Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu bivugwa ko ari Abanyarwanda bafungiye mu Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa ibirimo kugura ibishyimbo mu buryo butemewe bakabyambutsa babijyana mu Rwanda.

Ifatwa ry’aba Banyarwanda, ryemejwe na Polisi y’u Burundi, yavuze ko bafashwe mu ijoro cyo ku Cyumweru, bafatanwa ibilo 97 by’Ibishyimbo bari baguze n’Abarundi bashaka kubyambutsa mu Rwanda.

Amakuru aturuka mu Burundi, avuga ko aba Banyarwanda babanje guhita bafungirwa ku kasho ya Polisi ya Komini ya Kabarore nyuma bakaza kujyanwa ku rwego rw’Intara ya Kayanza, naho ibishyimbo bafatanywe bigahita bishyikirizwa ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze muri iyi Komini.

Berchimas Nsaguye uyobora Intara ya Kayanza, yavuze ko aba Banyarwanda baguraga biriya bishyimbo mu buryo butemewe n’amategeko ndetse ko baje mu Burundi mu buryo butemewe.

Yavuze ko ibyo bishyimbo baguraga n’abahinzi b’i Burundi, babyambutsaga bakabijyana mu Rwanda na bwo mu buryo budakurikije amategeko.

Berchimas yavuze ko inzego zishinzwe iperereza ziri kurikora kuri aba aba bantu, byagaragara ko batari bari mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi bakazashyikirizwa ubuyobozi bw’u Rwanda.

U Rwanda n’u Burundi bimaze imyaka irindwi bitagendererana nkuko byari bisanzwe kubera ibibazo bifitanye kuva muri 2015, mu gihe abatuye ibi Bihugu byombi bameze nk’abavandimwe kubera byinshi bahuriyeho birimo ururimi n’indi mico ndetse n’ubuhahirane.

Ibi Bihugu biri mu nzira yo kubyutsa umubano wabyo, byagiye bihererekanya abakekwaho ibyaha bagiye bafatirwa ku butaka bwa kimwe muri ibi Bihugu.

Mu kwezi k’Ukwakira 2021, Leta y’u Burundi yashyikirije u Rwanda abarwanyi 11 bo mu mutwe wa FLN, ujya ugaba ibitero mu Rwanda uturutse mu mashyamba yo mu Burundi yegereye u Rwanda.

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2022, u Burundi bwashyikirije u Rwanda inka eshatu zari zibwe mu Murenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru zikajyanwa muri iki Gihugu cy’igituranyi giherereye mu majyepfo y’u Rwanda.

Muri Kanama umwaka ushize, u Rwanda na rwo rwashyikirije u Burundi abantu babiri bari bakurikiranyweho kwiba amafaranga umucuruzi w’i Bujumbura, bakaza gufatirwa mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + six =

Previous Post

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Next Post

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.