Wednesday, April 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

radiotv10by radiotv10
29/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

U Bufaransa bwasabye abaturage babwo bari mu Gihugu cya Mali kuhava vuba na bwangu nyuma y’ibitero byagabwe mu bice binyuranye muri iki Gihugu, bikozwe n’aba-Jihadist n’aba-Tuareg.

Iri tegeko ryatanzwe n’u Bufaransa kuri uyu wa Gatatu, aho bwasabye abaturage babwo bari muri Mali kuva muri iki Gihugu “Vuba bishoboka”, buvuga ko ibitero byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, byateye “ihungabana rikomeye ry’umutekano”.

Ikibazo cy’umutekano muri Mali, kiracyakomeje kandi impungenge zirakomeza kwiyongera ko n’ubundi ibitero bizakomeza gukorwa muri iki Gihugu.

U Bufaransa bwasabye abaturage babwo batabashije kuva muri Mali, kuguma mu ngo, bakagabanya ingendo, ndetse bagakurikiza amabwiriza y’inzego za Leta, kandi bagakomeza kumenyesha imiryango yabo amakuru yabo nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa.

Itangazo ry’iyi Minisiteri rivuga ko “Ingendo zijya muri Mali zikiri nke ku mpamvu yaba iyo ari yo yose. Abafaransa baragirwa inama yo gushyiraho gahunda yo kuva muri Mali by’agateganyo vuba bishoboka mu gihe ingendo z’indege zikiri kuboneka.”

Umutwe wa Al Qaeda wo muri Afurika y’Iburengerazuba n’umutwe w’abarwanya ubutegetsi wiganjemo aba-Tuareg, yagabye ibitero ku wa Gatandatu muri Mali, ndetse birukana ingabo z’u Burusiya zishyigikiye ingabo za Leta mu mujyi wa Kidal mu majyaruguru ya kiriya Gihugu.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’igisirikare muri Mali, bwiyemeje guhangana n’aba barwanyi, no kubihimuraho kubera ibyo bakoze bya biriya bitero byanahitanye bamwe mu bakomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + seven =

Previous Post

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

Next Post

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Related Posts

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

by radiotv10
29/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yavuze ko yabwiye abana be ko nibaramuka bashakanye n’abantu bagufi, ubukwe bwabo...

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

by radiotv10
29/04/2026
0

Perezida Denis Sassou Nguesso wa Repubulika ya Congo, uri mu ruzinduko mu Burusiya, yahuye na mugenzi we w’iki Gihugu, Vladimir...

Hagiye gutangwa Pasiporo ya America irimo ishusho ya Perezida Trump

Hagiye gutangwa Pasiporo ya America irimo ishusho ya Perezida Trump

by radiotv10
29/04/2026
0

Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu kigiye gutanga pasiporo zigaragaramo ifoto ya Perezida...

Hagiye gutangwa Pasiporo ya America irimo ishusho ya Perezida Trump

US to Issue Passports Featuring Trump’s Image for 250th Independence Anniversary

by radiotv10
29/04/2026
0

The United States is preparing to introduce a limited number of specially designed passports featuring the image of President Donald...

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

by radiotv10
28/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashyize mu myanya Abaminisitiri batatu muri Guverinoma y’iki Gihugu, barimo Ambasaderi Evelyne Butoyi wagizwe Minisitiri...

IZIHERUKA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we
MU RWANDA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

by radiotv10
29/04/2026
0

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

29/04/2026
Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

29/04/2026
Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

29/04/2026
Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

29/04/2026
Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

29/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.