Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 rikuyemo abarwanyi baryo ku bushake, kinabashinja ibinyoma ko ari bo bari inyuma y’ibikorwa by’ubusahuzi byabaye muri uyu mujyi.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026 Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko ryakuye abarwanyi baryo bose muri uyu Mujyi wa Uvira.

Inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo ukorana n’igisirikare cya Leta ya DRC, bahise bigabiza uyu Mujyi zitangira gusahura bimwe mu bikorwa bya bamwe mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda, no kubyangiza.

Gusa igisirikare cya Leta ya Congo, mu itangazo cyashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 19 Mutarama 2026, cyabaye nk’ikikura mu isoni, kivuga ko abarwanyi ba AFC/M23 ari bo basahuye ibyo bikorwa.

Muri iri tangazo, FARDC iviuga ko “yigaruriye umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026” nyuma yuko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri uyu Mujyi.

Muri iri tangazo FARDC yongeye gushinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ko zikorana n’iri Huriro, yavuze ko ngo inamagana ibikorwa by’ubusahuzi ngo byakozwe n’abarwanyi ba AFC/M23 mbere yuko birukanwa.

Igisirikare cya DRC, kiti “Abasahuzi b’abasivili bagera kuri makumyabiri batawe muri yombi kandi bazashyikirizwa inkiko.”

Muri iri tangazo, ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwasoje buvuga ko “Bukomeje kohereza ingabo mu mujyi wa Uvira no mu bice biwukikije kugira ngo zihuze ibirindiro byazo kandi zirinde abaturage n’imitungo yabo.”

Ubwo inyeshyamba za Wazalendo zinjira muri uriya mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 ikuyemo abarwanyi bayo, bagaragaye bivuga imyato ko bamaze kuwigarurira.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu itangazo yashyize hanze ubwo muri Uvira hadukaga biriya bikorwa by’ubusahuzi, yavuze ko iri Huriro ryari ryabigaragaje mu mpungenge ryari ryatanze ubwo ryavugaga kuzarekura uyu mujyi, anavuga ko ibyo ryasabye birimo gushyiramo ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, bitubahirijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Next Post

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw'umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.