• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Gutangira kuva muri uyu Mujyi wo mu Ntara ya Kivu y’Epfo byemejwe na bamwe mu bayobozi bo muri AFC/M23 barimo umuvugizi w’iri huriro mu rwego rwa gisirikare, Col Willy Ngoma.

Mu butumwa bwe, Col Willy Ngoma yanditse ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ukuboza 2025, yagize ati “Ku bw’impamvu z’amahoro, ingabo zacu zatangiye kuva mu mujyi wa Uvira kuva muri uyu mugoroba.”

Abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri uyu Mujyi wari umaze iminsi 10 uri mu maboko y’iri Huriro, nyuma yo gushyira hanze itangazo rivuga ko ryemeye kurekura uyu mujyi kugira ngo rihe amahirwe inzira z’ibiganiro biriho bikorwa hagati yaryo na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biri kubera i Doha muri Qatar.

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa na we mu butumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, yemeje ko abarwanyi b’iri huriro batangiye kuva muri Uvira.

Betrand Bisimwa yagize ati “Gukura Ingabo za AFC/M23 muri Uvira birakomeje kandi bizarangira ku munsi w’ejo.”

Bamwe mu barwanyi ba AFC/M23 ubwo bari muri Uvira

Ubwo AFC/M23 yashyiraga hanze itangazo rivuga ko yemeye kurekura uyu mujyi, bamwe mu baturage bawutuyemo babyukiye mu myigaragambyo, bagaragaza ko icyo cyemezo kitabanyuze, kuko mu gihe gito bari bamaze bari kumwe n’iri huriro bari batangiye kubona impinduka nziza.

Bisimwa usanzwe ari na Perezida wa M23, yakomeje aha ubutumwa abaturage bo muri Uvira, ndetse n’ubuhuza gukora ibishoboka kugira ngo intego yo kuzana amahoro byari byagezweho muri uyu Mujyi idahungabana.

Yagize ati “Turasaba abaturage b’abasivili gutuza. Turasaba imbaraga z’ubuhuza n’abandi bafatanyabikorwa kwizera ko Uvira irinzwe urugomo, ndetse ntihazabeho ibikorwa byo kwihorera no kongera ntizongere gukoreshwa n’igisirikare.”

Mu byasabwe na AFC/M23 kugira ngo irekure uyu mujyi wa Uvira, harimo ko igomba kurindwa n’igisirikare kidafite uruhande kibogamiyeho, kandi uruhande bahanganye ntirwongere kuwujyamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Next Post

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.