Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU

radiotv10by radiotv10
05/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwatanze kandidatire yo kongera gutorerwa kuba mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga by’Itumanaho ITU (International Telecommunication) nyuma yo kubitorerwa inshuro enye zikurikiranya.

Amakuru dukesha Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, avuga ko “I Geneva, u Rwanda rwatanze ku mugaragaro kandidatire yarwo ku kongera gutorerwa kuba mu kanama ka International Telecommunication Union (ITU) muri manda ya 2027–2030.”

Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi kandi yatangaje ko ubwo iki gikorwa cyabaga, hari abayobozi banyuranye ku rwego mpuzamahanga, barimo Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Doreen Bogdan-Martin, ndetse n’Ukuriye akanama ka ITU, Dr. ‘Bosun Tijani akaba ari na Minisitiri w’Itumanaho na Inovasiyo muri Nigeria.

Muri iki gikorwa kandi, hari abayobozi bakuru mu Muryango w’Abibumbye, ndetse n’abayobozi muri za Guverinoma zigize aka Kanama.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Busuwisi, Urujeni Bakuramutsa, ubwo yatangazaga ko u Rwanda rwifuza kongera gutorerwa kuba muri aka Kanama, yavuze ko u Rwanda rwashyizeho imishinga inyuranye mu ikoranabuhanga n’itumanaho kandi ikomeje gutera imbere, irimo ikoranabuhanga ryifashiswa mu nzego za Leta.

Yavuze kandi ko hari imishinga ikomeye irimo kuba serivisi za Leta zitangwa hifashijwe uburyo bw’ikoranabuhanga ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano (AI) mu nzego zinyuranye, nko mu buzima, ubuhinzi ndetse no mu burezi.

Amb. Urujeni yavuze ko ku bw’iyi mishinga ndetse n’imikoranire myiza n’ibindi Bihugu biranga u Rwanda, rwifuza kongera gutorerwa kuba mu kanama ka ITU muri manda ya 2027-2030.

U Rwanda ruramutse rutorewe kuba muri aka Kanama, byaba ari ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, kuko iyi manda ya 2023-2026 na yo rurimo, yari iya kane.

U Rwanda rwatorewe bwa mbere kujya mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho (ITU) mu kwezi k’Ukwakira 2010 mu nama y’Inteko Rusange yaberaga i Guadalajara muri Mexico. Kuva icyo gihe u Rwanda rwagiye rubona umwanya muri aka Kanama, kuko rwongeye gutorwa muri 2014, rwongera muri 2018, ndetse no mu 2023-2026.

Imyanya yo muri aka Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga mu by’Itumanaho (ITU), itorwa hakurikijwe uturere dutanu, turimo ak’Umugane wa Afurika, ufite imyanya 13.

U Rwanda ni umunyamuryango w’Akanama ka ITU kuva muri 2010

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 16 =

Previous Post

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Next Post

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Ubuyobozi bw'lkigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

by radiotv10
05/05/2026
0

There’s a quiet confusion many people live with: “I earn well… so why am I still broke?” On paper, everything...

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

by radiotv10
04/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

05/05/2026
U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU

U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU

05/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.