Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Tidjara Kabendera yerekanye ko abyiruye akomoza ku basore batera inda abakobwa bakabatera umugongo

radiotv10by radiotv10
21/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Tidjara Kabendera yerekanye ko abyiruye akomoza ku basore batera inda abakobwa bakabatera umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakurukazi Tidjara Kabendera yerekanye abasore be abyiruye, agaruka ku basore batera inda abakobwa bakabatera umugongo aboneraho no gukebura abakobwa bangisha abana babo ba se bababyaranye.

Mu butumwa burebure yanyujije kuri Instagram, Tidjara Kabendera yongeye gusaba abasore batera inda abakobwa kwirinda kubatera umugongo.

Muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto ifoto igaragaza Tidjara Kabendera ari kumwe n’abana b’abahungu babiri bakiri bato ndetse n’indi barabaye abasore, yavuze ko ubu butumwa yabugeneye ababyeyi b’abagore banyuze mu nzira zo kurera bonyine.

Yatangiye agira ati “Nyamuneka basore batera inda….Ntimukadutembereze biravunaaa.”

Tidjara Kabendera wakomye urusyo agakoma n’ingasire, yaboneyeho kugenera ubutumwa abakobwa baterwa inda bagashaka kwihimura bangisha abana ba se bababyaranye.

Ati “Nubwo kurera wenyine bivuna kandi biryana, jye ku giti cyanjye mbona nta mu Maman ukwiye guhanisha mugenzi we kumwima umwana.”

Yakomeje agaragaza impamvu ibi bidakwiye kubaho, ati “Urabizi ko uwo mugabo mubi kuri wowe, wita amazina yose ushaka, utuka uko wiboneye uwo mwana wawe amwita Se? Papa? urabizi? icyo bapfana ntaho gihuriye n’icyo wowe mupfana…

Uwo mwana wima uburenganzira bwo kubona se ujya umutekerezaho? ukishyira mu mwanya we? ujya utekereza yakuze yarunze ubumwe na se? bavugana baganira? None se uzaba uruhira iki? ubiba inzangano zitazaramba?”

Avuga ko umwana wakuriye muri ubu buzima, akurana agahinda gakabije ku buryo umubyeyi nk’uwo aba yikururira ibibazo by’abanzi babiri “kuko byanze bikunze hari imyaka izagera bagukundanireho nk’umwana na se aho uzaba utagifite ububasha bwo kumutegeka!”

Agira ati “N’iyo waba warashatse undi mugabo mubana ntuzime umwana uburenganzira kuri se kuko mubana ni umugano wawe ariko si papa w’umwana wawe na we azakenera kugira amaraso ye amwitaho.”

Tidjara Kabendera wabyaye akiri muto, akaza gushaka undi mugabo utari uwo bari barabyaranye abana babiri, yaje gusubirana n’uwo babyaranye mbere ubu ari na we bari kumwe, akunze kugaragaza ko yishimiye umuryango we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 5 =

Previous Post

Agakunze ababiri…: Abakobwa basanzwe ari inshuti bapfuye umusore umwe atera icyuma undi

Next Post

Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.