Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in MU RWANDA
0
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w’umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo iminsi ibiri, bagakeka ko yaba yarishwe akaza kujugunywamo n’abantu bataramenyekana.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mu Mudugudu wa Kirwa mu Kagari ka Mushirarungu muri uyu Murenge wa Rwabicuma.

Uru rupfu rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ubwo abaturage bafataga umwanzuro wo gukingura inzu bari bamaze iminsi bumvamo umunuko udasanzwe kandi yararimo ifungishije ingufuri.

Nyirangendahimana yagize ati “Iyi nzu twari tuzi ko itakibamo abantu kuko yahoraga ikinze kuva mu ntangiriro z’uku kwezi, uwahabaga yaragiye. Tumaze iminsi twumva umunuko bikatuyobera, none dusanze harimo umurambo. Turasaba ko hamenyekana uwabikoze niba koko uyu muntu yarishwe.”

Undi muturage witwa Hategekimana na we ati “Birababaje kubona umuntu apfa gutya ntihamenyekane icyabaye. Twabonye inzu ikinze, tukumva umunuko ariko ntitwari tuzi ko harimo umuntu. Turifuza ko iperereza rikomeye ryakorwa, uwabigizemo uruhare akamenyekana.”

Mukandayisenga Consolee yagize ati “Kuba umuntu apfa akajugunywa muri iyi nzu ntitugomba kubifata nk’ibisanzwe. Abashinzwe umutekano nibadufashe hamenyekane ukuri.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yemeje iby’uru rupfu, avuga ko hamaze gutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu.

Yagize ati “Amakuru yamenyekanye, Polisi na RIB bahageze, hari gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu. Umurambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Nyanza kugira ngo hakorwe isuzuma rizagaragaza icyamwishe.”

Abaturage bo mu Murenge wa Rwabicuma barasaba inzego z’umutekano ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hagaragazwe ababa baragize uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera, bakavuga ko uyu nyakwigendera batari bamuzi. Gusa Polisi y’u Rwanda ivuga ko amakuru bahawe na ny’iri nzu agaragaza ko uyu nyakwigendera avuka mu karere ka Nyamagabe.

Abaturage baguye mu kantu
Bakeka ko nyakwigendera yaba yarishwe bakaza kumujugunya muri iriya nzu

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Next Post

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.