Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga watse umuturage ruswa ya Miliyoni 10 yafashwe yakira Miliyoni 1,4Frw ya Avance

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga watse umuturage ruswa ya Miliyoni 10 yafashwe yakira Miliyoni 1,4Frw ya Avance
Share on FacebookShare on Twitter

Kigali– Umugabo usanzwe ari umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga, yafatiwe mu cyuho ari kwakira ruswa ya Miliyoni 1,4 Frw yari ari guhabwa n’umuturage ufite urubanza rw’ubujurire ari kuburana mu Rukiko rw’Ubujurire.

Uyu witwa Karake Afrique yafashwe kuri uyu Gatanu tariki 11 Gashyantare 2022 mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.

Karake usanzwe ari umukozi ushinzwe ubushakashatsi mu Rukiko rw’Ikirenga, ubu ufungiye kuri station ya RIB ya Kicukiro, akurikiranyweho kwaka ruswa umuturage amwizeza kuzamufasha gutsinda urubanza rw’ubujurire ku bijyanye n’umutungo utimukanwa.

Amakuru avuga ko uyu Karake yamenye ko uwo muturage yatsinzwe urubanza afitanye n’undi muntu ku bijyanye n’ubutaka buri mu Mujyi wa Kigali akaza kujurira.

Karake amaze kumenya ayo makuru yashatse uburyo yakwaka ruswa uwo muturage wari watsinzwe amwizeza kuzamufasha noneho agatsinda mu bujurire.

Uyu mukozi w’Urukiko rw’Ikirenga wahoze akora mu rwego rw’Umuvunyi ashinzwe kurwanya akarengane, akekwaho kuba yarabwiye uwo muturage ko asanzwe ari umwanditsi w’Urukiko bityo ko yitwaye neza yazamufasha gutsinda urubanza rwe.

Ubwo bahuraga, yamwatse miliyoni 30 Frw yo kuzaha Umucamanza uzaburanisha urubanza rwe kugira ngo azafata icyemezo cy’uko yatsinze, icyakora ngo baje guciririkanya bageza kuri Miliyoni 10 Frw gusa yafashwe ari kumuha Miliyoni 1,4 Frw ya avanse.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yemeje amakuru yo guta muri yombi uyu Karake, avuga ko yafashwe ari kwakira ruswa ya Miliyoni 1,4 Frw ya Avance kuri Miliyoni 10 Frw bari bemeranyijwe n’umuturage.

Dr Murangira yaboneyeho kuburira abaturage ko bakwiye“gusobanukirwa ko serivise z’ubutabera zitagurishwa.”

Yavuze kandi ko abaturage bakwiye kuba masobakirinda abo bantu bose baza biyitirira imyanya runaka bagamije kubakuramo amafaranga.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eleven =

Previous Post

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Umuhanzi ukomeye w'Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.