Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi b’ikipe iri mu zizwi mu Rwanda bakoze igikorwa kiyigaragariza ko batishimye

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi b’ikipe iri mu zizwi mu Rwanda bakoze igikorwa kiyigaragariza ko batishimye
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi ba Kiyovu Sports ihagaze nabi muri iyi minsi, banze gukora imyitozo kubera ibirarane by’imishahara y’amezi atatu bayishyuza, mu gihe habura iminsi ibiri iyi kipe igakina umukino w’umunsi wa 22 wa Shampiyona.

Aba bakinnyi bafashe iki cyemezo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, banga kujya mu kibuga ngo bakore imyitozo kubera ibirarane by’imishahara y’amezi atatu baberewemo.

Kiyovu Sports iri kwitegura umukino wa Police FC w’umunsi wa 22 wa shampiyona, bakinnyi bayo bahisemo kwanga kwitabira imyitozo ya nyuma yitegura uyu mukino.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami rya Siporo, avuga ko abakinnyi bari kwishyuza imishahara y’amezi atatu baberewemo, kandi ko batiteguye kuzakina na Police FC igihe cyose ubuyobozi bwabo butagize icyo bubikoraho.

Kiyovu Sports iri kurwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, ubu ikaba iri mu makipe abiri ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Uku kudakora imyitozo kw’abakinnyi ndetse n’umwuka uvugwa muri iyi kipe, mubi bishobora gutuma imanuka mu cyiciro cya Kabiri nk’uko bamwe mu basesengura ibya ruhago y’u Rwanda babivuga.

Ubuzima bubi Kiyovu Sports irimo bwatewe n’ibihano yafatiwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amahuru ku Isi FIFA byo kutandikisha abakinnyi bashya kubera kunyuranya n’amategeko mu myaka yashize.

Aime Augstin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − ten =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku mukinnyi wo muri Kenya wavuzweho nk’ibiherutse kumvikana mu Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar

Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.