Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Somalia: Perezida yahagaritse Minisitiri w’Intebe arinangira akomeza akazi

radiotv10by radiotv10
27/12/2021
in Uncategorized
0
Somalia: Perezida yahagaritse Minisitiri w’Intebe arinangira akomeza akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Somalia hakomeje kuzamuka umwuka mubi mu nzego zo hejuru nyuma y’uko Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Abdullahi Mohamed yahagaritse Minisitiri w’Intebe Mohamed Hussein Roble ariko undi akanga ahubwo agakomeza inshingano ze.

Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed yatangaje ko yahagaritse Mohamed Hussein Roble kubera gushinjwa ruswa mu gihe uyu mukuru w’Igihugu ashinjwa kwikiza uyu muyobozi mugenzi we wiyemeje gukurikirana amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Nyuma y’itangazo ryaturutse mu biro by’Umukuru w’Igihugu rivuga ibyo guhagarika Mininisitiri w’Intebe, ibiro bya Minisitiri w’Intebe na byo byahise bisohora itangazo riremereye risubiza iry’ibiro by’umukuru w’Igihugu.

Itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryatangaje ko ibyakozwe na Perezida ari icyasha gikomeye ndetse ko binyuranyije n’ihame ry’imiyoborere kuko ari ukugerageza gufata ibiro bya Minisitiri w’Intebe hakoreshejwe ingufu za gisirikare.

Abdirahman Yusuf Omar Adala usanzwe ari Minisitiri wungirije ushinzwe itumanaho na we wunze mu ry’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, yanenze icyemezo cya Perezida, avuga ko ari uguhirika ubutegetsi ku ngufu.

Yagize ati “Ibyabaye muri iki gitondo ni uguhirika ubutegetsi bikozwe mu buryo buziguye ariko ntabwo azabigeraho; kohereza inzego z’umutekano ku Biro bya Minisitiri w’Intebe Roble ntibizamubuza gukomeza gukora inshingano ze.”

Minisitiri w’Intebe Mohamed Hussein Roble yari aherutse gushinja yeruye Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed gutinza nkana amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko agomba gukurikirwa n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Aya matora yatangiye tariki 01 Ugushyingo yagombaga kurangira tariki 24 Ukuboza 2021 mu gihe kugeza ubu hamaze gutorwa Intumwa za rubanda 24 muri 275 bagomba gutorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Next Post

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.