Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

radiotv10by radiotv10
19/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bavuga ko nubwo imvura yaguye, ariko bakiyishidikanyaho bityo ko batapfa guhita batera imyaka kuko ishobora guhita icika, mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, kibamara impungenge ko imvura igihari. 

Iminsi 15 irashize imvura igwa mu bice bitandukanye by’Igihugu, yanagombye gutuma abahinzi bafatirana, bagatangira gutera imyaka hakiri kare.

Gusa bamwe mu bahinzi barashidikanya kuri iyi mvura, bavuga ko ishobora kubashitura gutya ariko ikazahita icika, bityo ko batapfa guhita batera imyaka.

Umwe ati “Si ndi muto cyane na we urabibona. Ntabwo imvura isanzwe igwa muri uku kwezi. Ushobora gutera imyaka; imvura ikagenda bitarera. None se ubu nteye ubunyobwa inzukira zikaburya wazampa imbuto?”

Uyu muturage avuga kandi uretse n’uku gushidikanya ku mvura, bamwe mu bahinzi banafite ikibazo cy’imbuto n’ifumbire biraboneka.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu Gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi RAB, Dr Telesphore Ndabamenye avuga ko urwego rushizwe gutanga ibipimo by’imvura iteganyijwe; rucyemeza ko imvura izagwa kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2023, bityo ko abahinzi badakwiye kugira impungenge.

Ati “Umuhinzi ntabwo twavuga ngo ibipimo byamushuka, ahubwo twamukangurira guhinga kare agatera. Uwo muhinzi twamumara impungenge ahubwo twamukangurira kujya mu murima agahinga. Ntagukekeranya guhari.”

Uyu muyobozi wa RAB yemera ko abahinzi bose batarabona imbuto n’ifumbire, ariko ko n’abo bitarageraho, umusibo ari ejo cyangwa ejobundi.

Ati “Barayibonye ariko ntibaragerwaho bose. Ubundi unakurikije uko bagenda bahinga; igihingwa cyabanje ni umuceri, hakurikiraho ibirayi, ibigori, ibishyimbo n’ibindi byose.”

RAB ishimangira ko igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2023-2024 kizibanda ku bihingwa bikenerwa kuruta ibindi nk’umuceri, ibigori, ibirayi n’imyumbati, bisanzwe ari n’ibihingwa bishobora kwihanganira impinduka zose zishobora kubaho.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)

Next Post

Amakuru mashya y’igishobora kuba cyahitanye umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya y’igishobora kuba cyahitanye umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada

Amakuru mashya y’igishobora kuba cyahitanye umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.