Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA
1
Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyumweru bibiri abamotari basabwe kujya bacana amatara igihe cyose no ku manywa, bamwe bataka ibihombo bari guterwa n’amatara ashya ubutitsa biturutse ku kuyacana ku manywa, bakavuga ko batumva icyo baba bamurika ku manywa y’ihangu, kuko baba babona.

Hashize ibyumweru bibiri Polisi y’igihugu itangiye umukwabu wo guhana abatwara abagenzi badacana amatara y’ibinyabiziga mu bihe biteganywa n’amategeko.

Bamwe mu Bamotari baganiriye na RADIOTV10 bavuga ko batumva impamvu basabwa gucana amatara ku manywa y’ihangu, ngo bibaza icyo baba bamurika bikabayobera.

Umwe ati “Ko ku manywa tuba tuhareba, badusaba ngo ducane amatara y’iki? Ubwo si ukudushakamo amafaranga?”

Bavuga ko kwibaza icyo gucana amatara ku manywa bifasha mu muhanda atari cyo kibazo bafite, ahubwo ngo igikuru kinabazengereje ari ibihombo baterwa n’iryo tegeko kuko amatara ashya ubutitsa, nyamara ahenda cyane

Undi ati “Njyewe ampure imaze gushya, ubu sinshobora guhaguruka aha i Nyamirambo ntarabona umutekinisiye ngo ngure indi ayishyiremo, kandi urabona ko ari mu gitondo nta n’amafaranga ndabona.”

Undi ati “Muri iki cyumweru maze guhisha ampure eshatu, kandi imwe igura 3 500 Frw. Nawe wumve buri munsi ninzajya ngura ampure nkongeraho n’ayo kuyishyirishamo icyo nzajya ntahana.”

Yakomeje avuga ko kubera ubushyuhe, ayo matara aba asanganywe buhura n’ubwo ku manywa bigahita bitwika ampure.

Undi ati “Rwose badufashe bace inkoni izamba nibura tujye tuyacana guhera saa kumi n’imwe kugeza mu gitondo, ariko badutabare badukure mu bihombo turi guterwa no gucana amatara ku manywa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera avuga ko aya mabwiriza yo gucana amatara kuri moto igihe cyose, atari bishya, kuko bisanzwe mu mategeko y’umuhanda.

Yagize ati “Amategeko asaba ko bacana matara, cyane abamotari bo bagomba kuyacana igihe cyose, yaba ku manywa cyangwa nijoro, ibyo rero bagomba kubyumva kuko ni ko bisabwa n’itegeko, umunsi itegeko ryahindutse tuzabasaba ibitandukanye, ariko kugeza ubu itegeko riigomba kubahirizwa.”

Mu minsi 14 uyu mukwabu utangiye, Polisi ivuga ko imaze gufata ibinyabiziga bisaga 360 birimo moto 160 z’abamotari bafatwa batacanye amatara ku manywa.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Haragirimana Alexander says:
    2 years ago

    Umuntu utarasomye amategeko yumuganda niwe wibaza ibyo mwigazet bazasome

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we

Next Post

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.