Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera
Share on FacebookShare on Twitter

Igitabo gishya kiravuga ko ubwo Brigitte Macron yakubitaga urushyi umugabo we Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yari amaze kubona ubutumwa yandikiranye n’umukinnyikazi wa filimi w’Umunya-Iran.

Iki gitabo kivuga ko Brigitte Macron yakubiswe umugabo we Emmanuel ubwo yabonaga ubutumwa kuri telefoni ye buturutse kuri uwo mukinnyikazi wa filimi.

Muri mashusho yasakaye muri Gicurasi umwaka ushize, umugore wa Perezida yagaragaye asunika Perezida w’u Bufaransa mu maso ubwo bombi biteguraga kuva mu ndege ubwo bagiriraga uruzinduko muri Vietnam.

Icyo gihe, Macron yashimangiye ko ibyabaye “nta kibazo na kimwe” cyari cyabayeho kandi avuga ko yariho aganira bisanzwe n’umugore we batera urwenya.

Ni mu gihe umunyamakuru w’Umufaransa Florian Tardif yashushanyije ishusho itandukanye mu gitabo cye gishya, ‘(A (Nearly) Perfect Couple)’, asezeranya abantu gutanga ‘iperereza’ ku bihe bidasanzwe hagati ‘y’umugabo n’umugore’.

Ubwo yavuganaga na radiyo ya RTL kuri uyu wa Gatatu, Tardif,umunyamakuru wa Paris Match wakurikiranye Perezida Macron n’umugore we kuva mu 2017, yavuze ko hari byinshi abaziho cyane ndetse n’ibyabaye kiriya gihe ubwo umugore wa Macron yamukubitaga mu maso.

Yagize ati “Icyabaye ni uko [Brigitte Macron], yabonye ubutumwa buturutse ku muntu uzwi cyane. Ni umukinnyi wa filime w’Umunya-Iran.”

Tardif avuga ko Macron yakomeje kugirana umubano “w’ibanga rikomeye” n’uyu mukinnyi w’icyamamare, mu gihe “cy’amezi macye.”

Ndetse ko yamwandikiye budasanzwe bwanageze kure, aho yamubwiye ko “nakubonyemo umuntu mwiza udasanzwe.”

Tardif yagize ati “Ibyo ni ibyo nabwiwe n’abantu ba hafi ye cyane, kandi ni byo mvuga muri iki gitondo.” Yemeza ko yakoze igenzura ricukumbuye ry’ibi yabwiwe kandi ko “inkuru yabyo byose iri mu gitabo cye bishingiye ku bimenyetso bifatika.”

Ubwo butumwa bwa Macron bwazanye ibihe bikomeye hagati ya Macron n’umugore we, ndetse n’impaka zikomeye, byanaje kuvamo kumusunika ubwo bari mu ndege ku Kibuga cya Hanoi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eleven =

Previous Post

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Related Posts

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

by radiotv10
13/05/2026
0

Tariki nk’iyi ya 13 Gicurasi mu 1981 Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II wari Umushumba wa Kiliziya Gatulika, yarasiwe mu ruhame...

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje ibyishimo yatewe n’ibihe byiza yagiriye muri Kenya, birimo gusonga (kwarika) ubugari bwa kawunga no...

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, aragirira uruzinduko mu gihugu cy’u Bushinwa ku butumire bwa mugenzi we...

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yongeye kwibasira Barack Obama yasimbuye ku butegetsi muri manda ya mbere,...

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuryango Human Rights Foundation (HRF) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, watangaje ko uhangayikishijwe n’ibiherutse gutangazwa na...

IZIHERUKA

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera
AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

by radiotv10
13/05/2026
0

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

13/05/2026
Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

13/05/2026
Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

13/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.