Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA
0
Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, Mukase w’umwana witwa Elsie Akeza Rutiyomba uherutse kwitaba Imana bikababaza abatari bacye, yagejejwe imbere y’Urukiko aho akurikiranyweho kugira uruhare muri uru rupfu.

Uyu mugore witwa Marie Chantal Mukanzabarushimana ni Mukase wa Elsie Akeza Rutiyomba witabye Imana mu byumweru bibiri bishize bikavugwa ko yaguye mu kidomoro cy’amazi agapfa.

Nyuma y’uru rupfu, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kurugiramo uruhare.

Aba batawe muri yombi barimo Mukase wa nyakwigendera ari we Marie Chantal Mukanzabarushimana ndetse n’uwari umukozi wo mu rugo rwaguyemo uyu mwana w’imyaka itanu.

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, Marie Chantal Mukanzabarushimana yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwazanye imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, bwasabye Umucamanza gutegeka ko Marie Chantal Mukanzabarushimana akurikiranwa afunzwe kuko ibyaha akekwaho bikomeye bikaba bihanishwa igihano kigera kur gufungwa burundu.

Ubushinjyacyaha kandi buvuga ko kuba Marie Chantal Mukanzabarushimana yakurikiranwa afunze ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuba yabonekera igihe mu gihe inzego z’ubutabera zimukenereye kandi ko aramutse afunguwe byahungabanya abo mu muryango wa nyakwigendera.

Gusa Marie Chantal Mukanzabarushimana utavuze byinshi mu rukiko, we yahakanye icyaha akurikiranyweho.

Mu muhango wo gushyingura Elsie Akeza Rutiyomba wabaye tariki 18 Mutarama 2022 i Rusororo, havugiwe amagambo y’uburyo uyu mwana yari ashimishije kubera ibyo yakoraga bikanyura benshi.

Uyu mwana Elsie Akeza Rutiyomba yagiye agaragara mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga arimo gusubiramo indirimbo z’abahanzi bakomeye barimo Meddy wanagaragaje ko yababajwe cyane n’urupfu rwe.

Mu muhango wo gushyingura Akeza, ababyeyi be bagaragaje agahinda yabasigiye, bavuga ko bizeye ko ubutabera buzakora akazi kabwo bugahishura abagize uruhare muri uru rupfu.

Marie Chantal Mukanzabarushimanakurikiranywe hamwe n’umukozi wo mu rugo (Photo: The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + two =

Previous Post

Makuza yashimye uko yahawe Serivisi inoze, bamwe bamusubiza bati “Ni uko ari wowe”

Next Post

UPDATE: Amashusho y’umugabo ukubita uruhinja yari yababaje benshi burya ngo ni Film

Related Posts

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

by radiotv10
03/09/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago, Bacary Sagna wakiniye Ikipe ya Arsenal n’iy’Igihugu y’u Bufaransa, yageze mu Rwanda yitabiriye ibirori byo Kwita Izina...

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

by radiotv10
03/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hari igice cy’umuhanda umwe mu gace k’i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge uzamara amasaha abiri...

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

by radiotv10
03/09/2025
0

Hashyizwe hanze amashusho yerekana ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu guhangana n’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, aho...

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

by radiotv10
03/09/2025
0

Imbangukiragutabara y'Ibitaro bya Nyanza yari irimo abarwayi babiri n’abarwaza, yakoze impanuka ubwo yari igeze ku kigo cy’Ishuri Ryisumbuye rya E.S...

Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

by radiotv10
03/09/2025
0

Recent statistics from the Judiciary, shows that in the 2024/2025 judicial year, 2,674 couples officially divorced, a slight drop compared...

IZIHERUKA

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda
MU RWANDA

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

by radiotv10
03/09/2025
0

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

03/09/2025
CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

03/09/2025
Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

03/09/2025
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

03/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruhinja rwagaragaye mu mashusho runagwa n’umugabo bunyamaswa rwahise rupfa

UPDATE: Amashusho y’umugabo ukubita uruhinja yari yababaje benshi burya ngo ni Film

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.