Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n’ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko n’umukinnyi w’umwaka ari uwo muri kiriya Gihugu ukina ku Mugabane w’u Burayi.

Umunya-Morocco akaba na myugariro wa Paris Saint-Germain, Achraf Hakimi, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi wahize abandi muri Afurika (CAF Men’s Player of the Year 2025), nyuma y’umwaka w’igitangaza yagize: yatwaranye na PSG UEFA Champions League, UEFA Super Cup, Ligue 1 na Coupe de France, ndetse anafasha ikipe ye kugera ku mukino wa nyuma wa FIFA Club World Cup 2025.

Hakimi kandi yagize uruhare rukomeye mu gufasha Maroc kubona itike y’Igikombe cy’Isi, aba myugariro wa mbere uwegukanye iki gihembo kuva 1973, ndetse aba n’Umunya-Morocco wa mbere ubigezeho kuva Mustapha Hadji mu 1998.

Mu cyiciro cy’abagore, Umunya-Morocco Ghizlane Chebbak na we yegukanye igihembo cya CAF Women’s Player of the Year ku nshuro ya mbere mu mateka ya Maroc. Yabigezeho nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu kugera ku mukino wa nyuma wa WAFCON 2025, aho yanabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi, nubwo batwaye umwanya wa kabiri nyuma ya Nigeria.

Yassine Bounou yatorewe kuba Umuzamu mwiza w’umwaka (Men’s Goalkeeper of the Year) nyuma y’umwaka mwiza yagize muri Saudi Arabia, aho yatwaranye n’ikipe ye igikombe cya shampiyona ndetse anitwara neza mu FIFA Club World Cup 2025, aho yanabaye umunyezamu mwiza w’irushanwa.

Mu bagore, Chiamaka Nnadozie wo muri Nigeria yongeye kwegukana igihembo cy’Umuzamu mwiza w’umwaka ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, nyuma yo gufasha Nigeria gutwara igikombe cya Afurika WAFCON 2025.

Rutahizamu Fiston Kalala Mayele wo muri DR Congo, ukinira Pyramids FC yo mu Misiri, yahawe igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukina imbere ku mugabane w’Afurika (Men’s Interclub Player of the Year) nyuma yo kuba rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri CAF Champions League 2024/25 no gufasha Pyramids gutwara iki gikombe ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.

Umutoza Bubista yahawe igihembo cy’Umutoza w’umwaka (CAF Men’s Coach of the Year) nyuma yo guhesha Cape Verde itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ku nshuro ya mbere mu mateka y’iki gihugu.

Umunya-Morocco Othmane Maammay yegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukiri muto mu bagabo (Men’s Young Player of the Year), nyuma yo kwitwara neza no gufasha Maroc gutwara FIFA U-20 World Cup 2025.

Umunya-Morocco kazi Doha El Madani yegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukiri muto mu bagore (Women’s Young Player of the Year). Yatangaje benshi kuko abaye umukinnyi wa mbere utwaye iki gihembo akina Futsal, akaba yarabigezeho nyuma yo gufasha Maroc gutwara Futsal Africa Cup of Nations 2025.

Morocco U-20 yegukanye igihembo cy’Ikipe y’Igihugu y’umwaka (Men’s National Team of the Year). Pyramids FC yegukanye Club of the Year (Ikipe y’umwaka mu bagabo).

Nigeria’s Super Falcons yegukanye igihembo cy’Ikipe y’Igihugu y’abagore y’umwaka (Women’s National Team of the Year).

Igihembo cy’igitego cy’umwaka Goal of the Year, cyatowe n’abafana bonyine, cyegukanywe na Clement Mzize wo muri Tanzania, igitego yatsinze TP Mazembe muri CAF Champions League.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − three =

Previous Post

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Next Post

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.