukanwe mu nzu akiri umutoza wa Rayon Sports. Twamaze gukora ikirego kandi twizeye ko tuzishyurwa amafaranga yose batugomba.”

Bimwe mu bigize ikirego kizatangwa muri FIFA gishobora gutangwa vuba, uruhande rwa Lotfi ruvuga ko rugiye kuregera imishahara yose itishyuwe ndetse n’iyo yagombaga kwishyurwa, uduhimbazamusyi, ndetse n’indishyi z’akababaro n’ibindi bisigaye mu masezerano yasinywe y’umwaka umwe n’amezi arindwi.

Hussein ati “Rayon Sports ntiyubahirije ibigize amasezerano. Afahmia Lotfi afite amasezerano asigaje umwaka n’amezi 7, kandi ibyo byose bizashyirwa mu kirego. Turifuza ko uburenganzira bwe bwubahirizwa.”

Habimana Hussein yavuze ko ikibazo atari ikipe ahubwo ari Perezida Twagirayezu Thadée. Ati “Ntabwo dufitanye ikibazo na Rayon Sports, ahubwo Twagirayezu Thadée ni we watubereye ikibazo. Impamvu mvuga gutyo ni uko imyanzuro yose yafashwe igonga umutoza itigeze ifatwa n’ubuyobozi bwa Rayon Sports, ahubwo yafashwe n’umuntu ku giti cye.”

Habimana Hussein uhagarariye umutoza Lotfi yemeje ko bategereje ibaruwa ibirukana, ubundi bakayisana n’ikirego muri FIFA.

Perezida wa Rayon, Twagirayezu Thadée
Umutoza Afahmia Lotfi

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Next Post

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.