Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi 19 bafunguwe hamwe na Rusesabagina hamenyekanye aho bahise bajya

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 20 barimo Nsabimana Callixte [Sankara] baregwaga hamwe na Paul Rusesabagina, bakaba baherutse no guhererwa rimwe imbabazi, bahise bajyanwa i Mutobo, aho bamwe muri bo banaburanaga basaba koherezwa.

Aba bantu 20 bafunguriwe rimwe na Paul Rusesabagina ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 24 Werurwe 2023 nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Paul Rusesabagina wari uyoboye iri tsinda ryaregwaga mu rubanza rwari rwaritiriwe MRDC-FLN, we na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara, ni bo bavuzwe cyane, ariko iteka rya Minisitiri w’Ubutabera ryasohotse mu igazeti ya Leta ribafungura, rigaragaza ko aba bombi babariwe hamwe n’abandi bantu 18.

Paul Rusesabagina yarekuwe na Gereza yari afungiyemo ya Nyarugenge mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ahita yerecyeza mu rugo rw’Uhagarariye Qatar mu Rwanda ruri mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mugabo warekuwe nyuma yo kwandirikira Perezida Paul Kagame amusaba imbabazi, anavuga ko nasubira mu muryango we azaba aciye ukubiri n’ibikorwa bya politiki, biteganyijwe ko azava muri uru rugo rw Ambasade wa Qatar yerecyeza muri Qatar, akazavayo ajya aho atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru yizewe, avuga ko abandi bantu 20 barimo Nsabimana Callixte a.k.a Sankara, bo bahise bajyanwa mu kigo cy’Igihugu gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare kiri i Mutobo.

Aya makuru kandi yanemejwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, Hon Nyirahabineza Valerie, yavuze ko aba bantu bageze muri iki kigo kuri iki Cyumweru.

Aba bantu bahoze muri uriya mutwe wa MRCD-FLN, bagiye kunyuzwa mu ngando kugira ngo bahabwe inyigisho mboneragihugu, ubundi bakabona gusubira mu miryango yabo no kubana n’abandi Baturarwanda.

Bamwe muri aba bantu, barimo ababuranye bemera ibyaha banabisabira imbabazi, bakunze kwisabira ko aho gufungwa bari bakwiye kujyanwa muri iki kigo, ubundi bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Bamwe muri bo kandi bari babanje no kunyuzwa i Mutobo, nka Nsengimana Herman wari wasimbuye Sankara ku mwanya wo kuba Umuvugizi wa FLN, na we yari mu babanje kujyanwa muri iki kigo, ariko baza guhita bashyikirizwa inkiko kugira ngo baburane ku byaha bashinjwaga.

 

Aba bantu 19 ndetse n’ibihano bari barakatiwe

  1. Nsabimana Callixte (Sankara): 15
  2. Nsengimana Herman: 5
  3. Bizimana Cassien: 20
  4. Matakamba Jean Berchimans: 20
  5. Shabani Emmanuel: 20
  6. Ntibiramira Innocent: 20
  7. Byukusenge Jean Claude: 20
  8. Nsabimana Jean Damascene: 20
  9. Nikuzwe Simeon: 10
  10. Iyamuremye Emmanuel: 5
  11. Kwitonda Andree: 5
  12. Nshimiyimana Emmanuel: 3
  13. Hakizimana Theogene: 5
  14. Nsanzubukire Felicien: 5
  15. Munyaneza Anastase: 5
  16. Mukandutiye Angelina: 20
  17. Niyirora Marcel: 5
  18. Ndagimana Jean Chretien: 3
  19. Ntabanganyimana Joseph: 3

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 10 =

Previous Post

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Next Post

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.