Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangiye kuvana ku bushake abarwanyi baryo mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo ryari rimaze igihe rigenzura, aho bivugwa ko bari kwerecyeza mu gace ka Kamanyola muri iyi Ntara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru aturuka muri Kivu y’Epfo, aravuga ko abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri ibyo bice kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje.

Ibice byarekuwe n’iri huriro, birimo agace ka Luberizi, Kabunambo, Sande, na Bwegere, byo mu Kibaya cya Ruzizi, ndetse no mu bindi bice byo mu nkengero zaho.

Abanyamakuru bakorera muri aka gace, ndetse n’imiryango itari iya Leta, baremeza ko abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri ibi bice ku wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi, berecyeza mu gace ka Kamanyola, na ko ko mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Umuntu umwe wo mu muryango utari uwa Leta (Civil Society) wa Walundu wo mu mujyi wa Kamanyola, aratangaza ko ibikoresho birimo imodoka za gisirikare ndetse n’intwaro, byatangiye kugera muri uyu mujyi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu.

Amakuru avuga ko kurekura ibi bice biri gukorwa na AFC/M23 biri mu murongo wo kubahiriza ibyasabwe na Leta Zunze Ubumwe za America nk’umuhuza muri ibi bibazo byo muburasirazuba bwa DRC.

Utu duce twari twafashwe na AFC/M23 nyuma y’imirwano ikomeye yari yabaye mu mpera z’umwa ushize, ari na bwo iri Huriro ryafataga umujyi wa Uvira, ariko rikaza kuwurekura nyuma y’iminsi micye.

Abarwanyi ba AFC/M23 bakiva muri uyu mujyi wa Uvira bisabwe n’ubutegetsi bwa DRC, ni bwo berecyeje muri ibi bice barekuye kuri iyi nshuro.

Ni mu gihe umujyi wa Kamanyola bari kwerecyezamo bava muri utu duce, wo bawufashe mu kwezi kwa kabiri k’umwaka ushize wa 2025.

Ubwo AFC/M23 yarekuraga Umujyi wa Uvira, uruhande bahanganye rugizwe n’inyeshyamba zirimo iza FDLR na Wazalendo, zahise ziwinjiramo rugikubita, zitangira guhohotera umuhisi n’umugenzi, zinasahura imitungo y’abaturage.

Ibi byatumye bamwe mu Banyamulenge bo muri kiriya Kibaya cya Ruzizi, batangira na bo kukivamo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kukivamo, kuko bakeka ko ibyabaye muri Uvira bizanaba muri iki Kibaya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − 2 =

Previous Post

Perezida Kagame na Gen.Doumbouya mu Bakuru b’Ibihugu bazaba bari mu nama ikomeye itegerejwe i Kigali

Related Posts

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

by radiotv10
11/05/2026
0

Abanyekongo b’Abanyamulenge batangiye guhunga n’amatungo yabo bava mu gace ka Ruzizi nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangiye kuva muri aka gace...

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

by radiotv10
08/05/2026
0

Umunyapolitiki Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza cyane kuba...

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

by radiotv10
08/05/2026
0

Perezida wa Botswana, Duma Boko yatangaje iki Gihugu kinjiye mu cyunamo ku bw’urupfu rwa Festus Mogae na we wabaye Umukuru...

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

by radiotv10
08/05/2026
0

Umubyeyi wo muri Leta ya Harari muri Ethiopia, yibarutse impanga z’abana batanu icyarimwe, nyuma y’imyaka 12 yarabuze urubyaro, aho avuga...

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

by radiotv10
08/05/2026
0

Former U.S. Assistant Secretary of State for African Affairs, Tibor Nagy, has said he deeply regrets advocating for the U.S....

IZIHERUKA

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

by radiotv10
11/05/2026
0

Perezida Kagame na Gen.Doumbouya mu Bakuru b’Ibihugu bazaba bari mu nama ikomeye itegerejwe i Kigali

Perezida Kagame na Gen.Doumbouya mu Bakuru b’Ibihugu bazaba bari mu nama ikomeye itegerejwe i Kigali

11/05/2026
Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

11/05/2026
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

11/05/2026
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

11/05/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

Perezida Kagame na Gen.Doumbouya mu Bakuru b’Ibihugu bazaba bari mu nama ikomeye itegerejwe i Kigali

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.