Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA
1
Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyumweru bibiri abamotari basabwe kujya bacana amatara igihe cyose no ku manywa, bamwe bataka ibihombo bari guterwa n’amatara ashya ubutitsa biturutse ku kuyacana ku manywa, bakavuga ko batumva icyo baba bamurika ku manywa y’ihangu, kuko baba babona.

Hashize ibyumweru bibiri Polisi y’igihugu itangiye umukwabu wo guhana abatwara abagenzi badacana amatara y’ibinyabiziga mu bihe biteganywa n’amategeko.

Bamwe mu Bamotari baganiriye na RADIOTV10 bavuga ko batumva impamvu basabwa gucana amatara ku manywa y’ihangu, ngo bibaza icyo baba bamurika bikabayobera.

Umwe ati “Ko ku manywa tuba tuhareba, badusaba ngo ducane amatara y’iki? Ubwo si ukudushakamo amafaranga?”

Bavuga ko kwibaza icyo gucana amatara ku manywa bifasha mu muhanda atari cyo kibazo bafite, ahubwo ngo igikuru kinabazengereje ari ibihombo baterwa n’iryo tegeko kuko amatara ashya ubutitsa, nyamara ahenda cyane

Undi ati “Njyewe ampure imaze gushya, ubu sinshobora guhaguruka aha i Nyamirambo ntarabona umutekinisiye ngo ngure indi ayishyiremo, kandi urabona ko ari mu gitondo nta n’amafaranga ndabona.”

Undi ati “Muri iki cyumweru maze guhisha ampure eshatu, kandi imwe igura 3 500 Frw. Nawe wumve buri munsi ninzajya ngura ampure nkongeraho n’ayo kuyishyirishamo icyo nzajya ntahana.”

Yakomeje avuga ko kubera ubushyuhe, ayo matara aba asanganywe buhura n’ubwo ku manywa bigahita bitwika ampure.

Undi ati “Rwose badufashe bace inkoni izamba nibura tujye tuyacana guhera saa kumi n’imwe kugeza mu gitondo, ariko badutabare badukure mu bihombo turi guterwa no gucana amatara ku manywa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera avuga ko aya mabwiriza yo gucana amatara kuri moto igihe cyose, atari bishya, kuko bisanzwe mu mategeko y’umuhanda.

Yagize ati “Amategeko asaba ko bacana matara, cyane abamotari bo bagomba kuyacana igihe cyose, yaba ku manywa cyangwa nijoro, ibyo rero bagomba kubyumva kuko ni ko bisabwa n’itegeko, umunsi itegeko ryahindutse tuzabasaba ibitandukanye, ariko kugeza ubu itegeko riigomba kubahirizwa.”

Mu minsi 14 uyu mukwabu utangiye, Polisi ivuga ko imaze gufata ibinyabiziga bisaga 360 birimo moto 160 z’abamotari bafatwa batacanye amatara ku manywa.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Haragirimana Alexander says:
    2 years ago

    Umuntu utarasomye amategeko yumuganda niwe wibaza ibyo mwigazet bazasome

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nine =

Previous Post

Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we

Next Post

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.