Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka muri Egypt, batangiye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa mbere.

Rayon Sports, ikomeje urugamba rwo gushaka uko yakongera imbaraga mu ikipe isanzwe, nyuma y’aho bigaragaye ko isoko ryo mu mpeshyi ishize ritaremwe neza bityo ikipe ikaba ikeneye abandi bakinnyi.

Kagawa Ssenoga w’imyaka 24, ni Umukinnyi wari ufite amasezerano muri Express azageza mu kwa mbere kwa 2027, gusa ikipe ya Rayon Sports yamutumijeho kugira ngo aze akore imyitozo banaganire, mu gihe bakumvikana igahita igura amasezerano ye.

Uyu Musore ubusanzwe udahamagarwa mu ikipe y’igihugu nkuru ya Uganda Cranes, yari amaze gutsinda ibitego 6 mu mikino 10 ya shampiyona ya Uganda, aho ikipe ye ubu iri ku mwanya wa 9 mu makipe 16 mu mikino 10 ya shampiyona imaze gukinwa.

Muhammad Ssenoga Kagawa ukina imbere ku ruhande rw’ibumoso, amakuru ahari avuga ko ari James Jimmy Kidega wigeze gukinira Rayon Sports wamurangiye ubuyobozi bw’iyi kipe.
Mu gihe bakumvikana, yaba ari umwe mu bakinnyi benshi bakomoka muri Uganda bakiniye Rayon Sports barimo Mussa Esenu, Charles Bbaale, Simon Tamale, Joachiam Ojera, Yassin Mugume, Davis Kasirye, Mike Sserumaga

Undi mukinnyi mushya wagaragaye mu myitozo mu Nzove mu igeragezwa, ni Umunya-Misiri
Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa w’imyaka 26, akaba akinisha ukuguru kw’imoso, aca ku ruhande rw’imbere iburyo aho bakunze kwita kuri 7.

Aba bakinnyi bashya bariyongera kuri Faustin Likau Kitoko Pizarro, Umunye-Congo Kinshasa ukina hagati yugarira, akinira ikipe ya Flambeau du Centre mu gihugu cy’i Burundi anaheruka mu Rwanda kumvikana na Rayon Sports, nta gihindutse akazaza kuyikinira mu kwezi kwa mbere.

Rayon Sports, ubu iri ku mwanya wa 5 n’amanota 17 ku rutonde rwa shampiyona, imaze gukina imikino 11, mu gihe irushwa na Police FC ya mbere amanota 9 gusa yo ikaba imaze gukina imikino 12.

Umunyamisiri Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa yatangiye imyitozo muri Rayon

Umunya-Uganda Muhamed Kagawa Ssenoga na we yatangiye imyitozo

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.