Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye i Burundi, inzego z’ibanze ziravuga ko yari ivuye muri Uvira, zikanahakana amakuru yavugaga ko yahanuwe na AFC/M23, zigatangaza ko ari ikinyoma.

Ni nyuma yuko iriya ndege ikoze impanuka ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 05 Ukuboza 2025, hafi y’agace ka Yungu muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru yari yasakaye ubwo iyi ndege ya Kajugujugu yari ikimara kugwa, yavugaga ko yari ivuye i Burundi, Igihugu kimaze iminsi gikorana byeruye n’ubutegetsi bwa DRC mu ntambara yo guhangana n’Ihuriro AFC/M23.

Amakuru atangazwa ubu, avuga ko iyi ndege yari ivuye muri Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo, yerecyezaga mu gace ka Kalemie mu Ntara ya Tanganyika, aho aka gace ya Yungu kabereyemo iyi mpanuka kari mu bilometero 145 uvuye muri Sheferi ya Fizi muri Gurupoma ya Babungwe mu majyepfo ya Segiteri ya Ngandja.

Umuyobozi wa Teritwari ya Fizi, Samy Kalonji Badibanga yavuze ko abarobyi barobaga muri kiriya kiyaga cya Tanyika cyabereyemo impanuka, babonye umuntu umwe wari wapfuye mu gihe abandi bane barokotse, kandi ko bose ari abanyamahanga.

Uyu muyobozi kandi yanyomoje amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko iriya ndege yahanuwe n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, avuga ko ayo makuru “ari ikinyoma.”

Yagize ati “Ariko ntidushobora kwihanganira ko abantu baza bakabeshya, bagatanga amakuru y’ibinyoma, bagamije guteza igikuba mu baturage bagamije guhungabanya umudendezo wabo. Bavuga ko iriya ndege yahanuwe na M23, si byo, ni ikinyoma cyambaye ubusa.”

Igisirikare cya Congo, kuri iki Cyumweru cyari cyatangaje ko cyiteguye gutangaza aho gihagaze ku by’iriya mpanuka, mu gihe cya vuba.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’umwaka n’igice hari indi kajugujugu ya PAM iguye yaguye igitaraganya hafi ya Kalehe muri Kivu y’Epfo, gusa bwo nta muntu n’umwe wahasize ubuzima cyangwa ngo akomereke muri barindwi bari bayirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 8 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Next Post

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y'amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.