Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aba-Colonels ba mbere b’abagore muri RDF bamaze kwambara ipeti bazamuweho (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
22/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Aba-Colonels ba mbere b’abagore muri RDF bamaze kwambara ipeti bazamuweho (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu basirikare baherutse kuzamurwa mu mapeti, mu cyiciro cy’Abofisiye bakuru, harimo abagore barindwi bahawe ipeti rya Colonel ari na ryo rikuru muri iki cyiciro, ubu banamaze kwambara iri peti.

Ni nyuma y’uko bazamuwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 19 Ukuboza 2023.

Mu cyiciro cy’Abajenerali, hazamuwe abasirikare 21, barimo bane bahawe ipeti rya Major General ndetse na 17 bazamuwe ku ipeti rya Brigadier General.

Ni mu gihe mu cyiciro cy’Abofisiye bakuru, hazamuwemo abasirikare 476, barimo 83 abazamuwe ku ipeti rya Colonel ari na ryo rikuru muri iki cyiciro, mu gihe abandi 98 bazamuwe ku ipeti rya Lieutenant Colonel ndetse na 295 bazamuwe ku ipeti rya Major.

Muri 83 bazamuwe ku ipeti rya Colonel, harimo barindwi b’abategarugori, ari na bo bahise baba aba mbere bagize iri peti b’igitsinagore mu Ngabo z’u Rwanda.

Aba bategarugori bazamuwe ku ipeti rya Colonel, barimo abasanzwe bazwi muri RDF, banamaze igihe kinini mu gisirikare ndetse barimo n’abarwanye urugamba rwo Kwibohora.

Barimo Colonel Bagwaneza Lydia umaze igihe ari umwe mu basirikare bo mu itsinda ririnda Umukuru w’Igihugu, hakaba Col Belina Kayirangwa, Colonel Seraphine Nyirasafari, Col Betty Dukuze, Col Lausanne Ingabire Nsengimana, Colonel Stella Uwineza, na Col Marie Claire Muragijimana.

Aba bategarugori babaye aba mbere bagize ipeti ryo hejuru muri RDF, rirangwa n’ikirangantego n’inyenyeri ebyiri ndetse n’ibirindi birango by’ibara ritukura bakunze kwita ibirokoro byambarwa ku ikora, bamaze kwambara aya mapeti yabo, kimwe n’abandi bose bazamuwe.

Col Bagwaneza
Col Belina Kayirangwa
Colonel Stella Uwineza
Colonel Seraphine Nyirasafari
Colonel Betty Dukuze
Colonel Lausanne Ingabire Nsengimana
Colonel Marie Claire Muragijimana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − five =

Previous Post

Abateguye igitaramo kizinjiza abantu muri Noheli bavuze udushya bahishiye abazacyitabira

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagaragaje aho ihagaze ku guha umugisha ‘Abatinganyi’ byemejwe na Papa

Related Posts

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100
MU RWANDA

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagaragaje aho ihagaze ku guha umugisha ‘Abatinganyi’ byemejwe na Papa

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagaragaje aho ihagaze ku guha umugisha ‘Abatinganyi’ byemejwe na Papa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.