Amakipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu ngimbi y’abatarengeje imyaka 18 ndetse no mu batarengeje imyaka 20, yegukanye ibikombe mu marushanwa ya ‘IHF Trophy/Zone V’ yaberaga i Addis Ababa.
Mu batarengeje imyaka 18, u Rwanda rwabigezeho nyuma yo gutsinda u Burundi ibitego 39-38, mu gihe no mu batarengeje imyaka 20, rwongeye kwegukana iri rushanwa nyuma yo gutsinda Ethiopia ibitego 39-37.
Ni imikino yari imaze iminsi ibera muri Ethiopia, aho u Rwanda rwitwaye neza rugatsinda imikino yose rwakinnye uko ari itanu, yaba mu batarengeje imyaka 18 ndetse no mu batarengeje imyaka 20.
U Rwanda rwasezereye Kenya muri ½ cy’irangiza mu batarengeje imyaka 20 nyuma yo kuyitsinda ibitego 41-33, mu gihe mu batarengeje imyaka 18 rwasezereye Uganda ku bitego 34-30.
Nyuma yo kwegukana ibi bikombe, u Rwanda rwahise rubona itike yo kuzakina Igikombe cya Afurika muri ibyo byiciro byombi, kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire muri Nzeri 2026.
Aya makipe y’u Rwanda, nyuma yo kwegukana ibikombe, aragera mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu saa 16h30, ayobowe n’abatoza bayo barimo Antoine Ntabanganyimana utoza abatarengeje imyaka 20 na Bagirishya Anaclet utoza abatarengeje imyaka 18.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10











