Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA
1
Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyumweru bibiri abamotari basabwe kujya bacana amatara igihe cyose no ku manywa, bamwe bataka ibihombo bari guterwa n’amatara ashya ubutitsa biturutse ku kuyacana ku manywa, bakavuga ko batumva icyo baba bamurika ku manywa y’ihangu, kuko baba babona.

Hashize ibyumweru bibiri Polisi y’igihugu itangiye umukwabu wo guhana abatwara abagenzi badacana amatara y’ibinyabiziga mu bihe biteganywa n’amategeko.

Bamwe mu Bamotari baganiriye na RADIOTV10 bavuga ko batumva impamvu basabwa gucana amatara ku manywa y’ihangu, ngo bibaza icyo baba bamurika bikabayobera.

Umwe ati “Ko ku manywa tuba tuhareba, badusaba ngo ducane amatara y’iki? Ubwo si ukudushakamo amafaranga?”

Bavuga ko kwibaza icyo gucana amatara ku manywa bifasha mu muhanda atari cyo kibazo bafite, ahubwo ngo igikuru kinabazengereje ari ibihombo baterwa n’iryo tegeko kuko amatara ashya ubutitsa, nyamara ahenda cyane

Undi ati “Njyewe ampure imaze gushya, ubu sinshobora guhaguruka aha i Nyamirambo ntarabona umutekinisiye ngo ngure indi ayishyiremo, kandi urabona ko ari mu gitondo nta n’amafaranga ndabona.”

Undi ati “Muri iki cyumweru maze guhisha ampure eshatu, kandi imwe igura 3 500 Frw. Nawe wumve buri munsi ninzajya ngura ampure nkongeraho n’ayo kuyishyirishamo icyo nzajya ntahana.”

Yakomeje avuga ko kubera ubushyuhe, ayo matara aba asanganywe buhura n’ubwo ku manywa bigahita bitwika ampure.

Undi ati “Rwose badufashe bace inkoni izamba nibura tujye tuyacana guhera saa kumi n’imwe kugeza mu gitondo, ariko badutabare badukure mu bihombo turi guterwa no gucana amatara ku manywa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera avuga ko aya mabwiriza yo gucana amatara kuri moto igihe cyose, atari bishya, kuko bisanzwe mu mategeko y’umuhanda.

Yagize ati “Amategeko asaba ko bacana matara, cyane abamotari bo bagomba kuyacana igihe cyose, yaba ku manywa cyangwa nijoro, ibyo rero bagomba kubyumva kuko ni ko bisabwa n’itegeko, umunsi itegeko ryahindutse tuzabasaba ibitandukanye, ariko kugeza ubu itegeko riigomba kubahirizwa.”

Mu minsi 14 uyu mukwabu utangiye, Polisi ivuga ko imaze gufata ibinyabiziga bisaga 360 birimo moto 160 z’abamotari bafatwa batacanye amatara ku manywa.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Haragirimana Alexander says:
    2 years ago

    Umuntu utarasomye amategeko yumuganda niwe wibaza ibyo mwigazet bazasome

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + nine =

Previous Post

Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we

Next Post

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw
MU RWANDA

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.