Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in SIPORO
0
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani.

Abakinnyi b’u Rwanda bahagurutse ku wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo 2025, bakaba baragiye bayobowe na Perezida wa Federasiyo y’umukino w’amagare mu Rwanda, Samson NDAYISHIMIYE.

Mu byiciro bizakina muri iyi shampiyona, harimo icyiciro cy’abakuru mu bahungu n’abakobwa (Men and Women Elites), hari kandi abatarengeje imyaka 23 mu bahungu n’abakobwa (Men and Women U23), hari kandi icyiciro cya Juniors na Youth mu bahungu n’abakobwa.

Kuri uyu wa Kane, MASENGESHO Yvonne ni we ubimburira abandi bose mu cyiciro cya Junior, aho azakina mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (Individual Time Trial bita ITT). Kuri uwo munsi kandi, abandi bazasiganwa ni NTIRENGANYA Moïse na ISHIMWE Bryan mu cyiciro cya MEN JUNIOR. Hari kandi mu bakobwa batarengeje imyaka 23 ndetse n’abakuru bazasiganwa muri ITT barimo MWAMIKAZI Jazilla, NTAKIRUTIMANA Marthe, NIRERE Xaverine na INGABIRE Diane, mu gihe mu bahungu batarengeje imyaka 23 n’abakuru bazahagararira u Rwanda muri ITT kuri uyu wa 4 barimo NIYONKURU Samuel, TUYIZERE Etienne, NSENGIYUMVA Shemu na MUGISHA Moïse.

Iyi Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare igiye kuba ku nshuro ya 20, ikaba izitabirwa n’ibihugu 20 bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika. Kenya ikaba igiye kuyakira ku nshuro ya 2 yikurikiranya, dore ko n’umwaka ushize wa 2024 yari yabereye muri iki gihugu mu gace ka Eldoret.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byigeze kwakira iri rushanwa, dore ko 2010 na 2018 ryabereye i Kigali.

Kuva ryatangira muri 2001, UHIRIWE BYIZA RENUS na ARERUYA Joseph ni bo bakinnyi b’Abanyarwanda begukanye imidali ya zahabu mu gusiganwa mu muhanda (Road Race) mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23.
Muri iki cyiciro kandi, abarimo UHIRIWE BYIZA RENUS nanone, MUGISHA Moïse, NDAYISENGA Valens na ARERUYA Joseph begukanye imidali ya zahabu mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (ITT).

Iri rushanwa riheruka kubera muri Kenya umwaka ushize, ryari ryegukanwe n’Umunya-Eritrea Mulubrhan Henok muri Road Race, ndetse n’Umunya-Uganda Charles KAGIMU muri ITT.

Iyi shampiyona iratangira none
U Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23
HENOK MULUBRHAN watwaye shampiyona y’umwaka ushize

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Next Post

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby'ingenzi byaranze itangwa ry'ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'amaguru muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.