Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye i Burundi, inzego z’ibanze ziravuga ko yari ivuye muri Uvira, zikanahakana amakuru yavugaga ko yahanuwe na AFC/M23, zigatangaza ko ari ikinyoma.

Ni nyuma yuko iriya ndege ikoze impanuka ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 05 Ukuboza 2025, hafi y’agace ka Yungu muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru yari yasakaye ubwo iyi ndege ya Kajugujugu yari ikimara kugwa, yavugaga ko yari ivuye i Burundi, Igihugu kimaze iminsi gikorana byeruye n’ubutegetsi bwa DRC mu ntambara yo guhangana n’Ihuriro AFC/M23.

Amakuru atangazwa ubu, avuga ko iyi ndege yari ivuye muri Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo, yerecyezaga mu gace ka Kalemie mu Ntara ya Tanganyika, aho aka gace ya Yungu kabereyemo iyi mpanuka kari mu bilometero 145 uvuye muri Sheferi ya Fizi muri Gurupoma ya Babungwe mu majyepfo ya Segiteri ya Ngandja.

Umuyobozi wa Teritwari ya Fizi, Samy Kalonji Badibanga yavuze ko abarobyi barobaga muri kiriya kiyaga cya Tanyika cyabereyemo impanuka, babonye umuntu umwe wari wapfuye mu gihe abandi bane barokotse, kandi ko bose ari abanyamahanga.

Uyu muyobozi kandi yanyomoje amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko iriya ndege yahanuwe n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, avuga ko ayo makuru “ari ikinyoma.”

Yagize ati “Ariko ntidushobora kwihanganira ko abantu baza bakabeshya, bagatanga amakuru y’ibinyoma, bagamije guteza igikuba mu baturage bagamije guhungabanya umudendezo wabo. Bavuga ko iriya ndege yahanuwe na M23, si byo, ni ikinyoma cyambaye ubusa.”

Igisirikare cya Congo, kuri iki Cyumweru cyari cyatangaje ko cyiteguye gutangaza aho gihagaze ku by’iriya mpanuka, mu gihe cya vuba.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’umwaka n’igice hari indi kajugujugu ya PAM iguye yaguye igitaraganya hafi ya Kalehe muri Kivu y’Epfo, gusa bwo nta muntu n’umwe wahasize ubuzima cyangwa ngo akomereke muri barindwi bari bayirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 5 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Next Post

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y'amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.