Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aba-Colonels ba mbere b’abagore muri RDF bamaze kwambara ipeti bazamuweho (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
22/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Aba-Colonels ba mbere b’abagore muri RDF bamaze kwambara ipeti bazamuweho (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu basirikare baherutse kuzamurwa mu mapeti, mu cyiciro cy’Abofisiye bakuru, harimo abagore barindwi bahawe ipeti rya Colonel ari na ryo rikuru muri iki cyiciro, ubu banamaze kwambara iri peti.

Ni nyuma y’uko bazamuwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 19 Ukuboza 2023.

Mu cyiciro cy’Abajenerali, hazamuwe abasirikare 21, barimo bane bahawe ipeti rya Major General ndetse na 17 bazamuwe ku ipeti rya Brigadier General.

Ni mu gihe mu cyiciro cy’Abofisiye bakuru, hazamuwemo abasirikare 476, barimo 83 abazamuwe ku ipeti rya Colonel ari na ryo rikuru muri iki cyiciro, mu gihe abandi 98 bazamuwe ku ipeti rya Lieutenant Colonel ndetse na 295 bazamuwe ku ipeti rya Major.

Muri 83 bazamuwe ku ipeti rya Colonel, harimo barindwi b’abategarugori, ari na bo bahise baba aba mbere bagize iri peti b’igitsinagore mu Ngabo z’u Rwanda.

Aba bategarugori bazamuwe ku ipeti rya Colonel, barimo abasanzwe bazwi muri RDF, banamaze igihe kinini mu gisirikare ndetse barimo n’abarwanye urugamba rwo Kwibohora.

Barimo Colonel Bagwaneza Lydia umaze igihe ari umwe mu basirikare bo mu itsinda ririnda Umukuru w’Igihugu, hakaba Col Belina Kayirangwa, Colonel Seraphine Nyirasafari, Col Betty Dukuze, Col Lausanne Ingabire Nsengimana, Colonel Stella Uwineza, na Col Marie Claire Muragijimana.

Aba bategarugori babaye aba mbere bagize ipeti ryo hejuru muri RDF, rirangwa n’ikirangantego n’inyenyeri ebyiri ndetse n’ibirindi birango by’ibara ritukura bakunze kwita ibirokoro byambarwa ku ikora, bamaze kwambara aya mapeti yabo, kimwe n’abandi bose bazamuwe.

Col Bagwaneza
Col Belina Kayirangwa
Colonel Stella Uwineza
Colonel Seraphine Nyirasafari
Colonel Betty Dukuze
Colonel Lausanne Ingabire Nsengimana
Colonel Marie Claire Muragijimana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Abateguye igitaramo kizinjiza abantu muri Noheli bavuze udushya bahishiye abazacyitabira

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagaragaje aho ihagaze ku guha umugisha ‘Abatinganyi’ byemejwe na Papa

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagaragaje aho ihagaze ku guha umugisha ‘Abatinganyi’ byemejwe na Papa

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagaragaje aho ihagaze ku guha umugisha ‘Abatinganyi’ byemejwe na Papa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.