Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi 19 bafunguwe hamwe na Rusesabagina hamenyekanye aho bahise bajya

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 20 barimo Nsabimana Callixte [Sankara] baregwaga hamwe na Paul Rusesabagina, bakaba baherutse no guhererwa rimwe imbabazi, bahise bajyanwa i Mutobo, aho bamwe muri bo banaburanaga basaba koherezwa.

Aba bantu 20 bafunguriwe rimwe na Paul Rusesabagina ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 24 Werurwe 2023 nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Paul Rusesabagina wari uyoboye iri tsinda ryaregwaga mu rubanza rwari rwaritiriwe MRDC-FLN, we na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara, ni bo bavuzwe cyane, ariko iteka rya Minisitiri w’Ubutabera ryasohotse mu igazeti ya Leta ribafungura, rigaragaza ko aba bombi babariwe hamwe n’abandi bantu 18.

Paul Rusesabagina yarekuwe na Gereza yari afungiyemo ya Nyarugenge mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ahita yerecyeza mu rugo rw’Uhagarariye Qatar mu Rwanda ruri mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mugabo warekuwe nyuma yo kwandirikira Perezida Paul Kagame amusaba imbabazi, anavuga ko nasubira mu muryango we azaba aciye ukubiri n’ibikorwa bya politiki, biteganyijwe ko azava muri uru rugo rw Ambasade wa Qatar yerecyeza muri Qatar, akazavayo ajya aho atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru yizewe, avuga ko abandi bantu 20 barimo Nsabimana Callixte a.k.a Sankara, bo bahise bajyanwa mu kigo cy’Igihugu gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare kiri i Mutobo.

Aya makuru kandi yanemejwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, Hon Nyirahabineza Valerie, yavuze ko aba bantu bageze muri iki kigo kuri iki Cyumweru.

Aba bantu bahoze muri uriya mutwe wa MRCD-FLN, bagiye kunyuzwa mu ngando kugira ngo bahabwe inyigisho mboneragihugu, ubundi bakabona gusubira mu miryango yabo no kubana n’abandi Baturarwanda.

Bamwe muri aba bantu, barimo ababuranye bemera ibyaha banabisabira imbabazi, bakunze kwisabira ko aho gufungwa bari bakwiye kujyanwa muri iki kigo, ubundi bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Bamwe muri bo kandi bari babanje no kunyuzwa i Mutobo, nka Nsengimana Herman wari wasimbuye Sankara ku mwanya wo kuba Umuvugizi wa FLN, na we yari mu babanje kujyanwa muri iki kigo, ariko baza guhita bashyikirizwa inkiko kugira ngo baburane ku byaha bashinjwaga.

 

Aba bantu 19 ndetse n’ibihano bari barakatiwe

  1. Nsabimana Callixte (Sankara): 15
  2. Nsengimana Herman: 5
  3. Bizimana Cassien: 20
  4. Matakamba Jean Berchimans: 20
  5. Shabani Emmanuel: 20
  6. Ntibiramira Innocent: 20
  7. Byukusenge Jean Claude: 20
  8. Nsabimana Jean Damascene: 20
  9. Nikuzwe Simeon: 10
  10. Iyamuremye Emmanuel: 5
  11. Kwitonda Andree: 5
  12. Nshimiyimana Emmanuel: 3
  13. Hakizimana Theogene: 5
  14. Nsanzubukire Felicien: 5
  15. Munyaneza Anastase: 5
  16. Mukandutiye Angelina: 20
  17. Niyirora Marcel: 5
  18. Ndagimana Jean Chretien: 3
  19. Ntabanganyimana Joseph: 3

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Next Post

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.