Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafungiye iby’ikirombe cyagwiriye abantu i Huye bamenyekanye barimo uwari Major

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu icumi (10) barimo Maj (Rtd) Paul Katabarwa n’abandi bigenjemo abayobozi mu nzego z’ibanze, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo bw’ibanga, cyagwiriye abantu batandatu mu Karere ka Huye.

Icyumweru n’iminsi birashize, iki kirombe giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kigwiriye abantu batandatu barimo abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye, bagicukuragamo, n’ubu bakaba bataraboneka.

Abo mu miryango y’aba bantu, bavuga ko icyizere cyo kuba bazaboneka bakiri bazima cyayoyotse burundu, bakavuga ko nibura iyaba babonekaga ngo babashyingure.

Ubwo iki rikombe cyagwiraga aba bantu, ubuyobozi kuva ku rwego rwo hasi kugera ku rw’Akarere, bwavugaga ko butari bukizi, mu gihe imirimo yo gucukura amabuye muri iki kirombe yujuje imyaka ine, kuko bivugwa ko yatangiye muri 2019.

Ubuyobozi kandi bwakunze kuvuga ko butazi na nyiri iki kirombe, ndetse na bamwe mu bagikoragamo, bakaba baravugaga ko bari bazi uwo bakorera kuko batari bakamuca iryera na rimwe.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwahise rutangira iperereza kuva iki kirombe cyagwira abantu, rwamaze guta muri yombi abantu icumi (10) bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’iki kirombe.

Aba bantu bakurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, barimo Major (Rtd) Paul Katabarwa, bakabamo wari umuyobozi w’imibereho myiza mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi, Maniraho Protais.

Barimo kandi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Uwamariya Jacqueline, ndetse n’abakoraga akazi ko gucukura muri iki kirombe cyagwiriye abantu, nka Uwimana Mussa, Ndacyayisenga Emmanuel, na Matebuka Jean.

Aba batawe muri yombi na RIB, bacumbikiwe kuri sitaziyo zitandukanye; zirimo iya Remera, iya Kicukuro ndetse n’iya Kimironko.

Uretse icyaha cy’ Ubwicanyi budaturutse ku bushake, aba bantu bakurikiranyweho n’icyaha cyo gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu bwite, n’icyaha cyo gukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyangwa Kariyeri nta ruhushya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eleven =

Previous Post

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Next Post

Impinduka mu buyobozi bw’ikipe y’urwego rumwe rw’umutekano mu Rwanda zizanyemo umunyapolitiki uzwi

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka mu buyobozi bw’ikipe y’urwego rumwe rw’umutekano mu Rwanda zizanyemo umunyapolitiki uzwi

Impinduka mu buyobozi bw’ikipe y’urwego rumwe rw’umutekano mu Rwanda zizanyemo umunyapolitiki uzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.