Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

radiotv10by radiotv10
31/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame b’abandi bayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda, ndetse n’Abaturarwanda benshi dore ko Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye.

Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro urangira u Rwanda rutsinze Estonia ku mukino wa nyuma w’itsinda A ibitego 2-0 bya Biramahire Abeddy na Leroy Jacques Mickels, umukino wanitabiriwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Mu bandi banyacyubahiro barebye uyu mukino, barimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, Rwego Ngarambe, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Eng. Jean de Dieu Uwihanganye, n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva.

Umutoza w’Amavubi Sephen Constantine yahisemo gukoresha abakinnyi 11 bari babanjemo ku mukino uheruka kubahuza na Grenada ku wa 5 w’icyumweru gishize ubwo bayinyagiraga ibitego 4-0.
Umukino w’uyu munsi watangiye ubona Estonia ihanahana umupira kurusha Amavubi, icyakora Amavubi ahagarara neza ku buryo kuyinjiza igitego wabonaga bigoye.

Abeddy Biramahire ni we wafunguye amazamu ku mupira yari ahawe na Joy Lance Mickels. Igitego cya 2 cyatsinzwe na Leroy Mickels ku mupira yahawe na Djihad Bizimana nyuma ya corner yari imaze guhanahanwa n’abakinnyi b’Amavubi.

Mbere yuko Amavubi atsinda Estonia, Kenya yabanje kunyagira Grenada ibitego 3-0 inegukana umwanya wa 3 mu makipe 4 yo mu itsinda A ryakiniye imikino yaryo ya FIFA SERIES 2026 kuri Stade Amahoro.
Leroy Jacques Mickels, ni we watowe nk’umukino wahize abandi mu itsinda A, akaba yaratsinze ibitego 2 aranigaragaza cyane kabone nubwo bwari ubwa mbere akiniye ikipe y’igihugu Amavubi.

Iki gikombe ikipe y’igihugu y’u Rwanda itwaye ni icya 3 mu mateka, nyuma y’icya CECAFA Senior Challenge Cup muri 1999, icya COMESA(2000) na FIFA SERIES 2026.

FIFA SERIES ni irushanwa rikinirwa mu mikino ya gishuti kuri gahunda y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA, aho iry’uyu mwaka ryabaga ku nshuro ya 2 nyuma y’iryari ryabaye muri 2024.
Uyu mwaka, u Rwanda ni cyo gihugu cyonyine cyakiriye imikino ya FIFA SERIES kikakira amatsinda 2, bikaba byaherukaga kuba muri Saudi Arabia muri 2024.

Itsinda rya 2 rya FIFA SERIES ryari ryakiniye i Nyamirambo aho ikipe y’igihugu ya ARUBA yatwaye igikombe nyuma yo kunyagira LIECHTNSTEIN ibitego 4-1, umukino wari wabanjirijwe na Tanzania inyagira Macau ibitego 6-0 mu guhatanira umwanya wa 3.

11 babanjemo ku ruhande rw’Amavubi
11 ba Estonia
Perezida Kagame yarebye uyu mupira
Perezida Kagame asuhuza Perezida wa FERWAFA

Perezida Kagame yarebye uyu mukino

Sitade yari yakubise yuzuye

Ikipe y’u Rwanda yakinnye umukino mwiza utarabayeho
Abandi bayobozi mu nzego nkuru nka Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, Rwego Ngarambe na bo barebye uyu mukino
Jean de Dieu Uwihanyanye, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva. na we yari yaje

Amavubi yegukanye Igikombe
Mickels L. Jacque usigaye mu mitima y’Abanyarwanda yabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + three =

Previous Post

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Next Post

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Related Posts

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

by radiotv10
22/05/2026
0

Rutahizamu w’ikirangirire w’ibihe byose Cristiano Ronaldo, yatsindiye ibitero bibiri ikipe ye ya Al-Nassr FC, bituma umubare w’ibitego bibura ngo yuzuze...

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

by radiotv10
22/05/2026
0

Cristiano Ronaldo n’ikipe ye Al Nassr FC begukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia, kibaye icya mbere cya shampiyona Ronaldo...

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

by radiotv10
20/05/2026
0

Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu...

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

IZIHERUKA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima
AMAHANGA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.