Mu mikino ya RDF Liberation Cup mu Ntara y’Amajyepfo, ikipe ya Diviziyo ya 4, yongeye kwitwara neza, itsinda ikipe ya DID (Defence Intelligence Department) mu mikino ibiri itandukanye, nk’uko yari yatsinze ubwo iri rushanwa ryatangiraga.
Kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi 2026, ubwo hakomezaga amarushanwa ya RDF Liberation Cup ategurwa mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora, mu mikino yabereye mu Ntara y’Amajyepfo, ikipe ya Division ya 4 yigaragaje itsinda DID (Defence Intelligence Department) mu mikino ibiri itandukanye, ari yo football na volleyball, nk’uko yari yabikoze mu ntangiriro z’iri rushanwa aho na bwo yari yatsinze imikino yose itsinda Engineering Command.
Mu mupira w’amaguru (Football), umukino wabereye kuri Sitade Kamena, ikipe ya Division ya 4 yatsinze DID (Defence Intelligence Department) igitego 1-0. Mu mukino wa Volleyball na bwo, Division ya 4 yitwaye neza itsinda DID (Defence Intelligence Department) amaseti 2 kuri 1.
Aya marushanwa abera hirya no hino mu gihugu, aho guhatana amakipe atandukanye kugira ngo haboneke ikipe izatwara igikombe. Biteganyijwe ko icyo gikombe kizatangwa ku Munsi wo Kwibohora.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10











