Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu

radiotv10by radiotv10
29/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi b’abaraperi, Riderman na Fireman bari mu bakunzwe n’abatari bacye mu Rwanda, bagiye gushyira hanze EP y’indirimbo 10 bahuriyeho, nyuma yuko uyu muhanzi Riderman afatanyije na Bull Dog bari baherutse gushyira hanze album yiswe ‘Icyumba cy’Amategeko’ mu gitaramo cyasendeje ibyishimo mu bacyitabiriye.

Iyi EP ihuriweho na Riderman na Fireman, bayise ‘LIGAKI’ cyangwa se ‘Umurwa w’Indwanyi’, igiye kujya hanze nyuma yuko hari abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda byumwihariko abakunzi b’aba bahanzi, basabye kenshi kumva ibihangano bahuriyeho.

Riderman agiye gusohora iyi EP, nyuma yuko agaragarijwe ibyishimo bidasanzwe ubwo hamurikwaga album ‘Icyumba cy’Amategeko’ ahuriyeho n’umuhanzi w’umuraperi Bull Dog.

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda, bamaze igihe kuvuga ko byaba byiza humvukanye ibindi bihangano birimo Fireman kuko bashimangira ko ari umwe mu beza muzika nyarwanda ifite.

Uretse ibi bivugwa n’abakunzi b’aba baraperi, Riderman agitangaza aya makuru yongeye kubishimangira avuga ati “Nakoranye na Fireman kuko ari umuhanga cyane, kandi nta ndirimbo twari dufitanye kuva twatangira gukora umuziki.”

Kudakorana indirimbo kw’aba baraperi bari mu beza mu Rwanda, byaterwaga no guhangana kwakunze kubaho hagati y’abahanzi mu kiragano kimwe.

Riderman yakoze umuziki yikorana kuva yatangira uyu mwuga, mu gihe Fireman bagiye gukora yabyirukanye n’itsinda rya Tuff Gang ryakunze kumvikanaho guhangana hagati yaryo n’uyu muhanzi Riderman.

Iyi EP izaba ihuriweho hagati ya Riderman na Fireman, izanatanga igisubizo ku bari bakomeje kwibaza ko haba hakiri inzigo hagati y’aba bahanzi cyangwa hakiriho guhangana.

Umuraperi Riderman
Mugenzi we Fireman

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 9 =

Previous Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriye n’Umukuru w’Igihugu cya Guinea-Bissau ubaye uwa kabiri yakiriye nyuma y’icyumweru

Next Post

Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.