Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in MU RWANDA
0
Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abamugariye ku rugamba  bavuga ko  bashima Leta  uburyo yakoze ibishoboka byose ikabakura mu kubafasha ariko barasaba  ko amafaranga bahabwa yo kubatunga yakongerwa kuko atakijyanye n’imihahire ku isoko kuko ubuzima bwahenze. Komisiyo yo gusubiza mubuzima busanzwe abasezerewe ku rugamba yavuze ko izi iki kibazo kandi ngo batangiye gukora ubuvugizi ngo gikemuke.

Tariki  ya 04 Nyakanga u Rwanda rwizihiza umunsi wo kwibohora ni umunsi hongera gutekezwa ku bagize uruhare bose mu kubohora u Rwanda muri bo harimo n’abamugariye ku rugamba. Abo RadioTV10  yasuye bavuga ko baticuza icyatumye bajya ku rugamba n’ubwo bahatakarije zimwe mu ngingo zabo. Kuri ubu bishimira aho igihugu kigeze kandi ngo baranafashwa mu buzima bwa buri munsi icyakora ngo amafaranga bahabwa akwiye kongerwa kuko kuva batangiye kuyahabwa mu 2007 ngo ubihuje n’isoko akwiye kongerwa.

Umwe yagize ati “Dushima rwose uburyo dufashywamo baduhaye amazu baratuvuza  aho dushaka hose mbese ntacyo batadukoreye, gusa ubu amafaranga baduha Ubihuje nisoko nimakeya rwose bakwiye kubitekerezaho bakayongera ni. Ababyeyi kandi turabizeye“

Screen Shot 2021-06-30 at 13.12.39.png

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa bigendanye n’aho ibiciro bigeze ku isoko

Undi nawe yagize ati “Ubu amafaranga baduha n’aya 2007 nawe ubihuje n’isoko urasanga bitakijyanye, ubuzima bwarahenze cyane kandi nta kindi twashobora gukora ngo kiduteze imbere kubera ubumuga bwacu, birakwiye ko babitekerezaho bakayongera”

Agaruka kuri iki kibazo, umuyobozi wa komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abasezerewe ku rugerero  Hon. Nyirahabineza yavuze ko bakizi ariko barimo kugikoraho ubuvugizi ku buryo bizera ko kizakemuka.

Ati” Nibyo koko turabizi ko amafaranga ari macye, natwe twatangiye kubikoraho dosiye  twayihaye ababishinzwe  kandi barabyumva wenda ni uko n’icyorezo cya COVID-19 cyahise kiza  gihungabanya ubukungu ariko komisiyo ibafite ku mutima. Twabizeza ko birimo gutekerezwaho kandi n’abayobozi barabishyigikiye”Hon.Nyirahabineza

Screen Shot 2021-06-30 at 13.13.48.png

Abamugariye ku rugamba bavuga ko bafite ikizere ko abo ubuzima bwabo bureba bazabakemurira ikibazo bafite

Kugeza ubu  mu Rwanda hari abasezerewe ku rugerero barenga ibihumbi mirongo irindwi. Muri bo hari abahoze mu mitwe irwanya ubutegetsi mu Rwanda abahoze mu gisirikare cya cyera ndetse n’abahoze mugisirikare cya RDF.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Gasabo: Muri Nyakabungo bazengerejwe n’insoresore zihaga ibiyobyabwenge zikabambura utwabo

Next Post

Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.