Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in MU RWANDA
0
Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abamugariye ku rugamba  bavuga ko  bashima Leta  uburyo yakoze ibishoboka byose ikabakura mu kubafasha ariko barasaba  ko amafaranga bahabwa yo kubatunga yakongerwa kuko atakijyanye n’imihahire ku isoko kuko ubuzima bwahenze. Komisiyo yo gusubiza mubuzima busanzwe abasezerewe ku rugamba yavuze ko izi iki kibazo kandi ngo batangiye gukora ubuvugizi ngo gikemuke.

Tariki  ya 04 Nyakanga u Rwanda rwizihiza umunsi wo kwibohora ni umunsi hongera gutekezwa ku bagize uruhare bose mu kubohora u Rwanda muri bo harimo n’abamugariye ku rugamba. Abo RadioTV10  yasuye bavuga ko baticuza icyatumye bajya ku rugamba n’ubwo bahatakarije zimwe mu ngingo zabo. Kuri ubu bishimira aho igihugu kigeze kandi ngo baranafashwa mu buzima bwa buri munsi icyakora ngo amafaranga bahabwa akwiye kongerwa kuko kuva batangiye kuyahabwa mu 2007 ngo ubihuje n’isoko akwiye kongerwa.

Umwe yagize ati “Dushima rwose uburyo dufashywamo baduhaye amazu baratuvuza  aho dushaka hose mbese ntacyo batadukoreye, gusa ubu amafaranga baduha Ubihuje nisoko nimakeya rwose bakwiye kubitekerezaho bakayongera ni. Ababyeyi kandi turabizeye“

Screen Shot 2021-06-30 at 13.12.39.png

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa bigendanye n’aho ibiciro bigeze ku isoko

Undi nawe yagize ati “Ubu amafaranga baduha n’aya 2007 nawe ubihuje n’isoko urasanga bitakijyanye, ubuzima bwarahenze cyane kandi nta kindi twashobora gukora ngo kiduteze imbere kubera ubumuga bwacu, birakwiye ko babitekerezaho bakayongera”

Agaruka kuri iki kibazo, umuyobozi wa komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abasezerewe ku rugerero  Hon. Nyirahabineza yavuze ko bakizi ariko barimo kugikoraho ubuvugizi ku buryo bizera ko kizakemuka.

Ati” Nibyo koko turabizi ko amafaranga ari macye, natwe twatangiye kubikoraho dosiye  twayihaye ababishinzwe  kandi barabyumva wenda ni uko n’icyorezo cya COVID-19 cyahise kiza  gihungabanya ubukungu ariko komisiyo ibafite ku mutima. Twabizeza ko birimo gutekerezwaho kandi n’abayobozi barabishyigikiye”Hon.Nyirahabineza

Screen Shot 2021-06-30 at 13.13.48.png

Abamugariye ku rugamba bavuga ko bafite ikizere ko abo ubuzima bwabo bureba bazabakemurira ikibazo bafite

Kugeza ubu  mu Rwanda hari abasezerewe ku rugerero barenga ibihumbi mirongo irindwi. Muri bo hari abahoze mu mitwe irwanya ubutegetsi mu Rwanda abahoze mu gisirikare cya cyera ndetse n’abahoze mugisirikare cya RDF.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 20 =

Previous Post

Gasabo: Muri Nyakabungo bazengerejwe n’insoresore zihaga ibiyobyabwenge zikabambura utwabo

Next Post

Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.