Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu

radiotv10by radiotv10
29/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi b’abaraperi, Riderman na Fireman bari mu bakunzwe n’abatari bacye mu Rwanda, bagiye gushyira hanze EP y’indirimbo 10 bahuriyeho, nyuma yuko uyu muhanzi Riderman afatanyije na Bull Dog bari baherutse gushyira hanze album yiswe ‘Icyumba cy’Amategeko’ mu gitaramo cyasendeje ibyishimo mu bacyitabiriye.

Iyi EP ihuriweho na Riderman na Fireman, bayise ‘LIGAKI’ cyangwa se ‘Umurwa w’Indwanyi’, igiye kujya hanze nyuma yuko hari abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda byumwihariko abakunzi b’aba bahanzi, basabye kenshi kumva ibihangano bahuriyeho.

Riderman agiye gusohora iyi EP, nyuma yuko agaragarijwe ibyishimo bidasanzwe ubwo hamurikwaga album ‘Icyumba cy’Amategeko’ ahuriyeho n’umuhanzi w’umuraperi Bull Dog.

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda, bamaze igihe kuvuga ko byaba byiza humvukanye ibindi bihangano birimo Fireman kuko bashimangira ko ari umwe mu beza muzika nyarwanda ifite.

Uretse ibi bivugwa n’abakunzi b’aba baraperi, Riderman agitangaza aya makuru yongeye kubishimangira avuga ati “Nakoranye na Fireman kuko ari umuhanga cyane, kandi nta ndirimbo twari dufitanye kuva twatangira gukora umuziki.”

Kudakorana indirimbo kw’aba baraperi bari mu beza mu Rwanda, byaterwaga no guhangana kwakunze kubaho hagati y’abahanzi mu kiragano kimwe.

Riderman yakoze umuziki yikorana kuva yatangira uyu mwuga, mu gihe Fireman bagiye gukora yabyirukanye n’itsinda rya Tuff Gang ryakunze kumvikanaho guhangana hagati yaryo n’uyu muhanzi Riderman.

Iyi EP izaba ihuriweho hagati ya Riderman na Fireman, izanatanga igisubizo ku bari bakomeje kwibaza ko haba hakiri inzigo hagati y’aba bahanzi cyangwa hakiriho guhangana.

Umuraperi Riderman
Mugenzi we Fireman

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 17 =

Previous Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriye n’Umukuru w’Igihugu cya Guinea-Bissau ubaye uwa kabiri yakiriye nyuma y’icyumweru

Next Post

Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera
AMAHANGA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.