Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in MU RWANDA
0
Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abamugariye ku rugamba  bavuga ko  bashima Leta  uburyo yakoze ibishoboka byose ikabakura mu kubafasha ariko barasaba  ko amafaranga bahabwa yo kubatunga yakongerwa kuko atakijyanye n’imihahire ku isoko kuko ubuzima bwahenze. Komisiyo yo gusubiza mubuzima busanzwe abasezerewe ku rugamba yavuze ko izi iki kibazo kandi ngo batangiye gukora ubuvugizi ngo gikemuke.

Tariki  ya 04 Nyakanga u Rwanda rwizihiza umunsi wo kwibohora ni umunsi hongera gutekezwa ku bagize uruhare bose mu kubohora u Rwanda muri bo harimo n’abamugariye ku rugamba. Abo RadioTV10  yasuye bavuga ko baticuza icyatumye bajya ku rugamba n’ubwo bahatakarije zimwe mu ngingo zabo. Kuri ubu bishimira aho igihugu kigeze kandi ngo baranafashwa mu buzima bwa buri munsi icyakora ngo amafaranga bahabwa akwiye kongerwa kuko kuva batangiye kuyahabwa mu 2007 ngo ubihuje n’isoko akwiye kongerwa.

Umwe yagize ati “Dushima rwose uburyo dufashywamo baduhaye amazu baratuvuza  aho dushaka hose mbese ntacyo batadukoreye, gusa ubu amafaranga baduha Ubihuje nisoko nimakeya rwose bakwiye kubitekerezaho bakayongera ni. Ababyeyi kandi turabizeye“

Screen Shot 2021-06-30 at 13.12.39.png

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa bigendanye n’aho ibiciro bigeze ku isoko

Undi nawe yagize ati “Ubu amafaranga baduha n’aya 2007 nawe ubihuje n’isoko urasanga bitakijyanye, ubuzima bwarahenze cyane kandi nta kindi twashobora gukora ngo kiduteze imbere kubera ubumuga bwacu, birakwiye ko babitekerezaho bakayongera”

Agaruka kuri iki kibazo, umuyobozi wa komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abasezerewe ku rugerero  Hon. Nyirahabineza yavuze ko bakizi ariko barimo kugikoraho ubuvugizi ku buryo bizera ko kizakemuka.

Ati” Nibyo koko turabizi ko amafaranga ari macye, natwe twatangiye kubikoraho dosiye  twayihaye ababishinzwe  kandi barabyumva wenda ni uko n’icyorezo cya COVID-19 cyahise kiza  gihungabanya ubukungu ariko komisiyo ibafite ku mutima. Twabizeza ko birimo gutekerezwaho kandi n’abayobozi barabishyigikiye”Hon.Nyirahabineza

Screen Shot 2021-06-30 at 13.13.48.png

Abamugariye ku rugamba bavuga ko bafite ikizere ko abo ubuzima bwabo bureba bazabakemurira ikibazo bafite

Kugeza ubu  mu Rwanda hari abasezerewe ku rugerero barenga ibihumbi mirongo irindwi. Muri bo hari abahoze mu mitwe irwanya ubutegetsi mu Rwanda abahoze mu gisirikare cya cyera ndetse n’abahoze mugisirikare cya RDF.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Gasabo: Muri Nyakabungo bazengerejwe n’insoresore zihaga ibiyobyabwenge zikabambura utwabo

Next Post

Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.