Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Serge Branco, yanenze Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, avuga ko abona akorera mu kwaha kwa FIFA, bityo ko adakwiriye na busa kuyobora umupira w’amaguru muri Afurika. Ni nyuma y’icyemezo cyo kwambura Igikombe cya Afurika ikipe ya Senegal, cyanenzwe na benshi.
Ibi yabivuze ubwo yatangaga ibitekerezo bye ku cyemezo cya CAF cyo kwambura Sénégal igikombe cya Africa Cup of Nations 2025, kikagihabwa Maroc.
Branco yavuze ko kuri we Sénégal ari yo mwami w’Afurika w’ukuri, kuko ari yo yatsindiye igikombe mu kibuga. Gusa yemeza ko hari impamvu zitari iz’umupira w’amaguru zatumye hafatwa iki cyemezo, ashimangira ko Maroc yashyigikiwe cyane kubera ishoramari rikomeye yakoze mu rwego rwo kwakira Igikombe cy’Isi cya 2030.
Yakomeje avuga ko bishoboka ko habayeho ruswa n’imikoranire itanyuze mu mucyo, ibintu avuga ko byagize uruhare mu kwambura Sénégal igikombe.
Ku bijyanye n’ubuyobozi bwa CAF, Branco yavuze ko nubwo atagaya cyane Patrice Motsepe ku giti cye, amubona nk’uri kuyoborwa n’abandi, by’umwihariko FIFA.
Mu gusoza, Branco yagaragaje ko atekereza ko Samuel Eto’o ari we muntu ukwiriye kuyobora CAF, kuko ashobora kugarura icyizere no kunoza imikorere y’iri shyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika.
Aime Augustin
RADIOTV10











