Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi 19 bafunguwe hamwe na Rusesabagina hamenyekanye aho bahise bajya

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 20 barimo Nsabimana Callixte [Sankara] baregwaga hamwe na Paul Rusesabagina, bakaba baherutse no guhererwa rimwe imbabazi, bahise bajyanwa i Mutobo, aho bamwe muri bo banaburanaga basaba koherezwa.

Aba bantu 20 bafunguriwe rimwe na Paul Rusesabagina ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 24 Werurwe 2023 nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Paul Rusesabagina wari uyoboye iri tsinda ryaregwaga mu rubanza rwari rwaritiriwe MRDC-FLN, we na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara, ni bo bavuzwe cyane, ariko iteka rya Minisitiri w’Ubutabera ryasohotse mu igazeti ya Leta ribafungura, rigaragaza ko aba bombi babariwe hamwe n’abandi bantu 18.

Paul Rusesabagina yarekuwe na Gereza yari afungiyemo ya Nyarugenge mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ahita yerecyeza mu rugo rw’Uhagarariye Qatar mu Rwanda ruri mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mugabo warekuwe nyuma yo kwandirikira Perezida Paul Kagame amusaba imbabazi, anavuga ko nasubira mu muryango we azaba aciye ukubiri n’ibikorwa bya politiki, biteganyijwe ko azava muri uru rugo rw Ambasade wa Qatar yerecyeza muri Qatar, akazavayo ajya aho atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru yizewe, avuga ko abandi bantu 20 barimo Nsabimana Callixte a.k.a Sankara, bo bahise bajyanwa mu kigo cy’Igihugu gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare kiri i Mutobo.

Aya makuru kandi yanemejwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, Hon Nyirahabineza Valerie, yavuze ko aba bantu bageze muri iki kigo kuri iki Cyumweru.

Aba bantu bahoze muri uriya mutwe wa MRCD-FLN, bagiye kunyuzwa mu ngando kugira ngo bahabwe inyigisho mboneragihugu, ubundi bakabona gusubira mu miryango yabo no kubana n’abandi Baturarwanda.

Bamwe muri aba bantu, barimo ababuranye bemera ibyaha banabisabira imbabazi, bakunze kwisabira ko aho gufungwa bari bakwiye kujyanwa muri iki kigo, ubundi bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Bamwe muri bo kandi bari babanje no kunyuzwa i Mutobo, nka Nsengimana Herman wari wasimbuye Sankara ku mwanya wo kuba Umuvugizi wa FLN, na we yari mu babanje kujyanwa muri iki kigo, ariko baza guhita bashyikirizwa inkiko kugira ngo baburane ku byaha bashinjwaga.

 

Aba bantu 19 ndetse n’ibihano bari barakatiwe

  1. Nsabimana Callixte (Sankara): 15
  2. Nsengimana Herman: 5
  3. Bizimana Cassien: 20
  4. Matakamba Jean Berchimans: 20
  5. Shabani Emmanuel: 20
  6. Ntibiramira Innocent: 20
  7. Byukusenge Jean Claude: 20
  8. Nsabimana Jean Damascene: 20
  9. Nikuzwe Simeon: 10
  10. Iyamuremye Emmanuel: 5
  11. Kwitonda Andree: 5
  12. Nshimiyimana Emmanuel: 3
  13. Hakizimana Theogene: 5
  14. Nsanzubukire Felicien: 5
  15. Munyaneza Anastase: 5
  16. Mukandutiye Angelina: 20
  17. Niyirora Marcel: 5
  18. Ndagimana Jean Chretien: 3
  19. Ntabanganyimana Joseph: 3

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Next Post

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.