Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’ikipe Bugesera FC bakoze igisa no kwigaragambya banga gukora imyitozo kubera ikibazo cy’imishahara bavuga ko batishyuwe.

Ubwo Abatoza bageraga ku kibuga cy’imyitozo kuri uyu wa 4, bahahuriye n’abakinnyi bose nk’uko byari bisanzwe ariko Abakinnyi bahita bamenyesha abatoza ko nta myitozo bari bukore kugeza igihe ubuyobozi bw’ikipe bukemuriye ikibazo cy’imishahara.
Abakinnyi barishyuza ibirarane by’amezi 3, gusa tariki ya 15 z’uku kwa 3, ibirarane bizuzura amezi 4.

Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC, bwemereye Radio/TV10 ko koko hari ibirarane by’imishahara y’amezi 3 bubereyemo abakinnyi ariko bari bababwiye ko bazabahemba bavuye mu kiruhuko gito cy’ikipe y’igihugu(international break) kiri muri uku kwezi kwa 3, bityo batari bakwiye guhagarika akazi.

“Amafaranga duhemba ikipe ari mu byiciro 2, hari atangwa ku ngengo y’imari isanzwe asohoka mu kwezi kwa 8, n’atangwa ku ngengo y’imari ivuguruye yo mu kwezi kwa mbere, ayo mu kwa mbere rero ntarasohoka” Gahigi Jean Claude, Perezida wa BUGESERA FC aganira na Radio/TV10.
Gahigi yakomeje avuga ko bitari bikwiye ko Abakinnyi banga gukora imyitozo, kuko iyo hari umukinnyi ufite ikibazo cyihutirwa yandikira ubuyobozi bukamuha amafaranga aba yifashisha, akazayakatwa mu gihe azaba yahembwe.

Ikibazo cy’imishahara mu ikipe ya Bugesera si ubwa mbere kivuzwe, cyane ko mu mwaka ushize w’imikino iyi kipe yagejeje ku mezi 5 idahemba, icyakora nyuma iyi mishahara Abakinnyi baza kuyihemberwa rimwe.

Ibi bibaye mu gihe iyi kipe iri kwitegura umukino wa shampiyona w’umunsi wa 20 aho izasura Musanze FC kuri Stade Ubworoherane.

Bugesera FC imaze imyaka 3 irwana no kutanuka mu cyiciro cya 2, ubu iri ku mwanya wa 9 n’amanota 23.

Jean Claude HITIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

Next Post

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.