U Bufaransa bwasabye abaturage babwo bari mu Gihugu cya Mali kuhava vuba na bwangu nyuma y’ibitero byagabwe mu bice binyuranye muri iki Gihugu, bikozwe n’aba-Jihadist n’aba-Tuareg.
Iri tegeko ryatanzwe n’u Bufaransa kuri uyu wa Gatatu, aho bwasabye abaturage babwo bari muri Mali kuva muri iki Gihugu “Vuba bishoboka”, buvuga ko ibitero byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, byateye “ihungabana rikomeye ry’umutekano”.
Ikibazo cy’umutekano muri Mali, kiracyakomeje kandi impungenge zirakomeza kwiyongera ko n’ubundi ibitero bizakomeza gukorwa muri iki Gihugu.
U Bufaransa bwasabye abaturage babwo batabashije kuva muri Mali, kuguma mu ngo, bakagabanya ingendo, ndetse bagakurikiza amabwiriza y’inzego za Leta, kandi bagakomeza kumenyesha imiryango yabo amakuru yabo nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa.
Itangazo ry’iyi Minisiteri rivuga ko “Ingendo zijya muri Mali zikiri nke ku mpamvu yaba iyo ari yo yose. Abafaransa baragirwa inama yo gushyiraho gahunda yo kuva muri Mali by’agateganyo vuba bishoboka mu gihe ingendo z’indege zikiri kuboneka.”
Umutwe wa Al Qaeda wo muri Afurika y’Iburengerazuba n’umutwe w’abarwanya ubutegetsi wiganjemo aba-Tuareg, yagabye ibitero ku wa Gatandatu muri Mali, ndetse birukana ingabo z’u Burusiya zishyigikiye ingabo za Leta mu mujyi wa Kidal mu majyaruguru ya kiriya Gihugu.
Ni mu gihe ubutegetsi bw’igisirikare muri Mali, bwiyemeje guhangana n’aba barwanyi, no kubihimuraho kubera ibyo bakoze bya biriya bitero byanahitanye bamwe mu bakomeye.
RADIOTV10









