Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w’iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu w’Umurundi na we yahise ashyira hanze ubutumwa asabamo imbabazi.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025, Kiyovu Sports yandikiye ibaruwa uwari Kapiteni wayo Hamiss Cedric imuhagarika kubera amakosa yakoze mu mikino ibiri iheruka. Uyu rutahizamu w’Umurundi Amissi Cédric yamenyeshejwe ko yahagaritswe imikino ibiri ndetse akanamburwa igitambaro cya Kapiteni kubera amakosa yagaragaje ku mikino bahuyemo na Gasogi United ndetse na Al Merrikh.

Ibaruwa yasinyweho na Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, igira iti “Dushingiye ku myifatire idakwiye wagaragaje ku wa 21 Ugushyingo 2025 ubwo ikipe ubereye kapiteni yakinaga na Gasogi United ndetse no ku wa 24 Ugushyingo 2025 mu mukino ikipe ya Kiyovu Sports Club yakiraga Al Marrikh;

Ubwo wafashe igitambaro kiranga umuyobozi uyoboye abandi mu kibuga (Brassard) ukakijugunya hasi imbere y’umutoza, staff, ubuyobozi bw’ikipe ndetse n’abafana;

Tukwandikiye tukumenyesha ko guhera uyu munsi utakaje icyizere wagiriwe nk’umuyobozi uyobora abandi mu kibuga, bityo ukaba utakiri Captain wa Kiyovu Sports Club ndetse ukaba uhagaritswe imikino ibiri (2) ikurikirana.”

Uyu mukinnyi yahagaritswe imikino ibiri na Kiyovu ndetse yamburwa igitambaro cy’umuyobozi w’abakinnyi bagenzi be.

Umutoza wa Kiyovu SC Haringingo, nyuma yo gutsindwa na Al Merrikh, yatangaje ko iyi myitwarire uyu mukinnyi yagaragaje idakwiriye, cyane ko ari umukinnyi mukuru.

Ati “Ni umukinnyi mukuru uba ushaka gukina umukino wose no kugira ibyo akora byinshi. Rimwe na rimwe ariko hari igihe biba ngombwa ko duhindura uburyo twakinagamo. Imyitwarire ye tugiye kuyitaho kuko ni ibintu bidakwiriye ku muntu mukuru. Nta kidasanzwe, tuzabishyira ku murongo.”

Cedric Hamiss aratangira ibihano bye ku mukino Kiyovu Sports ifitanye na Gorilla FC kuri uyu wa Kane kuri Kigali Pele Stadium. Gusa uyu musore, nyuma yo guhanwa, yahise asaba imbabazi abafana, abayobozi ndetse na bagenzi be ku myitwarire idahwitse yamugaragayeho, aho yavuze ko yabitewe no gushyuha mu mutwe ko ntakindi cyari kibyihishe inyuma.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 17 =

Previous Post

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Related Posts

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

IZIHERUKA

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere
FOOTBALL

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

26/11/2025
Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

26/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.