Igitabo gishya kiravuga ko ubwo Brigitte Macron yakubitaga urushyi umugabo we Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yari amaze kubona ubutumwa yandikiranye n’umukinnyikazi wa filimi w’Umunya-Iran.
Iki gitabo kivuga ko Brigitte Macron yakubiswe umugabo we Emmanuel ubwo yabonaga ubutumwa kuri telefoni ye buturutse kuri uwo mukinnyikazi wa filimi.
Muri mashusho yasakaye muri Gicurasi umwaka ushize, umugore wa Perezida yagaragaye asunika Perezida w’u Bufaransa mu maso ubwo bombi biteguraga kuva mu ndege ubwo bagiriraga uruzinduko muri Vietnam.
Icyo gihe, Macron yashimangiye ko ibyabaye “nta kibazo na kimwe” cyari cyabayeho kandi avuga ko yariho aganira bisanzwe n’umugore we batera urwenya.
Ni mu gihe umunyamakuru w’Umufaransa Florian Tardif yashushanyije ishusho itandukanye mu gitabo cye gishya, ‘(A (Nearly) Perfect Couple)’, asezeranya abantu gutanga ‘iperereza’ ku bihe bidasanzwe hagati ‘y’umugabo n’umugore’.
Ubwo yavuganaga na radiyo ya RTL kuri uyu wa Gatatu, Tardif,umunyamakuru wa Paris Match wakurikiranye Perezida Macron n’umugore we kuva mu 2017, yavuze ko hari byinshi abaziho cyane ndetse n’ibyabaye kiriya gihe ubwo umugore wa Macron yamukubitaga mu maso.
Yagize ati “Icyabaye ni uko [Brigitte Macron], yabonye ubutumwa buturutse ku muntu uzwi cyane. Ni umukinnyi wa filime w’Umunya-Iran.”
Tardif avuga ko Macron yakomeje kugirana umubano “w’ibanga rikomeye” n’uyu mukinnyi w’icyamamare, mu gihe “cy’amezi macye.”
Ndetse ko yamwandikiye budasanzwe bwanageze kure, aho yamubwiye ko “nakubonyemo umuntu mwiza udasanzwe.”
Tardif yagize ati “Ibyo ni ibyo nabwiwe n’abantu ba hafi ye cyane, kandi ni byo mvuga muri iki gitondo.” Yemeza ko yakoze igenzura ricukumbuye ry’ibi yabwiwe kandi ko “inkuru yabyo byose iri mu gitabo cye bishingiye ku bimenyetso bifatika.”
Ubwo butumwa bwa Macron bwazanye ibihe bikomeye hagati ya Macron n’umugore we, ndetse n’impaka zikomeye, byanaje kuvamo kumusunika ubwo bari mu ndege ku Kibuga cya Hanoi.
RADIOTV10










