• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in Uncategorized
0
Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakekwaho ubujura bw’intama n’inzoga bwakorewe mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Rusizi, ubwo bamaraga gutahurwa nyuma y’uko basanze babihishe mu mwobo, bakijijwe n’amaguru bayabangira ingata.

Ni ubujura bwakozwe mu Murenge wa Gihundwe n’uwa Nkanka, mu ijoro rimwe; ahibwe itungo ry’intama ndetse n’amakaziye y’inzoga, bimwe bikaza gusangwa mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe.

Mukantaganzwa wo muri Giundwe wibwe intama yaburaga amezi abiri ngo ibyare, yavuze ko mu rukerere yashidutse asanga itungo rye ridahari agahita atabaza abaturanyi bakurikirana aho yarengeye bagasanga ryamaze kubagwa.

Yagize ati “Bageze inyuma y’urugo bayicira aho, nanjye mbyuka saa kumi mbona amaraso, ntabaza abaturage bakurikira aho amaraso yagiye ajojoba inzira yose basanga bamaze kuyibaga.”

Byiringiro Leopord wafashwe akekwaho ubu bujura agahita yemera uruhare rwe mu kwiba iyi ntama, yanatanze amakuru kuri bagenzi be bibye amakaziye atanu y’inzoga mu Murenge wa Nkanka bakayahisha mu mwobo.

Yagize ati “Umwe yari yaratubwiye ngo hari ahantu azi intama, twagiye Hakim arakingura, Ishimwe aba arayisohoye, David aba ayikubise umupanga nanjye mba ndayishishuye.”

Uyu ukekwaho ubujura, avuga ko bagenzi be bari bamaze kwiba inzoga bari batangiye kuzinywa, izindi bazihisha mu mwobo.

Abaturage bo muri Nkanka baje bakurikiye abari bamaze kwiba inzoga bakaza kuzisanga mu mwobo, banenga imikorere y’irondo ndetse no kuba abajura bafatwa bugacya barekurwa.

Habarurema Aloys yagize ati “Twamaze kubagota batubwira ko batumena impanga, tugeze hepfo tubona abantu babagiye intama, dukomeza dushakisha tubona umwobo munini upfutse, turebye dusangamo amakesi atanu.”

Bamwe mu baturage bavuga kandi ko umwe mu bafashwe bakekwaho ubu bujura, yababwiye ko “akorana n’abapolisi, akavuga ko n’iyo twamujyana ari iminota micye akagaruka, kandi koko n’ubundi turamufata hashira icyumweru akagaruka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux ashimira abaturage uruhare bagize mu ifatwa rya bamwe mu bakekwa ubu bujura, ndetse akavuga ko abahise bacika bakomeje gushakishwa n’inzego zibishinzwe.

Uwabanje gufatwa ni we watanze amakuru yatumye hatahurwa abandi
Bari bibye amakaziye atanu y’inzoga
Zimwe bari bazitabye mu mwobo

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo by’ikipe akunda yanyagiye indi ikomeye

Next Post

Palestine: Imibiri myinshi y’abantu yatahuwe mu Bitaro yatumye hatangwa itegeko ryihuse

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Palestine: Imibiri myinshi y’abantu yatahuwe mu Bitaro yatumye hatangwa itegeko ryihuse

Palestine: Imibiri myinshi y'abantu yatahuwe mu Bitaro yatumye hatangwa itegeko ryihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.