Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in SIPORO
0
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani.

Abakinnyi b’u Rwanda bahagurutse ku wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo 2025, bakaba baragiye bayobowe na Perezida wa Federasiyo y’umukino w’amagare mu Rwanda, Samson NDAYISHIMIYE.

Mu byiciro bizakina muri iyi shampiyona, harimo icyiciro cy’abakuru mu bahungu n’abakobwa (Men and Women Elites), hari kandi abatarengeje imyaka 23 mu bahungu n’abakobwa (Men and Women U23), hari kandi icyiciro cya Juniors na Youth mu bahungu n’abakobwa.

Kuri uyu wa Kane, MASENGESHO Yvonne ni we ubimburira abandi bose mu cyiciro cya Junior, aho azakina mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (Individual Time Trial bita ITT). Kuri uwo munsi kandi, abandi bazasiganwa ni NTIRENGANYA Moïse na ISHIMWE Bryan mu cyiciro cya MEN JUNIOR. Hari kandi mu bakobwa batarengeje imyaka 23 ndetse n’abakuru bazasiganwa muri ITT barimo MWAMIKAZI Jazilla, NTAKIRUTIMANA Marthe, NIRERE Xaverine na INGABIRE Diane, mu gihe mu bahungu batarengeje imyaka 23 n’abakuru bazahagararira u Rwanda muri ITT kuri uyu wa 4 barimo NIYONKURU Samuel, TUYIZERE Etienne, NSENGIYUMVA Shemu na MUGISHA Moïse.

Iyi Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare igiye kuba ku nshuro ya 20, ikaba izitabirwa n’ibihugu 20 bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika. Kenya ikaba igiye kuyakira ku nshuro ya 2 yikurikiranya, dore ko n’umwaka ushize wa 2024 yari yabereye muri iki gihugu mu gace ka Eldoret.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byigeze kwakira iri rushanwa, dore ko 2010 na 2018 ryabereye i Kigali.

Kuva ryatangira muri 2001, UHIRIWE BYIZA RENUS na ARERUYA Joseph ni bo bakinnyi b’Abanyarwanda begukanye imidali ya zahabu mu gusiganwa mu muhanda (Road Race) mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23.
Muri iki cyiciro kandi, abarimo UHIRIWE BYIZA RENUS nanone, MUGISHA Moïse, NDAYISENGA Valens na ARERUYA Joseph begukanye imidali ya zahabu mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (ITT).

Iri rushanwa riheruka kubera muri Kenya umwaka ushize, ryari ryegukanwe n’Umunya-Eritrea Mulubrhan Henok muri Road Race, ndetse n’Umunya-Uganda Charles KAGIMU muri ITT.

Iyi shampiyona iratangira none
U Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23
HENOK MULUBRHAN watwaye shampiyona y’umwaka ushize

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + sixteen =

Previous Post

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Next Post

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby'ingenzi byaranze itangwa ry'ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'amaguru muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.