Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu bivugwa ko ari Abanyarwanda bafungiye mu Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa ibirimo kugura ibishyimbo mu buryo butemewe bakabyambutsa babijyana mu Rwanda.

Ifatwa ry’aba Banyarwanda, ryemejwe na Polisi y’u Burundi, yavuze ko bafashwe mu ijoro cyo ku Cyumweru, bafatanwa ibilo 97 by’Ibishyimbo bari baguze n’Abarundi bashaka kubyambutsa mu Rwanda.

Amakuru aturuka mu Burundi, avuga ko aba Banyarwanda babanje guhita bafungirwa ku kasho ya Polisi ya Komini ya Kabarore nyuma bakaza kujyanwa ku rwego rw’Intara ya Kayanza, naho ibishyimbo bafatanywe bigahita bishyikirizwa ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze muri iyi Komini.

Berchimas Nsaguye uyobora Intara ya Kayanza, yavuze ko aba Banyarwanda baguraga biriya bishyimbo mu buryo butemewe n’amategeko ndetse ko baje mu Burundi mu buryo butemewe.

Yavuze ko ibyo bishyimbo baguraga n’abahinzi b’i Burundi, babyambutsaga bakabijyana mu Rwanda na bwo mu buryo budakurikije amategeko.

Berchimas yavuze ko inzego zishinzwe iperereza ziri kurikora kuri aba aba bantu, byagaragara ko batari bari mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi bakazashyikirizwa ubuyobozi bw’u Rwanda.

U Rwanda n’u Burundi bimaze imyaka irindwi bitagendererana nkuko byari bisanzwe kubera ibibazo bifitanye kuva muri 2015, mu gihe abatuye ibi Bihugu byombi bameze nk’abavandimwe kubera byinshi bahuriyeho birimo ururimi n’indi mico ndetse n’ubuhahirane.

Ibi Bihugu biri mu nzira yo kubyutsa umubano wabyo, byagiye bihererekanya abakekwaho ibyaha bagiye bafatirwa ku butaka bwa kimwe muri ibi Bihugu.

Mu kwezi k’Ukwakira 2021, Leta y’u Burundi yashyikirije u Rwanda abarwanyi 11 bo mu mutwe wa FLN, ujya ugaba ibitero mu Rwanda uturutse mu mashyamba yo mu Burundi yegereye u Rwanda.

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2022, u Burundi bwashyikirije u Rwanda inka eshatu zari zibwe mu Murenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru zikajyanwa muri iki Gihugu cy’igituranyi giherereye mu majyepfo y’u Rwanda.

Muri Kanama umwaka ushize, u Rwanda na rwo rwashyikirije u Burundi abantu babiri bari bakurikiranyweho kwiba amafaranga umucuruzi w’i Bujumbura, bakaza gufatirwa mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Next Post

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro
MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.