Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu

radiotv10by radiotv10
29/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi b’abaraperi, Riderman na Fireman bari mu bakunzwe n’abatari bacye mu Rwanda, bagiye gushyira hanze EP y’indirimbo 10 bahuriyeho, nyuma yuko uyu muhanzi Riderman afatanyije na Bull Dog bari baherutse gushyira hanze album yiswe ‘Icyumba cy’Amategeko’ mu gitaramo cyasendeje ibyishimo mu bacyitabiriye.

Iyi EP ihuriweho na Riderman na Fireman, bayise ‘LIGAKI’ cyangwa se ‘Umurwa w’Indwanyi’, igiye kujya hanze nyuma yuko hari abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda byumwihariko abakunzi b’aba bahanzi, basabye kenshi kumva ibihangano bahuriyeho.

Riderman agiye gusohora iyi EP, nyuma yuko agaragarijwe ibyishimo bidasanzwe ubwo hamurikwaga album ‘Icyumba cy’Amategeko’ ahuriyeho n’umuhanzi w’umuraperi Bull Dog.

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda, bamaze igihe kuvuga ko byaba byiza humvukanye ibindi bihangano birimo Fireman kuko bashimangira ko ari umwe mu beza muzika nyarwanda ifite.

Uretse ibi bivugwa n’abakunzi b’aba baraperi, Riderman agitangaza aya makuru yongeye kubishimangira avuga ati “Nakoranye na Fireman kuko ari umuhanga cyane, kandi nta ndirimbo twari dufitanye kuva twatangira gukora umuziki.”

Kudakorana indirimbo kw’aba baraperi bari mu beza mu Rwanda, byaterwaga no guhangana kwakunze kubaho hagati y’abahanzi mu kiragano kimwe.

Riderman yakoze umuziki yikorana kuva yatangira uyu mwuga, mu gihe Fireman bagiye gukora yabyirukanye n’itsinda rya Tuff Gang ryakunze kumvikanaho guhangana hagati yaryo n’uyu muhanzi Riderman.

Iyi EP izaba ihuriweho hagati ya Riderman na Fireman, izanatanga igisubizo ku bari bakomeje kwibaza ko haba hakiri inzigo hagati y’aba bahanzi cyangwa hakiriho guhangana.

Umuraperi Riderman
Mugenzi we Fireman

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriye n’Umukuru w’Igihugu cya Guinea-Bissau ubaye uwa kabiri yakiriye nyuma y’icyumweru

Next Post

Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.