Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafungiye iby’ikirombe cyagwiriye abantu i Huye bamenyekanye barimo uwari Major

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu icumi (10) barimo Maj (Rtd) Paul Katabarwa n’abandi bigenjemo abayobozi mu nzego z’ibanze, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo bw’ibanga, cyagwiriye abantu batandatu mu Karere ka Huye.

Icyumweru n’iminsi birashize, iki kirombe giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kigwiriye abantu batandatu barimo abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye, bagicukuragamo, n’ubu bakaba bataraboneka.

Abo mu miryango y’aba bantu, bavuga ko icyizere cyo kuba bazaboneka bakiri bazima cyayoyotse burundu, bakavuga ko nibura iyaba babonekaga ngo babashyingure.

Ubwo iki rikombe cyagwiraga aba bantu, ubuyobozi kuva ku rwego rwo hasi kugera ku rw’Akarere, bwavugaga ko butari bukizi, mu gihe imirimo yo gucukura amabuye muri iki kirombe yujuje imyaka ine, kuko bivugwa ko yatangiye muri 2019.

Ubuyobozi kandi bwakunze kuvuga ko butazi na nyiri iki kirombe, ndetse na bamwe mu bagikoragamo, bakaba baravugaga ko bari bazi uwo bakorera kuko batari bakamuca iryera na rimwe.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwahise rutangira iperereza kuva iki kirombe cyagwira abantu, rwamaze guta muri yombi abantu icumi (10) bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’iki kirombe.

Aba bantu bakurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, barimo Major (Rtd) Paul Katabarwa, bakabamo wari umuyobozi w’imibereho myiza mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi, Maniraho Protais.

Barimo kandi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Uwamariya Jacqueline, ndetse n’abakoraga akazi ko gucukura muri iki kirombe cyagwiriye abantu, nka Uwimana Mussa, Ndacyayisenga Emmanuel, na Matebuka Jean.

Aba batawe muri yombi na RIB, bacumbikiwe kuri sitaziyo zitandukanye; zirimo iya Remera, iya Kicukuro ndetse n’iya Kimironko.

Uretse icyaha cy’ Ubwicanyi budaturutse ku bushake, aba bantu bakurikiranyweho n’icyaha cyo gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu bwite, n’icyaha cyo gukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyangwa Kariyeri nta ruhushya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + seventeen =

Previous Post

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Next Post

Impinduka mu buyobozi bw’ikipe y’urwego rumwe rw’umutekano mu Rwanda zizanyemo umunyapolitiki uzwi

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka mu buyobozi bw’ikipe y’urwego rumwe rw’umutekano mu Rwanda zizanyemo umunyapolitiki uzwi

Impinduka mu buyobozi bw’ikipe y’urwego rumwe rw’umutekano mu Rwanda zizanyemo umunyapolitiki uzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.