• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

radiotv10by radiotv10
03/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye mu buyobozi bw’umupira w’amaguru muri iki Gihugu, batangiye kwegura umwe ku wundi.

Nyuma ya perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Butaliyani, Gabriele Gravina, weguye kuri uyu wa Kane taliki ya 2 Mata 2026, hiyongereyeho na Gianluigi Buffon watangaje ko yeguye ku mwanya yari afite.

Buffon wahoze ari umunyezamu ukomeye, yeguye ku mwanya wo kuba umuyobozi uhagarariye ikipe (chef de délégation), umwanya yari yagiyeho muri 2023.

Uyu munyabigwi wa ruhago y’isi yanditse ku rukuta rwe rwa X ati “Kwegura ako kanya nyuma y’umukino twanganyijemo na Bosnia (1-1, penaliti 1-4) byari icyemezo gikomeye cyaturutse mu mutima wanjye. Byaje mu buryo bwihuse, nk’uko amarira n’ububabare numvaga mu mutima wanjye nabwo byaje. Nabisabwe gutegereza gato kugira ngo buri wese abanze atekereze neza. Ubu perezida Gravina amaze gufata icyemezo cyo kwegura, nanjye numvise mfite umudendezo wo gukora ibyo mbona nk’inshingano.”

Yakomeje avuga ko, nubwo yemera ko yagize uruhare rwiza mu kubaka ubumwe n’imikoranire myiza mu ikipe hamwe n’umutoza Gennaro Gattuso n’abandi bakozi, intego nyamukuru yari ugusubiza u Butaliyani mu Gikombe cy’Isi.

Ati “Ntitwabigezeho. Ni byiza ko abazasimbura baza bafite umudendezo wo guhitamo umuntu babona ukwiye uyu mwanya.”

Buffon yeguriye umunsi umwe na Gabriele Gravina wari perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Butaliyani. Nk’uko byari byitezwe kuva u Butaliyani bwabura itike, uyu muyobozi yatangaje ko yeguye kuri uyu wa Kane, nyuma y’iminsi ibiri gusa u Butaliyani busezerewe na Bosnia & Herzegovina.

Ikipe y’igihugu y’u Butaliyani (Nazionale) yatsinzwe na Bosnia ku mukino wa nyuma wa kamarampaka (play off), banganya 1-1, hanyuma batsindwa kuri penaliti 4-1. Ibi byatumye u Butaliyani buzasiba Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu ikurikirana, nyuma yo kubura mu cya 2022 cyabereye muri Qatar n’icya 2018 cyabereye mu Burusiya.

Uzasimbura perezida wa federasiyo, wagiye kuri uyu mwanya muri 2018, azatorwa ku itariki ya 22 Kamena uyu mwaka.

Aba bayobozi ba ruhago y’u Butaliyani beguye nyuma y’igitutu kiri guturuka hirya no hino muri iki gihugu harimo na guverinoma aho bamwe mu bagize guverinoma batatinye kubanenga ku mugaragaro.

Undi ushobora kwegura ni umutoza Gennaro Gatusso nawe ukomeje kotswa igitutu.

U Butaliyani bufite ibikombe by’isi bine ariko kubona itike yo gusubira mu mikino ya nyuma bikomeje kuba ingorabahizi, mu gihe ibihugu birimo Repubulika Ndemokarasi ya Kongo yabonye itike nyuma y’imyaka 52, Irak ibona itike nyuma y’imyaka isaga 40, naho i Burayi ibihugu birimo Czech Republic byayibonye nyuma y’imyaka 20, Bosnia yasezereye u Butaliyani iri n’inyuma yabwo ku rutonde rwa FIFA yaherukaga mu gikombe cy’isi cya 2014, imyaka yari ishize isaga 12.

Iki gikombe cy’isi kizatangira kuwa 11 Kamena kirangire ku wa 19 Nyakanga 2026 gikinirwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Ikipe y’u Butaliyani bwigeze gutwara Igikombe cy’Isi, imaze kubura itike icyerekezamo ubugiragatatu
Abo muri ruhago bari kwegura umusubirizo

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Gatsibo: Ubuhamya bw’ingaruka z’amakimbirane mu miryango bwumvikanisha ko hari n’abashatse kwiyahura

Next Post

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.