Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’ikipe Bugesera FC bakoze igisa no kwigaragambya banga gukora imyitozo kubera ikibazo cy’imishahara bavuga ko batishyuwe.

Ubwo Abatoza bageraga ku kibuga cy’imyitozo kuri uyu wa 4, bahahuriye n’abakinnyi bose nk’uko byari bisanzwe ariko Abakinnyi bahita bamenyesha abatoza ko nta myitozo bari bukore kugeza igihe ubuyobozi bw’ikipe bukemuriye ikibazo cy’imishahara.
Abakinnyi barishyuza ibirarane by’amezi 3, gusa tariki ya 15 z’uku kwa 3, ibirarane bizuzura amezi 4.

Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC, bwemereye Radio/TV10 ko koko hari ibirarane by’imishahara y’amezi 3 bubereyemo abakinnyi ariko bari bababwiye ko bazabahemba bavuye mu kiruhuko gito cy’ikipe y’igihugu(international break) kiri muri uku kwezi kwa 3, bityo batari bakwiye guhagarika akazi.

“Amafaranga duhemba ikipe ari mu byiciro 2, hari atangwa ku ngengo y’imari isanzwe asohoka mu kwezi kwa 8, n’atangwa ku ngengo y’imari ivuguruye yo mu kwezi kwa mbere, ayo mu kwa mbere rero ntarasohoka” Gahigi Jean Claude, Perezida wa BUGESERA FC aganira na Radio/TV10.
Gahigi yakomeje avuga ko bitari bikwiye ko Abakinnyi banga gukora imyitozo, kuko iyo hari umukinnyi ufite ikibazo cyihutirwa yandikira ubuyobozi bukamuha amafaranga aba yifashisha, akazayakatwa mu gihe azaba yahembwe.

Ikibazo cy’imishahara mu ikipe ya Bugesera si ubwa mbere kivuzwe, cyane ko mu mwaka ushize w’imikino iyi kipe yagejeje ku mezi 5 idahemba, icyakora nyuma iyi mishahara Abakinnyi baza kuyihemberwa rimwe.

Ibi bibaye mu gihe iyi kipe iri kwitegura umukino wa shampiyona w’umunsi wa 20 aho izasura Musanze FC kuri Stade Ubworoherane.

Bugesera FC imaze imyaka 3 irwana no kutanuka mu cyiciro cya 2, ubu iri ku mwanya wa 9 n’amanota 23.

Jean Claude HITIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + eighteen =

Previous Post

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

Next Post

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.