• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU

radiotv10by radiotv10
05/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwatanze kandidatire yo kongera gutorerwa kuba mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga by’Itumanaho ITU (International Telecommunication) nyuma yo kubitorerwa inshuro enye zikurikiranya.

Amakuru dukesha Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, avuga ko “I Geneva, u Rwanda rwatanze ku mugaragaro kandidatire yarwo ku kongera gutorerwa kuba mu kanama ka International Telecommunication Union (ITU) muri manda ya 2027–2030.”

Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi kandi yatangaje ko ubwo iki gikorwa cyabaga, hari abayobozi banyuranye ku rwego mpuzamahanga, barimo Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Doreen Bogdan-Martin, ndetse n’Ukuriye akanama ka ITU, Dr. ‘Bosun Tijani akaba ari na Minisitiri w’Itumanaho na Inovasiyo muri Nigeria.

Muri iki gikorwa kandi, hari abayobozi bakuru mu Muryango w’Abibumbye, ndetse n’abayobozi muri za Guverinoma zigize aka Kanama.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Busuwisi, Urujeni Bakuramutsa, ubwo yatangazaga ko u Rwanda rwifuza kongera gutorerwa kuba muri aka Kanama, yavuze ko u Rwanda rwashyizeho imishinga inyuranye mu ikoranabuhanga n’itumanaho kandi ikomeje gutera imbere, irimo ikoranabuhanga ryifashiswa mu nzego za Leta.

Yavuze kandi ko hari imishinga ikomeye irimo kuba serivisi za Leta zitangwa hifashijwe uburyo bw’ikoranabuhanga ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano (AI) mu nzego zinyuranye, nko mu buzima, ubuhinzi ndetse no mu burezi.

Amb. Urujeni yavuze ko ku bw’iyi mishinga ndetse n’imikoranire myiza n’ibindi Bihugu biranga u Rwanda, rwifuza kongera gutorerwa kuba mu kanama ka ITU muri manda ya 2027-2030.

U Rwanda ruramutse rutorewe kuba muri aka Kanama, byaba ari ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, kuko iyi manda ya 2023-2026 na yo rurimo, yari iya kane.

U Rwanda rwatorewe bwa mbere kujya mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho (ITU) mu kwezi k’Ukwakira 2010 mu nama y’Inteko Rusange yaberaga i Guadalajara muri Mexico. Kuva icyo gihe u Rwanda rwagiye rubona umwanya muri aka Kanama, kuko rwongeye gutorwa muri 2014, rwongera muri 2018, ndetse no mu 2023-2026.

Imyanya yo muri aka Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga mu by’Itumanaho (ITU), itorwa hakurikijwe uturere dutanu, turimo ak’Umugane wa Afurika, ufite imyanya 13.

U Rwanda ni umunyamuryango w’Akanama ka ITU kuva muri 2010

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seventeen =

Previous Post

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Next Post

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.