Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko uwo mwanzuro ugamije guhemba umutwe wa Hamas, kandi ko bizatuma iyi ntambara irushaho kumara imyaka myinshi iri imbere.

Ni icyemezo cyatorewe i New York ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye, ahari hatumiwemo Ibihugu 125, ariko 50 aba ari byo byohereza intumwa.

Arabia Saudite iyoboye Ibihugu by’Abarabu byose bishyigikiye ko Palesitine ihinduka Igihugu cyigenga, ndetse uruhande rw’Abanyaburayi na rwo ruri muri uyu murongo rukaba rwari n’u Bufaransa n’u Bwongereza. Abo ku Mugabane wa America barangajwe imbere na Canada.

Umunyabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres; yatanze umurongo ngenderwaho, agira ati “gukomeza kwigarurira ubutaka bwa Paletine burimo n’uburasirazuba bwa Yerusalemu; ntibyemewe, bigomba guhagarara. Tureke amahitamo atari yo ari hagati ya Leta ya Palestine n’umutekano wa Israel. Ntabwo kwigarurira Igihugu cy’abandi bitanga umutekano. Ikibazo cy’umutekano wa Israel kigomba kwitabwaho kimwe n’uburenganzira bw’abaturage ba Palestine.

Tugomba guhamagarira Israel kwiyemeza kubahiriza amahoro anyuze mu gushyiraho Leta ebyiri kandi ikirinda ibintu byose bishobora kuyibangamira.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Mohammad Abdullah Mohammad Mustafa na we yagaragaje ikigomba gukorwa kugira ngo Igihugu cyabo gitekane.

Yagize ati “Hamas igomba kuva ku butegetsi bwa Gaza, kandi intwaro zayo ikazishyikiriza Leta ya Palestine, kandi twe twiteguye gusaba ingabo z’akarere n’iz’amahanga kuza kuharinda bafatanyije na Leta ya Palestine. Urugendo rw’amahoro rugomba gutangirira ku ntambwe yo kwemera Leta ya Palestine. Ntihashobora kubaho igisubizo kivuye muri Leta ebyiri; mu gihe uburasirazuba bwa Yerusalemu butaraba umurwa mukuru wa Palestine.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot yavuze ko ibyo bavugiye aho bidateze guhinduka.

Ati “Ubu dutangiye urugendo rudasubira inyuma mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwo hagati, kandi mubrabona ko byatangiye gutanga umusaruro. Ubu twinjiye mu gukemura ikibazo binyuze mu biganiro mu buryo bwa nyabwo. Hagomba kujyaho Leta ya Palestine, kureka intambara no kumvikana na Israel, kuvugurura imitegekere ya Palestine no gutegeka Hamas gushyira intwaro hasi.”

Faisal bin Farhan bin Abdullah bin Faisal bin Farhan Al Saud, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Arabia Saudite, yavuze ko iyi ngingo yahise yinjira mubyo Israel igomba gukora kugira ngo ibi Bihugu byombi biganire uburyo byo kubyutsa imibanire.

Ati “Kwemera leta ya Palestine byatuma twongera kuganira uburyo bwo kubyutsa imibanire, ibyo bigomba kubanzirizwa no guhagarika intambara muri Gaza. Ntabwo twagira icyizere cyo kuganira mu gihe tubona abantu bari kwicwa, inyubako zihirikwa abantu birirwa mu miborogo muri Gaza. Tugomba kubanza kwemeza Leta ya Palestine. Nibigerwaho; ni bwo tuzaganira uburyo bwo kunoza imibanire.”

Mu butumwa banyujije ku biro by’ubunymabanga bwa Leta bushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za America, iki Gihugu cyagaragaje ko Marco Rubio atishimiye ibyahavugiwe muri biriya biganiro.

Bagize bati “Ibi ntibizana amahoro ahubwo bizatuma intambara irushaho kumara igihe, bikomeza Hamas. Ni nko kuyibembera ko ibangamiye uburyo bwiza bwo kugera ku mahoro nyayo.

Ibi ni nko gukubita urushyi mu maso y’abantu barokotse iterabwoba ryabaye ku italiki 7/10, ni ugushyigikira iterabwoba, bituma abatwawe bunyago bahezwa mu byobo.

Twe dushyize imbere dipolomasi ya nyayo itari inama zigamije kwiyerekana nk’abafite icyo bamaze.”

Ibi byakiriwe neza i Yeruzalemu, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Isarel, Gideon Sa’ar yavuze ko icyo gitutu kitazigera kibakura ku izima, anashimira icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Ese iyo bavuze ngo muhagarike iyi ntambara; baba bashaka kuvuga iki? Guhagarika intambara mu gihe Hamas ikiyoboye Gaza; byaba ari akaga ku baturage ba Israel na Palestine. Nubwo washyira kuri Israel igitutu kingana iki; ibyo ntibizigera bibaho.”

Ikindi bari gushaka gusaba Leta ya Israel ni ukwemera leta ya Palestine. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa yavugiye i Washington ko u Burayi bugomba gushyira igitutu kuri Israel.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + six =

Previous Post

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Next Post

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

by radiotv10
29/07/2025
0

Abasirikare batatu b’Ingabo za Uganda, bishwe n’impanuka yabereye mu Mujyi wa Bunia muri Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo....

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n'umuti riri kuvugutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.