Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo

radiotv10by radiotv10
05/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha ikiraro gihuza Uturere twa Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko cyangijwe n’umugezi wa Ntontwe umwaka ushize, ku buryo bahora biteguye ko cyacikamo kabiri, mu gihe ubuyobozi budatanga icyizere cya vuba ku ikorwa ryacyo.

Abakoresha iki kiraro, ni abo mu Mirenge ihuza utu Turere, ya Nyakabuye na Karengera, bavuga ko batewe impungenge n’uburyo cyangiritse dore ko inkuta z’amabuye zigifashe ku mpande zombi zashegeshwe n’uyu mugezi.

Abakinyuraho bavuga ko uko kimeze ubu byashyira ubuzima mu kaga mu gihe gikoreshwa n’abatari bacye bashora imyaka mu isoko rya Nyakabuye.

Bazamvura Anselme wo muri Rusizi ati “Nta modoka yahanyura uretse amapikipiki na yo ahanyura yigengesereye.”

Iyakaremye Anastasie wo muri Nyamasheke na we ati “Cyari kidufatiye runini, kuko nkatwe bo muri Nyamasheke tuza guhahira mu Karere ka Rusizi. Nk’ubu nari nashoye ibijumba mu isoko rya Nyakabuye. Iki kiraro rero kidakozwe ntabwo imyaka yacu yakongera kwambuka.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko hakozwe ubuvugizi bwo kugira ngo iki kiraro gisanwe, gusa ntagaragaza igihe byazakorerwa, mu gihe abagikoresha babona bikwiye kujya mu byihutirwa.

Yagize ati “Kiri muri gahunda y’ibiraro bizakorwa, twakoze ubuvugizi muri RTDA kandi twizeye ko ku bw’ubufatanye dusanzwe tugirana, ubufasha twabasabye bazabutanga nk’uko bisanzwe.”

Igice cy’umuhanda cyo ku ruhande rwa Rusizi gikora kuri iki kiraro gisa n’ikigiye gucikamo kabiri ku buryo hari impungenge ko uyu mugezi niwongera kuzura ushobora gucamo umuhanda kabiri n’iki kiraro kikaba cyatwarwa n’amazi kuko inkuta zigifashe hakurya no hakuno zajegeye.

Iki kiraro cyarangiritse bikabije

Bafite impungenge ko isaha n’isaha cyagwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Pio Lionel says:
    4 months ago

    Biteye agahinda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 1 =

Previous Post

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Next Post

Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera

Related Posts

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

by radiotv10
28/07/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara baturiye ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo...

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
28/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

IZIHERUKA

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

28/07/2025
AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

28/07/2025
Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

28/07/2025
Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera

Urubyiruko rw'abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.