Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in SIPORO
0
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani.

Abakinnyi b’u Rwanda bahagurutse ku wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo 2025, bakaba baragiye bayobowe na Perezida wa Federasiyo y’umukino w’amagare mu Rwanda, Samson NDAYISHIMIYE.

Mu byiciro bizakina muri iyi shampiyona, harimo icyiciro cy’abakuru mu bahungu n’abakobwa (Men and Women Elites), hari kandi abatarengeje imyaka 23 mu bahungu n’abakobwa (Men and Women U23), hari kandi icyiciro cya Juniors na Youth mu bahungu n’abakobwa.

Kuri uyu wa Kane, MASENGESHO Yvonne ni we ubimburira abandi bose mu cyiciro cya Junior, aho azakina mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (Individual Time Trial bita ITT). Kuri uwo munsi kandi, abandi bazasiganwa ni NTIRENGANYA Moïse na ISHIMWE Bryan mu cyiciro cya MEN JUNIOR. Hari kandi mu bakobwa batarengeje imyaka 23 ndetse n’abakuru bazasiganwa muri ITT barimo MWAMIKAZI Jazilla, NTAKIRUTIMANA Marthe, NIRERE Xaverine na INGABIRE Diane, mu gihe mu bahungu batarengeje imyaka 23 n’abakuru bazahagararira u Rwanda muri ITT kuri uyu wa 4 barimo NIYONKURU Samuel, TUYIZERE Etienne, NSENGIYUMVA Shemu na MUGISHA Moïse.

Iyi Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare igiye kuba ku nshuro ya 20, ikaba izitabirwa n’ibihugu 20 bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika. Kenya ikaba igiye kuyakira ku nshuro ya 2 yikurikiranya, dore ko n’umwaka ushize wa 2024 yari yabereye muri iki gihugu mu gace ka Eldoret.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byigeze kwakira iri rushanwa, dore ko 2010 na 2018 ryabereye i Kigali.

Kuva ryatangira muri 2001, UHIRIWE BYIZA RENUS na ARERUYA Joseph ni bo bakinnyi b’Abanyarwanda begukanye imidali ya zahabu mu gusiganwa mu muhanda (Road Race) mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23.
Muri iki cyiciro kandi, abarimo UHIRIWE BYIZA RENUS nanone, MUGISHA Moïse, NDAYISENGA Valens na ARERUYA Joseph begukanye imidali ya zahabu mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (ITT).

Iri rushanwa riheruka kubera muri Kenya umwaka ushize, ryari ryegukanwe n’Umunya-Eritrea Mulubrhan Henok muri Road Race, ndetse n’Umunya-Uganda Charles KAGIMU muri ITT.

Iyi shampiyona iratangira none
U Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23
HENOK MULUBRHAN watwaye shampiyona y’umwaka ushize

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 9 =

Previous Post

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Next Post

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.