Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

radiotv10by radiotv10
19/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bavuga ko nubwo imvura yaguye, ariko bakiyishidikanyaho bityo ko batapfa guhita batera imyaka kuko ishobora guhita icika, mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, kibamara impungenge ko imvura igihari. 

Iminsi 15 irashize imvura igwa mu bice bitandukanye by’Igihugu, yanagombye gutuma abahinzi bafatirana, bagatangira gutera imyaka hakiri kare.

Gusa bamwe mu bahinzi barashidikanya kuri iyi mvura, bavuga ko ishobora kubashitura gutya ariko ikazahita icika, bityo ko batapfa guhita batera imyaka.

Umwe ati “Si ndi muto cyane na we urabibona. Ntabwo imvura isanzwe igwa muri uku kwezi. Ushobora gutera imyaka; imvura ikagenda bitarera. None se ubu nteye ubunyobwa inzukira zikaburya wazampa imbuto?”

Uyu muturage avuga kandi uretse n’uku gushidikanya ku mvura, bamwe mu bahinzi banafite ikibazo cy’imbuto n’ifumbire biraboneka.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu Gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi RAB, Dr Telesphore Ndabamenye avuga ko urwego rushizwe gutanga ibipimo by’imvura iteganyijwe; rucyemeza ko imvura izagwa kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2023, bityo ko abahinzi badakwiye kugira impungenge.

Ati “Umuhinzi ntabwo twavuga ngo ibipimo byamushuka, ahubwo twamukangurira guhinga kare agatera. Uwo muhinzi twamumara impungenge ahubwo twamukangurira kujya mu murima agahinga. Ntagukekeranya guhari.”

Uyu muyobozi wa RAB yemera ko abahinzi bose batarabona imbuto n’ifumbire, ariko ko n’abo bitarageraho, umusibo ari ejo cyangwa ejobundi.

Ati “Barayibonye ariko ntibaragerwaho bose. Ubundi unakurikije uko bagenda bahinga; igihingwa cyabanje ni umuceri, hakurikiraho ibirayi, ibigori, ibishyimbo n’ibindi byose.”

RAB ishimangira ko igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2023-2024 kizibanda ku bihingwa bikenerwa kuruta ibindi nk’umuceri, ibigori, ibirayi n’imyumbati, bisanzwe ari n’ibihingwa bishobora kwihanganira impinduka zose zishobora kubaho.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 14 =

Previous Post

Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)

Next Post

Amakuru mashya y’igishobora kuba cyahitanye umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya y’igishobora kuba cyahitanye umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada

Amakuru mashya y’igishobora kuba cyahitanye umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.