Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu bivugwa ko ari Abanyarwanda bafungiye mu Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa ibirimo kugura ibishyimbo mu buryo butemewe bakabyambutsa babijyana mu Rwanda.

Ifatwa ry’aba Banyarwanda, ryemejwe na Polisi y’u Burundi, yavuze ko bafashwe mu ijoro cyo ku Cyumweru, bafatanwa ibilo 97 by’Ibishyimbo bari baguze n’Abarundi bashaka kubyambutsa mu Rwanda.

Amakuru aturuka mu Burundi, avuga ko aba Banyarwanda babanje guhita bafungirwa ku kasho ya Polisi ya Komini ya Kabarore nyuma bakaza kujyanwa ku rwego rw’Intara ya Kayanza, naho ibishyimbo bafatanywe bigahita bishyikirizwa ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze muri iyi Komini.

Berchimas Nsaguye uyobora Intara ya Kayanza, yavuze ko aba Banyarwanda baguraga biriya bishyimbo mu buryo butemewe n’amategeko ndetse ko baje mu Burundi mu buryo butemewe.

Yavuze ko ibyo bishyimbo baguraga n’abahinzi b’i Burundi, babyambutsaga bakabijyana mu Rwanda na bwo mu buryo budakurikije amategeko.

Berchimas yavuze ko inzego zishinzwe iperereza ziri kurikora kuri aba aba bantu, byagaragara ko batari bari mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi bakazashyikirizwa ubuyobozi bw’u Rwanda.

U Rwanda n’u Burundi bimaze imyaka irindwi bitagendererana nkuko byari bisanzwe kubera ibibazo bifitanye kuva muri 2015, mu gihe abatuye ibi Bihugu byombi bameze nk’abavandimwe kubera byinshi bahuriyeho birimo ururimi n’indi mico ndetse n’ubuhahirane.

Ibi Bihugu biri mu nzira yo kubyutsa umubano wabyo, byagiye bihererekanya abakekwaho ibyaha bagiye bafatirwa ku butaka bwa kimwe muri ibi Bihugu.

Mu kwezi k’Ukwakira 2021, Leta y’u Burundi yashyikirije u Rwanda abarwanyi 11 bo mu mutwe wa FLN, ujya ugaba ibitero mu Rwanda uturutse mu mashyamba yo mu Burundi yegereye u Rwanda.

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2022, u Burundi bwashyikirije u Rwanda inka eshatu zari zibwe mu Murenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru zikajyanwa muri iki Gihugu cy’igituranyi giherereye mu majyepfo y’u Rwanda.

Muri Kanama umwaka ushize, u Rwanda na rwo rwashyikirije u Burundi abantu babiri bari bakurikiranyweho kwiba amafaranga umucuruzi w’i Bujumbura, bakaza gufatirwa mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + fourteen =

Previous Post

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Next Post

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.