Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

radiotv10by radiotv10
02/01/2026
in AMAHANGA
0
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu azira gutangaza ubuhanuzi bw’ibinyoma, ko Isi izarimburwa n’umwuzure, bikarangira itariki yari yatangaje, nta n’ikijojoba kiguye ku butaka mu Gihugu yari yabivugiyemo.

Mu mashusho yasakaye ku ku mbuga nkoranyambaga, uyu witita Prophet yari yavuze ko Imana yamuburiye ko isi izarangira ku ya 25 Ukuboza 2025. Yakomeje gusobanura ubuhanuzi bwe avuga ko irimbuka rizaterwa n’imvura nyinshi n’imyuzure.

Bivugwa ko Noah yatawe muri yombi ku wa Gatatu n’itsinda ryihariye rya polisi ya Ghana rishinzwe kugenzura ikoranabuhanga.

Nyuma kandi kuri uyu wa Kane hagaragaye ifoto y’uyu wiyita umuhanuzi ari mu maboko ya polisi afite amapingu yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga.

Noah yavuzwe cyane mu kubaka ubwato bwa Nowa bwo muri iki gihe kandi avuga ko ari umuhanuzi woherejwe n’Imana.

Yagaragaye yambitswe amapingu kubera kubeshya Isi

“Isi izarangira ku ya 25 Ukuboza”- Ni amagambo yari yatangajwe na Ebo Noah, aca igikuba, ndetse bamwe bizera ubuhanuzi bwe batangira kumuyoboka ngo azabarokore.

Yari yavuze ko imperuka izaterwa n’imvura nyinshi n’imyuzure byagombaga kugwa, ago yasobanura ko Imana yamutegetse kubaka amato kugira ngo arokore abantu, kandi ko yubatse amato 10.

Yari yakoresheje Instagram, ifite abayikurikira barenga ibihumbi 32, atangaza ko izina rye nka ‘Ebo Yesu’. Yari yanashyize videwo kuri YouTube muri Kanama umwaka ushize, ifite umutwe ugira uti “What Will Happen and How It Will Happenitwa” cyangwa “Ibizaba n’uko Bizaba”, avuga ibintu bisa n’ibi yari yatangaje. Yari yavuze ko yateganyaga gutura mu nkuge imwe yubatswe na we mu gihe cy’imyaka itatu izarangwa n’imyuzure myinshi.

Ebo Noah avuga ko yasabye Imana gusubika irimburwa. Nyuma, byagaragaye ko iyo nkuge yavugwaga n’uyu wiyita Umuhanuzi ko ari we wayubatse atari iye. Nyuma yavuze kandi ko yasabye Imana guha abantu umwanya uhagije.

Mu yindi videwo, yasakaye cyane, yavuze ko yagize uruhare mu gutuma Imana isubika irimbuka ry’Isi, abinyujije mu kwiyiriza ubusa mu gihe cy’ibyumweru bitatu, bigatuma Imana isubika irimbuka. Yanasabye abantu kwidagadura, avuga ko irimbuka ry’isi ritakibaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Next Post

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.