• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba kwinjira mu bibazo biri mu buyobozi bw’iyi kipe.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 23 Ugushyingo 2025 habaye amatora ya Komite Nyobozi ya AS Kigali, yarangiye Jean Chrysostome Rindiro ari we utorewe kuba Perezida, agasimbura Dr. Rubagumya Emmanuel wari uri kuri izi nshingano by’agateganyo, wari wazifashe nyuma yuko Shema Ngoga Fabrice amaze gutorerwa kuba Perezida wa FERWAFA.

Aya matora kandi yasize Anne-Lise Alida Kankindi atorewe kuba Visi Perezida, Umunyamabanga Mukuru aba Fabrice Habanabakize, Chantal Habiyakare atorerwa kuba Umubitsi, naho Jonathan Harindintwari atorwa nk’Umujyanama mu bya Tekinike ndetse na Yves Sangano watorewe kuba Umujyanama mu by’amategeko.

Itorwa ry’iyi Komite Nyobozi itemerwa na Dr. Rubagumya Emmanuel wari Perezida w’Agateganyo, ryakurikiwe n’urwandiko rurerure yanditse, agaragazamo ko aba batowe bishyizeho.

Muri uru rwandiko, Dr. Rubagumya Emmanuel yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba ko rwabyinjiramo kugira ngo ibi bibazo bikemuke.

Hari aho agira ati “Tukaba dusaba ko mwaza kudufasha gukemura ibibibazo kuko tubona gukorera mu mwuka nk’uyu bizaduteza ibibazo bikomeye ndetse iyo komite tutazi ikimara kujyaho yagiye aho dukorera yiinjira ku gahato bahindura ingufuri. Ibyo byose bituma haba urujijo kuko hasa n’ahari Komite Nyobozi ebyiri kandi twebwe iyo yashyizweho binyuranyije n’amategeko ntituyemera.”

Muri iyi baruwa kandi, Dr. Rubagumya yagarutse ku bibazo biri muri iyi kipe, birimo umwenda wa miliyoni zirenga 130 Frw w’abakozi ba AS Kigali, ndetse n’umwenda wa miliyoni 90 Frw wafashwe muri Banki ya Kigali mu buryo butazwi.

Uru rwandiko uyu wahoze mu buyobozi bwa AS Kigali, ruje mu gihe RGB yamaze no kwinjira mu bibazo bya Rayon Sports na yo yari imaze iminsi ivugwamo ibibazo bishingiye ku bwumvikane bucye bwari hagati y’abagize inzego z’umuryango w’iyi Kipe.

Uru rwego kandi rwamaze gufata icyemezo cyo gusesa inzego zose za Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah, yahawe amezi atatu kugira ngo ishyire ibintu ku murongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Next Post

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.