Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n’ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko n’umukinnyi w’umwaka ari uwo muri kiriya Gihugu ukina ku Mugabane w’u Burayi.

Umunya-Morocco akaba na myugariro wa Paris Saint-Germain, Achraf Hakimi, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi wahize abandi muri Afurika (CAF Men’s Player of the Year 2025), nyuma y’umwaka w’igitangaza yagize: yatwaranye na PSG UEFA Champions League, UEFA Super Cup, Ligue 1 na Coupe de France, ndetse anafasha ikipe ye kugera ku mukino wa nyuma wa FIFA Club World Cup 2025.

Hakimi kandi yagize uruhare rukomeye mu gufasha Maroc kubona itike y’Igikombe cy’Isi, aba myugariro wa mbere uwegukanye iki gihembo kuva 1973, ndetse aba n’Umunya-Morocco wa mbere ubigezeho kuva Mustapha Hadji mu 1998.

Mu cyiciro cy’abagore, Umunya-Morocco Ghizlane Chebbak na we yegukanye igihembo cya CAF Women’s Player of the Year ku nshuro ya mbere mu mateka ya Maroc. Yabigezeho nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu kugera ku mukino wa nyuma wa WAFCON 2025, aho yanabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi, nubwo batwaye umwanya wa kabiri nyuma ya Nigeria.

Yassine Bounou yatorewe kuba Umuzamu mwiza w’umwaka (Men’s Goalkeeper of the Year) nyuma y’umwaka mwiza yagize muri Saudi Arabia, aho yatwaranye n’ikipe ye igikombe cya shampiyona ndetse anitwara neza mu FIFA Club World Cup 2025, aho yanabaye umunyezamu mwiza w’irushanwa.

Mu bagore, Chiamaka Nnadozie wo muri Nigeria yongeye kwegukana igihembo cy’Umuzamu mwiza w’umwaka ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, nyuma yo gufasha Nigeria gutwara igikombe cya Afurika WAFCON 2025.

Rutahizamu Fiston Kalala Mayele wo muri DR Congo, ukinira Pyramids FC yo mu Misiri, yahawe igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukina imbere ku mugabane w’Afurika (Men’s Interclub Player of the Year) nyuma yo kuba rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri CAF Champions League 2024/25 no gufasha Pyramids gutwara iki gikombe ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.

Umutoza Bubista yahawe igihembo cy’Umutoza w’umwaka (CAF Men’s Coach of the Year) nyuma yo guhesha Cape Verde itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ku nshuro ya mbere mu mateka y’iki gihugu.

Umunya-Morocco Othmane Maammay yegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukiri muto mu bagabo (Men’s Young Player of the Year), nyuma yo kwitwara neza no gufasha Maroc gutwara FIFA U-20 World Cup 2025.

Umunya-Morocco kazi Doha El Madani yegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukiri muto mu bagore (Women’s Young Player of the Year). Yatangaje benshi kuko abaye umukinnyi wa mbere utwaye iki gihembo akina Futsal, akaba yarabigezeho nyuma yo gufasha Maroc gutwara Futsal Africa Cup of Nations 2025.

Morocco U-20 yegukanye igihembo cy’Ikipe y’Igihugu y’umwaka (Men’s National Team of the Year). Pyramids FC yegukanye Club of the Year (Ikipe y’umwaka mu bagabo).

Nigeria’s Super Falcons yegukanye igihembo cy’Ikipe y’Igihugu y’abagore y’umwaka (Women’s National Team of the Year).

Igihembo cy’igitego cy’umwaka Goal of the Year, cyatowe n’abafana bonyine, cyegukanywe na Clement Mzize wo muri Tanzania, igitego yatsinze TP Mazembe muri CAF Champions League.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Next Post

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

IZIHERUKA

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali
MU RWANDA

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.