Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca
Share on FacebookShare on Twitter

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende kubera uburyo amugaragaza ananutse cyane, aho bamwe bavuze ko yakoresheje imiti igabanya ibilo.

Michelle w’imyaka 61 y’amavuko, akomeje kugaragara mu isura nshya mu mafoto ari kujya hanze nyuma yo gushyira hanze igitabo kivuga ku bijyanye no kurimba kizwi nka The Look.

Gafotozi witwa Annie Leibovitz uherutse gufata amafoto Michelle Obama, aherutse gushyira hanze bimwe mu bihe byaranze igikorwa cyo kumufotora, akoresheje imbuga nkoranyambaga ze.

Amafoto yashyizwe hanze n’uyu gafotozi agaragaza Michelle Obama, yarananutse mu buryo budasanzwe, ibintu byazamuye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyamba.

Umwe yanritse kuri X ati “Haba hari uzi uko Michelle Obama yatakaje ibilo bingana gutya ku myaka 61, imyaka igoye cyane ko umugore yagabanya ibilo?”

Undi na we yanditse ati “Ozempic [imiti igabanya ibilo]- ni iyo iri gukoreshwa na buri wese wifuza kugira imiterere myiza. Ntabwo ntukanye, ahubwo ndabivuga mu zina rya kristu.”

Undi na we yaje yunga mu ry’uyu agira ati “Yego rwose, afite imiterere ya Ozempic look.”

Undi na we yanditse agira ati “Yaba ari njye uri kureba nabi, cyangwa Michelle Obama yaba ari gufata semaglutide kugira ngo agabanye ibilo?”

Undi na we ati “None se ni inde ufite inshingano zo guha Michelle Obama Ozempic kugira ngo agabanye ibilo? Ni inde ari kugerageza kwigana.”

Michelle Obama atanga ibitekerezo ku byagiye bitangazwa n’aba bantu, yagize ati “Annie Leibovitz yari abize neza ko iyi foto izateza impaka. Yari abizei ko yasobanura ikindi kintu.”

Michelle yakomeje agira ati “Igitabo cye Women ni cyo cyakoze ibi, cyagura imitekererezo y’uburyo tubona abagore n’imibereho yabo tubikesheje imboni za camera ye. Ni iby’agaciro gufotorwa na Annie mu yandi mafoto, afotora mu buryo bunyuranye abagore bagaragaza uyu munsi. Nizeye ko muzabobonya nk’urugero rwiza nk’uko nanjye mbibona.”

Muri 2022, Michelle Obama yatangaje ko yahuye n’urugamba rukomeye rw’ibihe yarimo byo kwinjira mu bihe byo gucura, aho yavuze ko byatumye azana umubyibuho ukabije, bituma yitondera imirire ye ndetse anongera imbara mu myitozo ngororamubiri.

Michelle Obama mbere agifite imiterere yari amenyereweho

Nyuma yaratakaje ibilo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nineteen =

Previous Post

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Next Post

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.