Friday, May 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in IMYIDAGADURO
0
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yasabye urubyiruko kutajya rwihutira guca imanza ku bintu rudafiteho amakuru ahagije, nyuma yuko hari abazamuye impaka ku nzu y’umunyabugeni yabaye ihagaze ibikorwa byayo mu Mujyi wa Kigali.

Kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi, umunyabugeni King Ngabo, yashyize hanze itangazo rigaragaza ko inzu ye y’ubugeni izwi nka ‘Musée Ingabo’ yafunzwe by’agateganyo kubera ibibazo by’amadeni y’ubukode abereyemo Umujyi wa Kigali.

Nyuma y’iri tangazo abantu babivuzeho ibintu bitandukanye ku mbuga koranyambaga aho bamwe bavuze ko inzego za leta zakabaye zifasha abahanzi ari zo ziri kubaca intege.

Uwitwa Sam Ndagije ku rubuga rwa X, yavuze ko ibyabaye kuba kuri King Ngabo bisa n’ibyabaye kuri Migambi wamenyekanye nka Made in Rwanda, wigeze kuvuga ko yibwe umushinga wo kumurika no gucuruza ibikorwa bya made in Rwanda, byaberaga ahazwi nka Kigali Car Free Zone.

Nyuma y’impaka nyinshi kuri iyi ngingo, Minisitiri w’Urubyiruko n’iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye urubyiruko kwirinda guca imanza muri dosiye batazi neza.

Yagize ati “Sam na Migambi, kuba urubyiruko byonyine, kuba umuhanzi byonyine, kugira umushinga mwiza byonyine, ntibihagije ngo bizakubyarire inyungu irambye, Iyo udakurikije ibyo wumvikanye n’izindi nzego kandi ukitegura no kugirwa inama. Mujye mwirinda guca imanza mu dosiye mutazi neza.”

Umunyabugeni King Ngabo

Ikibazo cya Museum ingamo n’Umujyi wa Kigali giteye gite?

Mu itangazo ryashyizwe hanze na King Ngabo uyobora Ingabo Museum, yavuze iyi inzu ye y’ubugeni ifunze kubera amadeni y’ubukode batarabasha kwishyura ndetse ko umujyi wa Kigali wafatiriye ibihangano biyirimo.

Ku ruhande rw’umujyi wa Kigali bagaragaraza ko kuva muri Kanama 2023, kugera mu Ukuboza 2024, Ingabo Museum yahawe aho gukorera hazwi nk’Agaseke Center ku buntu nka bumwe mu buryo bwo gufasha no gutera inkunga ibikorwa by’ubuhanzi.

Nyuma y’uko umushinga umaze gukura ndetse n’abasura iyi nzu ndangamurage bakiyongera impande zombi zumvikanye  amafaranga y’ubukode Ingabo Museum igomba kujya yishyura ku kwezi gusa amasezerano ntiyigeze yubahirizwa.

King Ngabo yagaragaje ko amafaranga y’ubukode yasabwe n’umujyi wa Kigali ari menshi ndetse atayabona.

Yagize ati “Mu 2025 nibwo batangiye kunsaba kwishyura amafaranga y’ubukode icyakora mbamenyesha ko ari menshi, bansabaga 1.400.000Frw ku kwezi njye mbabwira ko njye nabona 400.000Frw gusa ntibabyumva.”

Mu bihe bitandukanye yabayeho ibiganiro hagati ya Ingabo Museum, umujyi wa Kigali na minisiteri y’urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi gusa byafashe ubusa.

Nyuma y’igihe ataremera kwishyura aya mafaranga, Ngabo yasabwe gusohoka mu nzu ahitamo guhita afunga kuko adafite amafaranga yo kwishyura.

Umujyi wa Kigali uvuga ko uzakomeza gufasha no gutera inkunga ibikorwa by’urubyiruko mu ruganda ndangamuco ariko ko ibi bidashobora gukorwa igihe abahawe amahirwe yo gukorera mu bikorwa rusange batubahariza inshingano zabo.

Umujyi wa Kigali kandi wagiriye inama n’abandi bose bakodeshejwe inyubako n’ibikorwa bya leta kubahiriza amasezerano bagiranye.

Ivomo: Umunota.com

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

Related Posts

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

by radiotv10
08/05/2026
0

Dating in Rwanda is no longer what it used to be. Not long ago, relationships often began through mutual friends,...

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

by radiotv10
08/05/2026
0

There’s something about weekends that quietly reveals who we are when the pressure of school, work, deadlines, and routines disappears....

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

by radiotv10
07/05/2026
0

Kimenyi Yves wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, wasezeranye mu buryo bwemewe na Muyango Claudine, yahamije ko ubu ari mu...

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

by radiotv10
05/05/2026
0

Umuherwe w’Umunya-Tanzania Lugumi Saidi yongeye kugaragaza ko ari mu rukundo na Alliah Cool uzwi muri sinema no mu bindi bikorwa...

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

by radiotv10
04/05/2026
0

Miss Mutesi Jolly yagaragaye afite isakoshi yo mu bwoko ‘Hermès Kelly Bag’ igura abarirwa hagati ya $11,400–$14,500, ni ukuvuga ari...

IZIHERUKA

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi
IMYIDAGADURO

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

by radiotv10
08/05/2026
0

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

08/05/2026
Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

08/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.