Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
03/05/2025
in MU RWANDA
0
Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bane bo mu Ngabo z’u Rwanda, bahawe impamyabumenyi nyuma yo kurangiza amasomo mu bijyanye n’ubukanishi muri Kaminuza ya Oklahoma Christian University yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Aba banyeshuri bo mu Ngabo z’u Rwanda, bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Gicurasi, igikorwa cyabereye ku cyicaro Gikuru ry’iyi Kaminuza ya Oklahoma Christian University.

Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, bwagize buti “Kuri uyu wa 02 Gicurasi 2025, abanyeshuri bane ba RDF, ari bo Kamanda Bwiza Dianah, Benegusenga Anita, Ishimwe Teta Cynthia, na Bakareke Urujeni Cynthia, bahawe impamyabuemyi muri Mechanical Engineering muri Oklahoma Christian University, muri Leta Zunze Ubumwe za America.”

Ubuyobozi bwa RDF buvuga kandi ko uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi, wanitabiriwe n’Uhagarariye inyungu za Gisirikare (Defence Attaché) muri Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Colonel Raoul Bazatoha.

Aba Banyarwandakazi bo mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo muri iri shuri rikomeye muri USA hatarashira ukwezi abandi Banyarwanda babiri barangije amasomo ya Gisirikare mu ishuri Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza.

Iri shuri ryo mu Bwongereza, aba Banyarwanda babiri ari bo Mugisha Blaine na Yuhi Cesar barangijemo mu kwezi gushize, ryanizemo Ian na Brian Kagame, abana ba Perezida Paul Kagame, aho umwe muri bo Ian Kagame yahise aninjira mu Ngabo z’u Rwanda, ubu akaba ari mu mutwe w’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu n’abandi bayobozi bakuru.

Abanyarwandakazi bane barangiye muri Kaminuza ikomeye muri USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − one =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bakiriye Gen.Doumbouya na Madamu aho bororera ubushyo bw’Inyambo

Next Post

Belgium Foreign Minister barking up the wrong tree

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Belgium Foreign Minister barking up the wrong tree

Belgium Foreign Minister barking up the wrong tree

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.